Monday, June 15, 2026

YEZU KRISTU ADUSABA GUKUNDA ABATWANGA - Padiri Jeremie HABYARIMANA

Umupadiri uri kwigisha abakristu (Ifoto: AI)
Inyigisho yo ku wa kabiri w'icyumweru cya xi gisanzwe, umwaka a mbangikane

Isomo ryo mu gitabo cya mbere cy’Abami: 1 Bami 21, 17-29).

Zaburi: 51(50), 3-4, 5-6b, 11.16.

Ibangondirimbo ribanziriza ivanjili: Yh 13, 34.

Ivanjili: Mt 5, 43-48.

INYIGISHO yateguwe na Padiri Jeremie HABYARIMANA

Yezu Kristu akuzwe!

Uyu munsi Nyagasani Yezu wapfuye akazuka aje mu ijambo rye yuje urukundo. Kugira ngo na twe arutwuzuzemo akoresheje ijambo atubwira.

Mu isomo rya mbere, turabona Uhoraho uburyo ari umunyampuhwe, We utareka abanyabyaha ngo bapfe nta cyo yababwiye, ahubwo akababurira, akabereka inzira mbi barimo n’ingaruka zabyo zose ntacyo abakinze, kugira ngo bo ubwabo bihitiremo niba bagomba gukomeza gupfa, cyangwa se niba bagomba guhindukira kugira ngo ikiganza cye kibakingire urupfu. Ibyo rero turabibona nyine uko Uhoraho yohereza umuhanuzi Eliya na we agahagurukana ubutwari akajya gutangariza umwami ijambo rye. Ijambo ry’Uhoraho!

Mu by’ukuri Ijambo rya Nyagasani Uhoraho, umuntu yavuga ati “ntabwo rivugwa n’ibigwari.” Kuko ni ijambo riteye ubwoba, ni ijambo rifite imbaraga zirenze iza muntu. Kubwira umuntu ngo niba utaretse ibi urapfuye, cyangwa se kumurondorera ibigiye kumubaho bitewe n’ibikorwa bye bibi, bisaba ubutwari burenze ibyo umuntu yakwibwira. Cyane cyane iyo ari umuntu ukomeye mu maso y’abantu b’iyi si nka Akabu wari umwami ashobora kwica agakiza. Ni we wari itegeko, ni we wari ubucamanza, icyo yemezaga yaragikoraga mu byo yari ashoboye byose ku bo yari ayoboye. Ariko Eliya ibyo nta bwoba byari bimuteye.

Ku bahanuzi rero, ijambo ry’Uhoraho riruta ubuzima bwabo. Ntashobora kuriceceka. Ahitamo gupfa aho kugira ngo ariceceke. Ahitamo kurivuga bashaka bakamwivugana. Iyo ni Ingabire rero ya Roho Mutagatifu kandi Kiliziya yose igomba guhora isaba. Kiliziya yose! Kandi kiliziya yose ni abakristu bose, abemera Yezu bose, ntabwo ari abashinzwe kwigisha bonyine. Abakristu bagombye kuvugana ubwigenge, kuvugana umwidegembyo, kuvuga ijambo rigamije kugirira abantu akamaro, badatinye urupfu, badatinye inabi bashobora kugirirwa. Ahubwo bagatekereza ineza barimo bagirira abandi bavuga iryo jambo. Iryo jambo riburira ababi ribahamagarira guhinduka abo baba ari bo bose.

Umuhanuzi Eliya rero yuzuye ubwo bubasha bwa Roho Mutagatifu, aragenda abwira umwami amagambo atyaye Uhoraho yamwohereje kuvuga. Imbuto byeze, ni uko nyine Akabu yaciye bugufi. Akabu uyu munsi na we ni urugero Yezu Kristu atwereka. Kuko hari abantu benshi babwirwa ijambo nka ririya, aho kugira ngo bace bugufi, ahubwo bagashaka gucamo ibice cyangwa guconshomera abaribabwiye. Ni uko nyine ibitotezo bivuka. Kutihanganira ijambo ry’Uhoraho n’abarivuga. Bo bakakubwira ijambo ryiza ryagukiza, wowe ugatangira kubavuga nabi no kubasebya, cyangwa no kubagirira nabi no ku buryo bunyuranye. Abahanuzi nyine ni yo mpamvu igihe cyose babaye abantu badakunzwe na bose. Ndetse benshi muri bo niba atari bose, barishwe. Abenshi muri bo! Ikiri cyo ni uko bose bahuye n’ingorane. Kuko abantu bose ntibashobora kumva amagambo nk’ariya ngo bakureke ugende, kereka nta bubasha bagufiteho bwa hano ku isi.

Umuhanuzi Eliya rero, ibyo ari byo byose ububasha bwa Roho Mutagatifu bwaramwuzuye, ubutumwa bwe kandi bwera imbuto; Akabu arahinduka, Uhoraho amugirira impuhwe.

Ntabwo rero Uhoraho agamije gutungura abanyabyaha ngo abahitane, ahubwo arababurira igihe cyose. Nta muntu muri twe utaraburiwe. Niba ataraburirwa kandi, azaburirwa. Imburo izamugeraho byanze bikunze, kugira ngo ku munsi w’urubanza hatazagira ugira icyo yitwaza ngo “Ariko jyewe ibyo sinari narigeze mbyumva. Sinari nzi ko ari bibi.” Nyagasani udukunda akora uko ashoboye kugira ngo buri wese (…) yewe niba atanakoresheje n’abo bantu, nawe ubwawe azakubwirira mu mutima wawe akwereke urumuri rukwereka ko uri mu kugira nabi. 

Akabu rero atubere urugero. Twumve ko igihe Uhoraho atubwiye ko icyaha cyacu kizaduhitana, ataba agamije kutwica ahubwo aba agira ngo tukireke, hanyuma tubeho. Ni nde se uyobewe muri twe ko icyaha ari urupfu, kandi ko cyica? Ushobora kubyirengagiza ariko rero igihe ukuri kuzagu (…) igihe ifirimbi izakuvugiraho ni ho uzabona ko atari imikino. Icyaha ntabwo ari umikino.

Icyaha si umukino! Ntabwo ari icyo gukinishwa. Ibyo byose ni nde ubiyobewe? Icyo tubura ni ukuvuga tuti “Nyagasani Yezu turabiretse. Duhindure” (nko muri iyi Zaburi) “Mana yange ngirira imbabazi ukurikije ineza yawe. Kubera impuhwe zawe nyinshi umpanagureho ibyaha byange. Nyuhagira wese ibicumuro byange maze unkize icyaha nakoze. Nkiza. Ntandukanya n’uwo mwanda w’ibyaha, kandi unsukure umpe ubuzima bushya. Sinshaka kongera, ahubwo ni wowe nshaka gukurikira, gukunda kuruta byose na bose.”

Yezu rero aratwibutsa mu Ivanjili itegeko abakristu twebwe duhabwa rivugitse mu yandi magambo. Yezu yaravuze mu Ivanjili ya Yohana ati” Ni mukundane, kandi mukundane nk’uko nabakunze.”

Urwo rukundo rero imwe mu ntambwe ikomeye yarwo ni ‘Gukunda’ nk’uko Data nyine akunda. Mukundane nk’uko nabakunze. Hano ati” Mukundane nk’uko Data akunda.” Bigaragarire hehe se? Mu kugirira neza ababagirira nabi, mu gukunda ababanga. Ese ibyo abakristu turabyumva ra?

Uyu munsi rero Yezu arabitwibukije ibyo ari byo byose. Kandi ntabitwibutsa gusa, agamije kubiduhera imbaraga. Kubw’imbaraga za muntu, nta muntu ushobora gukunda umwanzi we nta we ubishoboye. Ariko Yezu Kristu wigize umuntu uzi intege nke zacu, niba tumusabye koko dukomeje kuduha ingabire y’urukundo, kuduha gukunda nk’uko Se akunda. Nk’uko we ubwe akunda, kuduha ingabire y’urukundo, ingabire ya Roho wabo, Roho Mutagatifu, Roho wa Yezu, Roho wa Data, azayiduha. Aduhe kubabarira. Ni yo mpamvu nta muntu ugomba kwihanukira ngo avuge ngo ibyo ntibishoboka. Ku bantu oya, ariko twebwe dufite ingabire. Roho Mutagatifu arahari. Ubwo rero birashoboka Kuri twe. Kandi rero Nyagasani Yezu Ntashobora kutwigisha ibyo abona ko bidashoboka mu buzima bwacu. Icyo gihe ntashobora kugita. Ibyo yatwigishije byose byose ni uko bishoboka. Ni uko bishobora gukurikizwa. Cyane cyane ko imbaraga ari ize, We ubwe uzitwihera.

Abantu rero bose bahembera inzangano mu bantu, bamenye ko baba bakora ubutumwa bwa sekibi. Ubutumwa bwa Yezu Kristu ni ubutumwa bw’impuhwe; Kubabarira abahemu, gukunda abantu bose kandi abo ari bo bose. Ibyo nta wundi wabishobora usibye uwo Yezu Kristu yabihaye, kandi nta n’undi ushobora kubyigisha usibye umukristu. Aha rwose ni umwihariko wacu twebwe abakristu; gukunda abanzi. Kandi igihe cyose tunaniwe gukunda abatwanga, tujye tumenya ko n’ubukristu bwatunaniye.

Nyagasani Yezu Kristu rero agiriye amasengesho ya Bikira Mariya aduhe Roho w’urukundo adusendere, adutandukanye burundu n’inzangano zose, aduhindure, adutagatifuze. Ngwino Roho wa Yezu.

Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka!

Mutima utagira inenge wa Bikira Mariya uturengere uturwaneho mu izina rya Yezu.

Padre JEREMIE HABYARIMANA

Sunday, June 14, 2026

Ruhengeri mu burezi, Iminsi mikuru yizihijwe muri Gicurasi

Umunsi w'Uburezi Gatolika muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri

Mu kwezi kwa Gicurasi 2026, Diyosezi ya Ruhengeri yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byo kwizihiza iminsi mikuru y’amashuri Gatolika, gutanga amasakramentu no gushimira uruhare rw’abarezi n’ababyeyi mu burere bw’urubyiruko. Ibyo birori byayobowe na Nyiricyubahiro Musenyeri Visenti Harolimana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Ruhengeri. 

Ku wa 1 Gicurasi 2026, École Saint-Marc Ruhengeri yizihije umunsi mukuru ngarukamwaka wayo. Ibirori byatangijwe na Misa Ntagatifu yabereye muri Katedrali ya Ruhengeri, iyobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, watanze amasakramentu y'ibanze kuri bamwe mu banyeshuri b’iki kigo. 

Ku wa 16 Gicurasi 2026, Seminari Nto ya Nkumba, yaragijwe Mutagatifu Yohani Intumwa, yizihije umunsi mukuru wayo ndetse inizihiza isabukuru y’imyaka 38 imaze ishinzwe. Misa yabimburiye ibyo birori yayobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, wagaragaje ko iyo seminari ikomeje kugira uruhare rukomeye mu gutegura abato mu rugendo rw’ihamagarwa n’uburere mboneragihugu. 

Ku wa 21 Gicurasi 2026, muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri hizihijwe Umunsi Mukuru w’Uburezi Gatolika. Mu Misa yabereye ku Ngoro ya Bikira Mariya Mwamikazi wa Fatima, Musenyeri Visenti Harolimana yashimiye Imana ku migisha iha amashuri Gatolika ndetse anashimira ababyeyi, abarezi n’abayobozi b’inzego zitandukanye ku ruhare rwabo mu kurera urubyiruko. Yasabye abanyeshuri gukura nka Kristu i Nazareti “mu gihagararo, mu bwenge no mu busabaniramana,” anasaba abakorera ubutumwa mu mashuri Gatolika gukomeza kurangwa n’ubumwe n’ubufatanye mu kubaka umwana ushoboye kandi ushobotse.

Bukeye bwaho, ku wa 22 Gicurasi 2026, Groupe Scolaire Marie Reine Rwaza yizihije umunsi mukuru wayo ngarukamwaka. Mu Misa yayobowe na Musenyeri Harolimana, abanyeshuri 26 bahawe Isakramentu ry’Ugukomezwa, anasaba iri shuri gukomeza gushingira uburere bwaryo ku ndangagaciro za Bikira Mariya. 

Abanyeshuri ba ETEFOP bahawe Amasakramentu

Ku wa 23 Gicurasi 2026, ETEFOP TSS Ruhengeri yizihije umunsi mukuru wa Mutagatifu Karoli Lwanga, umurinzi wayo. Muri ibyo birori, Musenyeri Visenti Harolimana yatanze amasakramentu y’ibanze ku banyeshuri, abashishikariza gukomera ku ndangagaciro z’ubupfura, ukwemera n’umurava mu masomo. 

Ku wa 27 Gicurasi 2026, Umunsi Mukuru w’Uburezi Gatolika ku rwego rwa Diyosezi wahimbarijwe muri Groupe Scolaire Busogo II, muri Paruwasi ya Busogo, ishuri ryizihizaga Mutagatifu Antoni wa Paduwa. Ibirori byabimburiwe na Misa yayobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, aho hatangiwe Isakramentu ry’Ugukomezwa ku banyeshuri 74, barimo abakobwa 46 n’abahungu 28, biga mu bigo bya Kiliziya Gatolika byo muri Paruwasi ya Busogo. 

Muri uwo muhango kandi, abarimu bamaze imyaka 25 bakora umurimo w’uburezi bahawe ishimwe ryihariye mu kwizihiza yubile yabo, hanatahwa inyubako nshya z’amashuri yubatswe muri GS Busogo II, zitezweho kurushaho guteza imbere ireme ry’uburezi. 

Ibi bikorwa byose bigaragaza umuhate wa Diyosezi ya Ruhengeri mu guteza imbere uburezi bushingiye ku ndangagaciro za Gikristu, guha urubyiruko uburere bufite ireme no gukomeza gufatanya n’ababyeyi, abarezi n’inzego z’ubuyobozi mu kubaka ejo hazaza heza h’abana b’u Rwanda.

Wednesday, June 3, 2026

Pope’s first visit to Spain: Catholic Church remains a major presence

 Image :Filippo Monteforte/AFP

The Holy See has released statistical data ahead of the seven-day Apostolic Journey of His Holiness Pope Leo XIV to Spain, scheduled for 6–12 June 2026. This Pope’s first visit to Spain, will take him to Madrid, Barcelona, Montserrat, Gran Canaria, and Tenerife, where he will meet civil authorities, clergy, religious, young people, migrants, and the faithful. 

The seven-day journey will include major liturgical celebrations, an address to Spain’s political institutions, the inauguration of the new Tower of Jesus Christ at Barcelona’s iconic Sagrada Família, and encounters with migrants in the Canary Islands. 

The Apostolic Journey is expected to strengthen the faith of Spanish Catholics while highlighting themes central to Pope Leo XIV’s pontificate, including evangelization, youth engagement, social solidarity, and support for migrants. 

What about statistics from the Central Office of Church in Spain 

The recent released statistics from the Central Office of Church reveal that the Catholic Church continues to play a significant role in Spanish society, with more than 45 million Catholics, thousands of parishes, and an extensive network of educational and charitable institutions operating across the country. 

As of 31 December 2024, Spain had a population of approximately 48.6 million people, of whom 45.3 million (93.25%) were identified as Catholics. The Church's pastoral structure comprises 71 ecclesiastical jurisdictions, 22,788 parishes, and 4,137 other pastoral centers, serving communities throughout the nation. 

A substantial workforce supports the Church’s pastoral mission. Spain counted 130 bishops (as of April 30, 2026), 18,113 priests, including 12,461 diocesan priests and 5,652 religious priests, as well as 601 permanent deacons. Religious life remains vibrant, with 32,996 professed women religious, 2,435 religious brothers and 96 lay missionaries. Additionally, 80,637 catechists assist in faith formation and evangelization. 

Despite ongoing challenges related to priestly vocations, Spain recorded 1,343 major seminarians preparing for the priesthood and 595 minor seminarians, indicating continued interest in ecclesiastical ministry. The Church also maintains a strong educational presence. Catholic institutions operate 3,773 primary schools, 1,885 secondary schools, and 104 higher education establishments. 

Beyond education, the Church remains one of the country's largest providers of social and charitable services. Catholic organizations manage 58 hospitals, 51 clinics, 848 homes for the elderly and disabled, 660 orphanages and nurseries, 226 family consultation centers, 197 rehabilitation and social education centers, and more than 3,051 other charitable institutions. 

The figures underscore the enduring influence of the Catholic Church in Spain, not only as a religious institution but also as a key contributor to education, healthcare, and social welfare across the country.

Wednesday, May 27, 2026

Pope Appoints Rev. John Mbua Mwandi as Bishop of Kitui Diocese

The Holy Father has appointed Rev. John Mbua Mwandi, until now parish priest of Mulutu, as the new bishop of the Roman Catholic Diocese of Kitui in Kenya. 

The appointment was officially announced by the Vatican, ushering in a new chapter for the diocese as it prepares to welcome a bishop bringing decades of pastoral and administrative experience in the Catholic Church. 

Born on 24 September 1970, Bishop-elect Mwandi studied philosophy at Saint Augustine’s Senior Seminary before undertaking theological studies at Saint Matthias Mulumba Senior Seminary. He was ordained to the priesthood on 8 December 2001. 

Following his ordination, he served in several parishes across the diocese, beginning as parish vicar in Ikutha in 2002. He later served as parish priest in Miambani from 2001 to 2005, in Ikanga in 2006, and at the Cathedral of Kitui from 2007 to 2011. He also served as dean of the Eastern Deanery from 2005. 

In addition to his pastoral ministry, Bishop-elect Mwandi pursued further studies in administration and management, earning a diploma in Project Management from the Kenya Institute of Management in Nairobi in 2008. 

Over the years, he has held several key leadership positions within the diocese, including diocesan bursar from 2011 to 2020, pro-vicar general from 2016 to 2020, and later vicar general. Until his appointment as bishop, he was serving as parish priest of Mulutu. 

Catholics in the Diocese of Kitui have welcomed the appointment with joy and hope, expressing confidence in the bishop-elect’s experience, leadership, and dedication to the mission of the Church. The episcopal ordination and installation ceremony is expected to be announced in the coming weeks.

Friday, May 22, 2026

Incorrupt Saints; 7 some well-known examples

Incorrupt body of St. John Vianney
Historically, incorruption has been regarded in Catholic tradition as a possible sign of divine favor, symbolizing a saint’s purity and closeness to God. This belief is often linked to Psalm 15:10, which states: “Because thou wilt not leave my soul in hell; nor wilt thou give thy holy one to see corruption.” Catholic teaching holds that this passage refers first to Christ and, and to the Blessed Virgin Mary, whose body, according to tradition, never underwent corruption. The verse also points toward the future resurrection promised to all the faithful at the end of time. Within this understanding, the phenomenon of incorrupt saints is viewed by many believers as a spiritual sign and a foretaste of the resurrection of the body.

Throughout Catholic history, certain saints have been associated with what are known as “incorrupt bodies” — bodies that reportedly resisted the normal process of decomposition after death, either fully or partially. While the Catholic Church does not consider incorruptibility as proof of sainthood, such cases have often inspired devotion, curiosity, and spiritual reflection among the faithful.

One of the most famous examples is St. Bernadette of Lourdes, born in France in 1844. She became widely known after witnessing the Marian apparitions at Lourdes in 1858. After living a humble life as a religious sister marked by illness and prayer, her body was exhumed years after her death and found remarkably preserved. Today, her body is displayed at the convent in Nevers, France.

Another well-known figure is St. John Vianney, the patron saint of parish priests. Renowned for his holiness, long hours hearing confessions, and spiritual guidance, his body was also found largely incorrupt after his death in 1859 and is preserved in Ars, France.

St. Catherine Labouré, the French nun linked to the apparition of the Blessed Virgin Mary and the Miraculous Medal, is another saint associated with incorruptibility. Decades after her death in 1876, her body was reportedly found intact and now rests in Paris at the Chapel of Our Lady of the Miraculous Medal.

The body of St. Rita of Cascia, widely known as the patron saint of impossible causes, has been venerated in Cascia, Italy, for centuries and remains notably preserved.

Similarly, St. Padre Pio — the Capuchin friar famous for the stigmata, miracles, and spiritual counsel — showed significant preservation during exhumation despite some natural deterioration. His remains are venerated in San Giovanni Rotondo, Italy.

St. Vincent de Paul, founder of the Vincentians and the Daughters of Charity, dedicated his life to serving the poor. Historical reports also describe unusual preservation of his body, which is preserved in Paris.

Another revered saint associated with preserved remains is St. Clare of Assisi, the founder of the Poor Clares and close follower of St. Francis of Assisi. Her remains have long been venerated in Assisi, Italy.

The Catholic Church approaches claims of incorruptibility with caution and scientific scrutiny. In some cases, environmental conditions may contribute to preservation, while in others only parts of the body remain intact. Ultimately, the Church emphasizes that holiness is measured not by the state of the body after death, but by the saint’s life of faith, virtue, and devotion to God.

Sunday, May 17, 2026

Burundi: Amateka ya Seminari Nkuru y'i Burasira ihimbaza yubile y’umyaka 75

Seminari Nkuru y'i Burasira yitiriwe Petero Claver Mutagatifu iherereye muri diyosezi Gatolika ya Ngozi. Yashinzwe kuwa 2 Gashyanatare 1952, icyo gihe yakiraga abanyeshuri bo Mu Rwanda no Mu Burundi. Kuva yashingwa, iyi seminari yayobowe n’abapadiri 17.

Aya ni amwe mu mateka yayo, yatangajwe na Radio Maria Burundi. 

Amateka ya Seminari nkuru y'i Burasira (mu Kirundi - Ivomo: Radio Maria Burundi) 

Burasira yavutse mu mwaka w'1951 ku wa 02 ruhuhuma (Gashyantare), ico gihe yakira abanyeshure bavuye mu rwanda no mu Burundi. Mu mwaka w'1952 ku wa 10 Nyakanga iyo seminari yaruguruwe nka seminari ya mbere mu Burundi yitiriwe Umweranda Petero Claver, itanga ivyirwa vya Teolojiya. Mu mwaka w'1953, Burasira yararamuye abasaserdoti ba mbere batiwe. 

Mu mwaka w'1954 ku wa 10 nyakanga, ingoro y'Imana yari yubatse mw'iyo seminari yaciye ihezagirwa. 

Burasira yarakurikiwe n'iseminari ntoyi ya Mureke inyuma y'imyaka 2 mu mwaka w'1953, hanyuma havuka iseminari nkuru y'i Bujumbura yitiriwe Yohani Mariya Vianney mweranda mu mwaka w'1963 inyuma y'ukwikukira kw'Uburundi. Mu mwaka w'1964 naho haca havuka Kaminuza y'igihugu. 

Imyaka 22 yaraheze Burasira yitwa seminaire moyen, mu gihe amaseminari matoyi yari yarahinduwe amashure yisumbuye (Lycée) yobamwo abahungu n'abugeme. 

Mu mwaka w'1985 yarahindutse yitwa Iseminari nkuru yigisha ivyirwa vya Filozofiya, yakira abavuye mw'iseminari ntoyi y'i Mugera n'i Mureke, abanyarwanda ntibari bakiyijamwo.

Burasira yarabaye intangarugero mu guharanira iteka ry'umuntu ku mutima no ku mubiri, mu kuba umunyempuhwe, no mu gutanga ituze mu miryango myinshi ifasha mu mirima. 

Mu mwaka w'1993 gitugutu (Ukwakira), Burasira yarakiriye impunzi z'abantu badasangiye ubwoko, bamaze kwisanga bari hamwe bahujwe n'igisabisho haca haba umuvukano. 


Burasira kuva ibayeho gushika uno musi ni intangarugero mu burimyi mu guca imikobeko abarundi bakahakura ubumenyi, mu bworozi bw'inka nziza zitanga amata aryoshe mu kubika ubwatsi bwa zo no mu gihe c'ici, hamwe n'ubushakashatsi mu guhingura ikinyobwa ca Bourasine mu vyimburwa. 

Ico mwomenya n'uko Vikariya ya Ngozi yavutse mu 1949, umwaka umwe imbere ya Seminari Nkuru y'i Burasira, na yo seminari ntoyi y'i Mureke yo muri Diyoseze Ngozi ikaba izohimbaza jubile y'imyaka 75 mu myaka ibiri iri imbere.

Jesuits rejoice over the ordination of new deacons

With hearts full of gratitude to God, the Jesuit community around the world rejoiced on May 16, 2026, as six Jesuits were ordained to the diaconate in Toronto. 

The sacred ordination was conferred by Frank Cardinal Leo, who presided over the solemn liturgy and called the ordinands to a life of faithful service in the Church. 

Among the newly ordained deacons were Bernard Adika, SJ, and Vincent Mpoza, SJ, both members of the Jesuit Eastern Africa Province.

Their ordination is a source of great joy and thanksgiving for the Province, which celebrated this significant milestone in their vocation and commitment to the Society of Jesus. 

The diaconate marks an important step in the journey toward priesthood and a deeper dedication to the mission of Christ and His Church. Through the laying on of hands and the prayer of ordination, these Jesuits have been configured more closely to Christ the Servant. 

They are now entrusted in a particular way with proclaiming the Gospel, assisting at the altar, preaching the Word of God, and exercising ministries of charity, especially among the poor, the marginalized, and those most in need of hope and compassion. 

For Bernard Adika and Vincent Mpoza, this ordination also reflects the vibrant growth of Jesuit vocations in Eastern Africa and the continued commitment of the Province to form men who are ready to serve wherever the needs of the Church are greatest. 

Their generous response to God’s call stands as a testimony of faith, perseverance, and a desire to devote their lives to the service of the Gospel. 


As the Jesuit community celebrates this joyful occasion, Catholics and friends of the Society of Jesus are invited to join in prayer for these new deacons. 

May the Lord bless them with humility, wisdom, and apostolic zeal, and may their ministry bear abundant fruit as they dedicate themselves to serving Christ and His people with love and fidelity.


This ordination follows the four seminarians’, which  was celebrated on Saturday, May 9, 2026. Rev. Matteo Bertozzi, Rev. Moonjun Alphonse Choi, Rev. Matthew Steven Tuanquin Tulio and Rev. Victor Manuel Valdés, they will take up their new parish assignments in late June 2026.


Tuesday, May 12, 2026

Pope Leo XIV Mourns Cardinal Paul Emil Tscherrig, died at 79

Pope Leo XIV has expressed deep sorrow following the death of Cardinal Paul Emil Tscherrig, the respected Swiss prelate and longtime Vatican diplomat, who died in Rome on Tuesday, May 12, 2026, at the age of 79.

In a telegram of condolence addressed to the Cardinal’s family in Valais, Switzerland, the Holy Father extended his heartfelt sympathies to the bereaved relatives and to the faithful of the Roman Catholic Diocese of Sion, where Cardinal Tscherrig was born and ordained to the priesthood.

Pope Leo XIV paid tribute to Cardinal Tscherrig’s decades of devoted service to the Catholic Church, recalling with gratitude his work as the Pope’s diplomatic representative in numerous countries and his later responsibilities within several departments of the Holy See.

“In all the offices entrusted to him, the late Cardinal acted generously, bearing witness to love of the Church and the Successor of Peter,” the Pope wrote.

The Holy Father also offered fervent prayers for the repose of the Cardinal’s soul, asking God to welcome him into “the light that never goes out.” Entrusting the deceased prelate to the maternal intercession of the Virgin Mary, Pope Leo XIV imparted his Apostolic Blessing to all those mourning his sudden passing.

Born on February 3, 1947, in Unterems, Switzerland, Paul Emil Tscherrig was ordained a priest on April 11, 1974, for the Diocese of Sion. He pursued theological studies in Fribourg and Rome and earned a doctorate in Canon Law from the Pontifical Gregorian University.

He entered the diplomatic service of the Holy See in 1978 and contributed to preparations for the international journeys of Pope John Paul II.

In 1996, Pope John Paul II appointed him Titular Archbishop of Voli and Apostolic Nuncio to Burundi. Over the following years, he served as papal representative in the Caribbean, South Korea, Mongolia, the Scandinavian countries, and Argentina, where he developed a close relationship with then-Archbishop of Buenos Aires, Jorge Mario Bergoglio.

In 2017, Pope Francis appointed Archbishop Tscherrig as Apostolic Nuncio to Italy and the Republic of San Marino, making him the first non-Italian to hold that office. In recognition of his distinguished service, Pope Francis created him a cardinal on September 30, 2023, assigning him the title of Cardinal-Deacon of San Giuseppe in Via Trionfale.

In 2024, Cardinal Tscherrig was appointed to the Supervisory Commission of the Institute for the Works of Religion and served as a member of the Supreme Tribunal of the Apostolic Signatura. He also participated in the 2025 papal conclave, which elected Pope Leo XIV.

Remembered for his diplomatic skill, humility, and unwavering loyalty to the Church, Cardinal Paul Emil Tscherrig leaves behind a lasting legacy of faithful service to the Holy See and the universal Catholic Church.

Sunday, May 10, 2026

Musanze: Mass sports play role in fostering collaboration

Community sports continue to play an important role in promoting good health, strengthening social cohesion and fostering collaboration among citizens and institutions.

This morning, on May 10, 2025, the Chairperson of the Musanze District Council, Mr. Michel Ndayambaje together with members of the District Executive Committee, joined residents in the mass sports activities held in Musanze City.

Participants engaged in a variety of physical exercises, including running, aerobics, and other fitness activities aimed at promoting healthy living.

Among those who took part were the Executive Director of  Ferwacy Mr. Mugabe David, representatives from LWD Cycling Team, Rwanda Police, Ruhengeri Hospital, and the representative of Rwand Investigation Bureau in Musanze District.

In partnership with the hospital, residents were also screened for non-communicable diseases and received medical advice on how to better care for their health and prevent such illnesses.

Sunday, May 3, 2026

The Diocese of Rome, joyful to welcome four new bishops

On May 2, 2026, Pope Leo XIV, Bishop of the Diocese of Rome, ordains four priests as auxiliary bishops, urging them to remain available to all people, proclaiming God’s closeness and to rekindle hope.

Those new auxiliary bishops are Stefano Sparapani, Alessandro Zenobbi, Andrea Carlevale, and Marco Valenti, all were born in Rome. 

In his homely, as quoted from Vatican News; the Pope the Pope addressed the new auxiliary bishops as “dear brothers” and emphasized that, together with the Cardinal Vicar, they would help him, the Bishop of Rome, “to be for the Roman people an image of the Good Shepherd and to watch over the charity of the whole holy People of God spread throughout the world.” 

Pope Leo also underscored the importance of being available to everyone: “Do not let yourselves be searched after; rather, let yourselves be found”. “Ensure that priests, deacons, religious sisters and brothers, as well as lay people engaged in apostolic work, never feel alone,” the Pope added. 

A brief Curriculum vita of new bishops

On February 25, 2026, The Holy Father has appointed the following as auxiliary bishops of Rome, Italy: the Reverend Stefano Sparapani, of the clergy of Rome, parish priest of San Basilio and episcopal vicar for the North Sector of the city assigning him the titular see of Bisenzio; the Reverend Alessandro Zenobbi, of the clergy of Rome, parish priest of Santa Lucia and episcopal vicar for the West Sector, assigning him the titular see of Biccari; the Reverend Andrea Carlevale, of the clergy of Rome, parish priest of San Giovanni Battista de Rossi, assigning him the titular see of Atella; and the Reverend Marco Valenti, of the clergy of Rome, parish priest of Trasfigurazione di Nostro Signore Gesù Cristo, assigning him the titular see of Arpi. 

Msgr. Stefano Sparapani was born in Rome on 24 July 1956 and was ordained a priest for the diocese of Rome on 4 October 1991. Since since 2025, he was episcopal vicar for the North Sector of Rome. He did his specialist studies in moral theology at the Alphonsian Academy of Rome. 

Msgr. Alessandro Zenobbi was born on 10 November 1969 in Rome, and ordained a priest for the diocese of Rome on 28 April 1996. Since 2025, he was episcopal vicar for the West Sector of Rome. 

Msgr. Andrea Carlevale was born in Rome on 8 April 1971. He was ordained a priest for the diocese of Rome on 3 May 1998. Since 2025 he has served as parish priest of San Giovanni Battista de Rossi in the Appio-Latino area.

Msgr. Marco Valenti was born on 28 February 1961 in Cantalupo in Sabina, province of Rieti and diocese of Sabina-Poggio Mirteto. He was ordained a priest for the diocese of Rome on 26 April 1986. Since 2024 he has served as parish priest of Trasfigurazione di Nostro Signore Gesù Cristo.

Friday, May 1, 2026

What a Christian benefit from a good confession?

Pope Francis hears confession during a lent penence service, March 17,2023
in Rome Parish of st Mary of Graces at Trionfale (Image: Catholic Courier)

Confession, also known as the Sacrament of Reconciliation, remains one of the most powerful spiritual practices for Christians seeking renewal, healing, and a deeper relationship with God.

Far from being a mere ritual, a good confession brings profound personal and spiritual benefits that transform both the heart and the soul. 

Here are the 11 key benefits a Christian receives from a good confession: 

At its core, confession offers forgiveness and absolution of sins. Through sincere repentance and honest acknowledgment of wrongdoing, individuals receive God’s mercy. This act lifts the burden of guilt and restores inner peace, allowing one to start anew with a clean conscience.

Another key benefit is reconciliation with God. Sin creates a separation from God, but confession bridges that gap. It re-establishes a personal connection with Him, renewing faith and strengthening trust in His love and compassion. 

Confession also fosters reconciliation with the Church. Since sin affects not only the individual but also the wider community, seeking forgiveness restores unity within the body of believers. It reminds individuals that they are not alone on their spiritual journey. 

A good confession contributes to the formation of conscience. Regular reflection on one’s actions helps develop a clearer sense of right and wrong. Over time, this awareness guides better decision-making and encourages a more virtuous life. 

Spiritually, confession brings healing through Christ. Just as physical wounds require treatment, spiritual wounds need healing. Confession provides that healing by addressing the root causes of sin and offering grace to overcome them. 

It also plays a vital role in fighting against evil tendencies. By recognizing personal weaknesses and confessing them, individuals become more vigilant and better equipped to resist temptation in the future. 

Through this sacrament, believers experience spiritual strengthening of the soul. Grace received in confession empowers them to face life’s challenges with renewed courage and resilience. 

Confession further helps in escaping eternal condemnation. By turning away from sin and seeking forgiveness, individuals align themselves with God’s will and move toward eternal life. Another important benefit is the restoration of God’s grace. Sin diminishes the grace within the soul, but confession restores it, enabling individuals to live more fully in God’s presence. 

Moreover, confession leads to the transformation of the heart. It inspires genuine change, encouraging humility, compassion, and a sincere desire to live according to God’s teachings.

Finally, it promotes progress in the spiritual life. Regular confession helps believers grow steadily in holiness, deepening their relationship with God and guiding them toward a more meaningful and faithful life.  

In a world filled with challenges and moral struggles, a good confession remains a source of hope, renewal, and spiritual strength. It is not just about admitting faults—it is about embracing transformation and walking forward with grace. (Thanks to @Vitus_osst X handle)

Monday, April 13, 2026

Kabgayi mu butumwa, Nyakanga – Kanama 2025

Ku wa 19/7/2025;
muri Paruwasi Kinazi hatangiwe ubupadiri
 kuri Diyakoni Théophile NGAYABERURA
 

Diyosezi Gatolika, iyobowe n’Umwepiskopi, ifite inshingano nyamukuru zishingiye ku nkingi eshatu z’ingenzi, ari zo gutagatifuza imbaga y’Imana, kuyigisha Ivanjili n’Ukwemera no kuyiyobora, aho umuryango w’Imana ufashwa kugera ku iterambere ryuzuye rya Muntu.

Muri iyi nkuru, twifashishije ibitangazamkuru bya Kiliziya Gatolika, n’ibya diyosezi, tugiye kubagezeho mu nshamake bimwe mu bikorwa bya Diyosezi ya Kabgayi byayobowe n’Umwepiskopi kuva muri Nyakanga kugeza Kanama 2025.

Kuwa wa 29/8/2025, Abakristu ba Diyosezi ya Kabgayi bari kumwe n’umwepiskopi wabo Myr Balthazar NTIVUGURUZWA bakoreye urugendo-nyobokamana i Kibeho. 

Mu butumwa yagejeje ku bakristu, Myr TIVUGURUZWA yagize ati: "Bakristu, yego yanyu nibe 'yego'. Hari abavuga 'yego' ariko ugasanga yuzuyemo imibare...' Bati: nguhaye ibi ariko nawe uzanyiture ibi n'ibi". 
 Urugendo-nyobokamana i Kibeho kuwa 29/8/2025

Mu rwego rwo gufasha abapadiri kurushaho kwegera abakristu, ku wa 21 Kanama 2025, Diyosezi ya Kabgayi yashyikirije Paruwasi ya Gihara imodoka y'ubutumwa. Iki gikorwa cyagezweho binyuze mu ruhare rw'abakristu ba Paruwasi ya Gihara n'Ikigega cy'Ubufatanye bw'ama Paruwasi muri Diyosezi ya Kabgayi. 

Guhera kuwa 18/8/2025 kugeza kuwa -22/8/2025, muri Paruwasi za Ruyenzi na Gihara habereya Forum y’urubyiruko, yafunguwe na Myr Balthazar NTIVUGURUZWA ku wa 19/8/2025. 

Mu butumwa yagejeje ku rubyiruko rusaga 800 rwitabiriye iyi Forum, yabifurije kuzaronkera ibyishimo n’amahoro muri Forum. Yagize ati: “Rubyiruko, iyi Forum muzayironkeremo amahoro, ibyishimo n'amizero”. 

Abapadiri Jean Aime Twambaze na Alphonse Mutabazi 
baganuje abakristu ku mugisha wa gisaseridoti

Kuwa 15/08/2025: Muri Paruwasi yisunze mutagatifu Andereya Gitarama hatanzwe Isakaramentu ry'ubusaseredoti kuri Diyakoni Jean Aime Twambaze wo muri Paruwasi St Andre Gitarama, na Diyakoni Alphonse Mutabazi wo muri Paruwasi ya Kigoma, mu Gitambo cya Misa cyayobowe na Myr Balthazar NTIVUGURUZWA.

Kuri uyu munsi mukuru wa Asomusiyo, imbaga y'abakristu ba Paruwasi St Andre Gitarama bari mu byishimo by'impurirane, aho bahimbaje kandi Yubile y'impurirane (Yubile y'imyaka 50 ishize iyi Paruwasi ishinzwe, Yubile y'imyaka 2025 ishize Jambo yigize umuntu, n'imyaka 125 ishize Ivanjili igeze mu Rwanda). 

Uyu munsi kandi, hahimbajwe Yubile y'imyaka 50 ishize Myr Smaragde Mbonyintege ahawe ubusaseredoti. 

Ku wa 13/8/2025, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi yatanze Isakramentu ry'Ugukomezwa ku bana 217 muri Paruwasi ya Kibangu. Mu butumwa bwe yagize ati: “Muryango w'Imana mugize Paruwasi ya Kibangu, ni mukomere ku kwemera mwabatirijwemo. Bana, muri amizero ya Kiliziya, ni mwitabire gahunda za Kiliziya.” 

Ababikira ba Mutagatifu Marita

Ku wa 10 Kanama 2025, Musenyeri Balthazar NTIVUGURUZWA, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi yifatanyije n'abakristu ba Santarali ya Nyagisozi muri Paruwasi ya Nyabinyenga mu birori byo kwizihiza Yubile y'imyaka 50 imaze ishinzwe. Muri ibyo birori kandi hari umuryango w’abakristu wizihije imyaka 50 bashyingiwe. 

Ku wa 29/7/2025, muri Bazilika Nto ya Kabgayi habereye amasezerano ya burundu ku Babikira batatu bo mu Muryango w'Ababikira ba Mt Marita. Ni mu Gitambo cya Misa cyatuwe na Myr Balthazar NTIVUGURUZWA, guhera saa yine z'amanywa. Yabasabye kubaho bishimye ndetse no kumvira. 

Ku wa 27/7/2025; Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yatangiye Ubupadiri muri Paruwasi ya Nzuki. Diyakoni Jean Paul DUSHIMIMANA wahawe ubupadiri yashimiye abantu bose bamufashije mu rugendo yakoze yerekeza ku busaserdoti. 

Padiri DUSHIMIMANA yahawe ubudiyokini kuwa 17 Kanama 2024 na Myr Balthazar Ntivuguruzwa, mu Misa yatangiwemo ubupadiri ku badiyakoni Gracien Nkurikiyimana na Boniface Ndacyayisenga bombi bavuka muri Paruwasi ya Nyabinyenga. 

Uwo munsi kandi nibwo uwari Faratiri Alphonse Mutabazi uvuka muri Paruwase ya Kigoma na Faratiri Innocent Nsabimana uvuka muri Paruwase ya Muyunzwe bahawe ubudiyakoni, mu misa yahimbarijwemo Yubile y’imyaka 20 Paruwasi ya Nyabinyenga imaze ishinzwe. 

Abarimu bakosora ibizamini basomewe Misa

Ku wa 21/7/2025; mu Iseminari Nto ya Kabgayi, Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yasomeye Misa  abarimu bari gukosora Ikizamini cy'imibare gisoza amashuri abanza.

Mu butumwa yabagejejeho ku barium 598, Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yabashimiye umuhate bagaragaza mu gukundisha abana ubumenyi. Aba barezi bamushimiye ko bakiriwe neza i Kabgayi. 

Ku wa 20/7/2025 habaye umuhango wo guha umugisha Kiliziya ya Ruyenzi no kuyegurira Imana. Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yashimiye abakristu ba Paruwasi ya Ruyenzi uko biyubakiye Kiliziya anabasaba gukomeza gushyira imbaraga mu matsinda y'abana n'ay'ababyeyi. 

Itangwa ry’ubupadiri kuri
Diyakoni Théophile NGAYABERURA
Ku wa 19/7/2025; muri Paruwasi Kinazi habereye umuhango w’itangwa ry’ubupadiri kuri Diyakoni Théophile NGAYABERURA n'Ubudiyakoni kuri Fratri Jean Damascène ITANGISHATSE na Fratri Emmanuel NGIRIMANA.

Mu butumwa bwe, Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yashimiye umuryango w'abakristu uko batoza abato gukunda Imana. 

Ku wa 16/7/2025; Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yayoboye inama y'Inteko Rusange ya Caritas ya Diyosezi ya Kabgayi. 

Muri iyi nama yari igamije kurebera hamwe uruhare rw'Ukwezi kw'Urukundo n'Impuhwe mu ngengo y'imari ya Caritas ya Kabgayi, hasuzumwe n'uko buri wese yayigiramo uruhare. 

Kuri uyu wa 13/7/2025, Myr Balthazar NTIVUGURUZWA yahaye Ubutumwa abahereza b'Ukaristiya b'ingoboka 116, atanga isakramentu ry'Ukaristiya ku bana 204 muri Bazilika Nto ya Kabgayi. Habatijwe kandi abana 33. Yasabye abakristu guhora bubaha Kristu uri mu Isakramentu ry'Ukaristiya. 

Itangwa ry’ubupadiri kuri
Diyakoni Charles Niyomufasha


Kuwa 12/7/2025, Diyakoni Charles NIYOMUFASHA yahawe ubupadiri mu biganza bya Myr Balthazar NTIVUGURUZWA, umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi. 

Myr Balthazar yashimiye ababyeyi barerera Imana ashimira n'urubyiruko rwemera kwitangira umurimo wayo. 

Ibi birori byabereye muri Paruwasi ya Kabuga. Padiri NIYOMUFASHA Charles ni we mupadiri wa mbere iyi Paruwasi ibyaye.

Indi  nkuru wasoma:

1. Le récapitulatif des nouvelles du diocese de kabgayi du 11 mars au 18 mai 2025

2. Kabgayi: Menya aho abapadiri bazakorera ubutumwa 2024/2025

3. Mu mwaka umwe nk’Umwepiskopi wa Kabgayi

4. Menya Diyosezi ya Kabgayi n'Abashumba bayiragijwe

5.  Menya byinshi kuri Bazilika Nto ya Kabgayi

6. Niwe Mushumba mushya wa Diyosezi ya Kabgayi

7. Hatangajwe ikirangantego cy'Umwepiskopi wa Kabgayi

Wednesday, March 25, 2026

Culinary Arts graduates encouraged to promote Rwanda’s culinary heritage.

At Muhabura Integrated Polytechnic College, located in Musanze District, a total of 31 trainees from Kinigi and Nyange sectors have been introduced to the job market after completing a six-month training program in culinary arts. The training was supported by the partner SACOLA, and participants were awarded certificates following short-term practical courses where they learned to prepare a variety of dishes.

Many of the graduates have been encouraged to focus on preparing dishes that promote Rwanda’s cultural identity, enabling them to create their own jobs, secure employment in hotels and restaurants, or start their own businesses. 

The Government of Rwanda continues to promote Technical and Vocational Education and Training (TVET) as a key pathway for youth employment. These skills-based programs play an important role in reducing youth unemployment, particularly for those enrolled in short-term courses.

According to data published by Rwanda Polytechnic, 70% of students who completed their studies in 2024 are employed: 59% secured jobs immediately after graduation, 11% continued with further studies, while 18% started their own businesses. 

Source: Energy Radio

YEZU KRISTU ADUSABA GUKUNDA ABATWANGA - Padiri Jeremie HABYARIMANA

Umupadiri uri kwigisha abakristu (Ifoto: AI) Inyigisho yo ku wa kabiri w'icyumweru cya xi gisanzwe, umwaka a mbangikane Isomo ryo mu g...