Thursday, April 11, 2019

Muri Groupe Vocationnel, buri wese agomba gukora


Groupe Vocationnel si itsinda ry’ababuze icyo bakora n’abahunze imirimo y’iwabo

Mu itsinda, dutozwa gukunda umurimo, soko y’ibidutunga, tukarwanya ubunebwe. Tuzirikana ko isengesho rigomba kujyana n’ibikorwa bityo umunezero wacu kuri iyi ukabonera isoko mu kubaho ubuzima bworoshya kandi bufasha muntu waremwe mu ishusho y’Imana. Turasenga kandi tugakora ibikorwa by’urukundo; ibi byombi, tukifuza ko bidufas
ha mu kwitagatifuza nk’uko Imana ishaka. Umuntu afite umuhamagaro wo kurema – La vocation créative- kandi ntashobora kunezerwa mu gihe atubahirije neza uwo muhamagaro kubw’umurimo we. Gukorana n’abandi byubaka ubwisungane n’ubufatanye, bityo umurimo ni serivisi, wubaka ubumwe n’ubwisungane - le travail est un service et construit l’unité et la solidarité. Umurimo uhuza abantu, utuma bunga ubumwe kuko umwe awukorera undi cyangwa abandi bityo sosiyete tubamo ikaba ihanahanaserivisi buri wese agiramo uruhare. Ubwo bumwe n’ubufatanye n’ubwisungane mu murimo busobanura ubushake bw’Imana bw’uko abantu bahinduka umuryango w’Imana uyumvira. Umurimo ufite agaciro gahoraho - le travail a une valeur d’éternité - kuko Muntu kubw’umurimo afatanya na Roho Mutagtifu gutegura no gusohoza iremwa rishya.

Abakristu rero dufite inshingano ikomeye yo kugira uruhare, binyuze mu mirimo yacu, ku gikorwa cy’Imana cyo kurema.  Iyo mirimo kandi igomba gukorwa hitawe kuri Kristu, We rugero rwiza mu byiza byose bibaho, kugira ngo ihindure bundi bushya isura y’iyi si. Umurimo uhesha muntu agaciro – le travail rends la dignité á la personne humaine. Umurimo ni inzira igeza muntu ku bushoboozi bwo kugenga isi (ubutaka) yeguriwe ngo imutunge amaze kwiyuha akuya (soma Intg.3,19). Umurimo wakoranye umutimanama – la conscience professionelle – ufasha kuzirikana ku mugambi w’Imana no kuwugiramo uruhare, umuvokasiyoneri mwiza aharanira kubakisha umurimo we isi nshya kandi kubwawo agashimisha abantu, akabagaragariza ko abakunda. Umurimo wakoranye umutimanama uzanira nyirawo amahoro, ibyishimo, umuteza imbere kandi ugatuma abera abandi urugero rubahwitura mu gutangira no gukora neza bisinesi. Buri wese agomba gukora, agatungwa n’ibyo aruhiye (Soma 2Tes.3,6-15; Lk.6, 36), agaharanira kubw’imirimo gutuza Kristu muri we, We utajya ubana n’ikidatunganye cyose; nuko rero muvandimwe, “Vana umujinya, inzika n’amahomvu mu mutima wawe nibwo Kristu azatura muri wowe. (S. Maxime le Confesseur. Centuries sur l'amour, 4.76).

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...