Thursday, January 22, 2026

Abapalotini: Intara y’Umuryango Mutagatifu yabonye Umuyobozi mushya

Kuri uyu wa 22 Mutarama 2026, ni bwo hatangajwe ko Padiri Jean Pierre NSABIMANA, wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Gikondo muri Arkidiyosezi ya Kigali, yatorewe kuba Umuyobozi w’Intara yitiriwe Umuryango Mutagatifu y'Umuryango w'Abapalotini (…), akaba azatangira ubutumwa tariki ya 29 Mutarama 2026. Padiri Jean Pierre asimbuye Padiri Eugène Niyonzima wari umaze imyaka 9 ayobora iyi Ntara igizwe n’u Rwanda, Repebulika iharanira Demokarasi ya Kongo n’u Bubiligi.

Mu Kiganiro yagiranye na KINYAMATEKA, Padiri Jean Pierre yavuze ko ubutumwa bushya yatorewe yabwakiranye ibyishimo kivanze n’igihunga.

Yagize ati:"Inshingano nk’izi, iteka ryose umuntu abanza kuzakirana ubwoba n’igihunga kuko aba ari inshingano zikomeye. Ariko kandi, umuntu akanabyakirana ibyishimo, kuko bigaragaza ikizere abavandimwe ndetse n’umuryango muri rusange bangiriye."

Mu shingano ze, Padiri Jean Pierre NSABIMANA,SAC azakorana n'Abajyanama bane ari bo: Padiri Alphonse Ndagijimana, SAC; Padiri Abraham Buhendwa Nyange, SAC; Padiri Ildéphonse Bizimungu, SAC na Padiri Simon Safari Burhungane, SAC.

Amwe mu mateka y'ibyaranze Padiri Jean Pierre NSABIMANA,SAC

Padiri Jean Pierre Nsabimana yavukiye i Rutsiro /Kibuye mu ntara y’Iburengerazuba, ari naho yize amashuri abanza kuva mu mwaka w’ 1977 - 1985 I Congo Nil muri Rutsiro.

Amashuri yisumbuye yayize mu iseminari nto yaragijwe Mutagatifu Pie X ku NYUNDO mu 1985 - 1991 Nyundo, akomereza mu nzira yo kwiyegurira Imana mu cyiciro cya Postulat I CYARWA muri BUTARE mu 1993 - 1994.

Yinjiye muri Noviciat mu 1994 - 1995 i OBALA muri CAMEROUN, yiga Filozofiya i YAOUNDE muri CAMEROUN mu 1995 – 1997, amasomo ya Théologie yayize i Naïrobi muri KENYA mu 1997 - 2000. Padiri Jean Pierre NSABIMANA yahawe ubusaseredoti ku itariki ya 12/05/2001.

Mu mwaka w’2002 - 2006 Yakomereje muri Kaminuza yigenga ya Kigali (Universite Libre Kigali – Rwanda) mu ishami ry’icungamutungo (Gestion Financière). Yakomereje mu kiciro cya Master’s muri Théologie mu mwaka 2015 – 2017 muri Kaminuza LUMEN VITAE/CATHOLIC UNIVERSITY OF LEUVEN mu Bubiligi.

Mu mirimo yakoze, Padiri Jean Pierre Nsabimana yabaye umwarimu mu ishuri ryisumbuye rya Murunda mu 1991 - 1993.

Mu mwaka w’2001 - 2002 yabaye Padiri wungirije wa Paruwasi ya Ruhango muri Diyosezi ya Kabgayi.

Mu mwaka w’ 2002 - 2006 Padiri Jean Pierre yabaye padiri wungirije n’umucungamutungo wungirije muri Paruawsi ya Gikondo. (Vicaire dans la Paroisse Gikondo, Econome Régional Adjoint.)

Mu mwaka w’2006 - 2009 yabaye umuyobozi w’uruganda rwa Pallotti Press i Kigali. (Directeur de l’Imprimerie et Editions Pallotti-Presse)

Mu mwaka w’i2008 – 2011 Padiri Jean Pierre yagizwe umwe mu bayobozi ba CORAR. (Membre du Conseil d’Administration dans la CORAR, ltd, Compagnie Rwandaise d’Assurance et de Réassurance).

Mu mwaka wa 2009 – 2012 yagizwe umwe mu bayobozi b’ikigo GEMECA PETROLEUM. (Membre du Conseil d’Administration).

Mu mwaka w’ 2009 kugeza muri 2015 yabaye umucungamutungo w’umurynago ku rwego rw’intara yitiriwe umuryango mutagatifu. (Econome Régional des Pallottins au Rwanda / RDC /Belgique).

Kuva mu mwaka wa 2017 - 2022 Padiri Jean Pierre yagizwe umuyobozi w’ingoro ya Uezu Nyirimpuhwe mu Ruhango.

Kuva mu 2022 kugeza ubu, Padiri Jean Pierre Nsabimana yari padiri mukuru wa Paruwasi ya Gikondo muri Arkidiyosezi ya Kigali.

Monday, January 19, 2026

Saint Sébastien, Martyr à Rome (+ v. 284)

Saint Sébastien, martyr romain de grande renommée, serait né à Narbonne, dans le sud de la France, et était d’origine italienne, de Milan.

La date exacte de sa naissance demeure inconnue ; on situe toutefois celle-ci au IIIᵉ siècle. Il était très estimé des empereurs Dioclétien et Maximien Hercule, au point que Dioclétien le nomma chef de sa garde personnelle et commandant de l’armée impériale.

Durant la persécution des chrétiens sous le règne de Dioclétien, Sébastien fut mis à mort pour avoir soutenu et encouragé les chrétiens persécutés. Son martyre eut lieu vers la fin du IIIᵉ siècle.
Le Martyrologe romain indique que sa fête est célébrée le 20 janvier dans l’Église d’Orient et le 18 décembre dans l’Église d’Occident.

Bien qu’il fût un chrétien fervent, il était très apprécié des païens. Il choisit la carrière militaire, renonçant dès sa jeunesse à la richesse familiale, dans le but de protéger l’Église durement persécutée. Il soutenait les chrétiens condamnés à mort, les aidant à demeurer fermes dans leur foi sans renier le Christ.

Doté par Dieu d’une grande sagesse et d’un esprit de discernement, Sébastien ne renia jamais le Christ. Sans afficher ouvertement sa foi devant les ennemis de l’Église, il parvenait souvent à secourir les prisonniers chrétiens dans une extrême discrétion. Ce don total de lui-même à l’Église lui valut le titre de Défenseur de l’Église.

Un jour, il accompagna les deux frères jumeaux Marc et Marcellien, condamnés à mort, et les exhorta à résister aux supplications de leur famille qui les pressait d’abjurer leur foi pour sauver leur vie. Cette exhortation fut à l’origine d’un miracle : une femme nommée Zoé, muette depuis longtemps, profondément touchée par ses paroles, s’approcha de Sébastien et retrouva la parole.

À la suite de ce miracle, de nombreux témoins se convertirent au Christ et plusieurs malades furent guéris. La nouvelle parvint jusqu’au préfet de Rome, Chromace, gravement malade. Celui-ci demanda l’aide de Sébastien et du prêtre Polycarpe. Ils lui promirent la guérison s’il acceptait de faire détruire les idoles païennes. Chromace se convertit, fut guéri et démissionna de sa charge. Environ 4 000 personnes embrassèrent alors la foi chrétienne.

Finalement, Sébastien fut dénoncé à l’empereur Dioclétien, qui l’aimait pourtant beaucoup. Sommé de renier le christianisme, il refusa catégoriquement. Devant l’empereur, il déclara sans crainte être disciple de Jésus-Christ.

l'l’empereur Dioclétien lui reprocha d’avoir osé le défier, alors qu’il l’avait comblé de richesses et élevé à la cour impériale, l’accusant d’être devenu ennemi de l’empereur et des dieux païens.  Dioclétien, furieux, ordonna qu’il soit attaché à un arbre et transpercé de flèches par les soldats qu’il commandait autrefois. Criblé de traits, laissé pour mort « Couvert de pointes comme un hérisson », Sébastien survécut miraculeusement grâce à l’intervention de Dieu.

Après sa guérison, il se présenta de nouveau devant Dioclétien pour l’exhorter à mettre fin aux persécutions contre les chrétiens. L’empereur resta inflexible et ordonna qu’il soit battu à mort à coups de verges de fer. Saint Sébastien mourut à Rome, le 20 janvier 288.

Son corps fut jeté dans les eaux afin d’empêcher les chrétiens de le vénérer. Mais Saint Sébastien apparut à Sainte Lucine, lui révélant l’endroit où se trouvait sa dépouille, qui fut alors recueillie et ensevelie honorablement.

Miracles après sa mort

Sous le règne du roi lombard Humbert, une terrible peste frappa l’Italie, notamment la ville de Pavie. Un ange apparut aux habitants et annonça que l’épidémie cesserait si un autel était consacré à Saint Sébastien. Après la construction de cet autel dans l’église Saint-Pierre-aux-Liens, la peste disparut. Les reliques du saint furent ensuite transférées à Pavie pour être vénérées.

Culte et patronage

Saint Sébastien est l’un des grands saints soldats martyrs de l’Église primitive. Il est reconnu comme protecteur des soldats, des gardes suisses du Vatican, des policiers, ainsi que de plusieurs confréries religieuses.
Il est également patron de nombreuses villes, parmi lesquelles :

  • Bratislava (Slovaquie)

  • Caserta, Avella, Mistretta, Assolo (Italie)

  • Melilli et Cerami (Sicile)

  • Rio de Janeiro (Brésil), fondée le 20 janvier 1502 sous le nom de São Sebastião de Rio de Janeiro

  • Palma de Majorque et Saint-Sébastien (Espagne)

Saint Sébastien repose à Rome, près des apôtres Saint Pierre et Saint Paul. Certaines de ses reliques sont conservées dans diverses églises à travers le monde.

Il est particulièrement invoqué contre les épidémies et les maladies contagieuses. En période de pandémie, comme celle du coronavirus, il est l’un des saints les plus priés, avec Sainte Rita et Saint Roch.

Le plus célèbre propagateur de sa vie fut Saint Ambroise, évêque de Milan.

Saturday, January 17, 2026

Diyosezi ya Byumba: Batatu bahwe ubupadiri

Diyosezi ya Byumba yibarutse impanga z’abapadiri batatu mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2026. Ni inkuru isa n’itangaje kuko mu Rwanda bimenyerewe ko itangwa ry’ubupadiri rikunze kuba mu gihe cy’impeshyi.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Mutarama 2026, muri Paruwasi Katederali ya Byumba habereye Igitambo cy'Ukaristiya cyatangiwemo Isakaramentu ry'Ubusaseridoti, urwego rw’ubupadiri kuri Diyakoni Oscar Kwizera uvuka muri Paruwasi Katederali ya Byumba, Diyakoni Emmanuel Kavutse uvuka muri Paruwasi ya Nyagahanga na Diyakoni Jean de Dieu Nsabimana uvuka muri Paruwasi ya Nyarurema.

Iki gitambo cyayobowe na Musenyeri Papias Musengamana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba ari kumwe na Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba wa Diyosezi ya Byumba uri mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse na Musenyeri KizitoBahujimihigo, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo uri mu kiruhuko. 

(Indi nkuru wasoma : Menya Diyosezi ya Kibungo n’abashumba bayiragijwe)

Mu izina rya baganzi be, Padiri Emmanuel Kavutse yavuze ko bishimiye kuba barahamagawe n’Imana, kandi ko bazahora barata ubuhangange bwayo.

Yagize ati: ''Turashimira Imana yo mubyeyi udahemuka twabonye ineza yayo kandi tuzahora turata ubuhangange bwayo. Uduhamagara yatweretse ko uzamukomeraho ari we uzarokoka yarabitweretse ni ahabwe ikuzo.''

Mu butumwa bwe, Musenyeri Papias Musengamana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba, yashimiye Abapadiri bashya bemeye kumvira ijwi ry'Imana, abasaba kuzaba abasaseridoti beza ku mutima kandi bicisha bugufi birinda kuba ab'isi n'ubwo batumwe mu isi ahubwo bakazaharanira kuba ab'Imana.

Ati: “Muhawe ubusaserdoti mu ntangiriro z’uyu mwaka mushya wa 2026 nk’impano n’ingabire Imana ihaye Kiliziya na Diyosezi yacu ya Byumba. Turabifuriza kuzaba abasaserdoti beza bakunda Imana kandi bakayimenyesha abandi. Muhawe ubutumwa bwo kwamamaza Inkuru Nziza y’Ivanjiri, mutumwe hano ku isi ariko ntimuzabe ab’isi, muzabe ab’Imana. Ibyo muzabishobozwa n’isengesho.”

Agaruka ku nshingano abapadiri bashya bahwe, Musenyeri Papias yabibukije ko bagiye kwigisha Ijambo ry’Imana ritagira ikirihagariko, ko atari ibitekerezo byabo bwite bagomba kwigisha. Yagize ati:  “Ntimutumwe kwigisha ibitekerezo byanyu, ntimwatumwe kwigisha amagambo y’abantu cyangwa ibyifuzo byanyu bwite, ahubwo mutumwe kwigisha Ijambo ry’Imana ridashobora kugira ikirihagarika, kandi mukaryigisha mu izina rya Kiliziya. Yezu Kristu wabatoye azakomeza kubagenda iruhande rwanyu no kubayobora.”

Musenyeri Musengamana Papias yabibukije ko ubusaseridoti bugimba kuba ubuzima, abasaba guharanira kuba abanyabikorwa bashingiye kuri Yezu Kristu. 

Ati: “Ubusaserdoti si umurimo gusa, ni ubuzima. Mwahamagariwe kuba abasaserdoti mbere na mbere, ntimuri abakozi b’Imana, ahubwo muri intumwa za Kristu. Icyo muzaba muri cyo ni cyo kizagena ibyo mukora. Muzaharanire kuba abanyabikorwa bashingiye kuri Yezu Kristu.”

Musenyeri PapiasMusengamana yifurije abadiri bashya kuba abapadiri beza kandi barangwa no kwicisha bugufi nkuko Kristu wabatoye yaranzwe no kwicisha bugufi.

Yabageneye impano y’ibitabo bizajya bibafasha gutegura inyigisho yo kugeza ku bakiristu.

Izndi nkuru wasoma: 

Diyosezi ya Byumba 2025-2026: Abasaseriodti bahawe ubutumwa

Menya Abepiskopi 13 ba Kiliziya Gatolika mu Rwanda

Thursday, January 8, 2026

Inshamake ku mibereho ya Mutagatifu Lusiyani w'i BOVE

 ... amaze kwicwa, umubiri we wahise uzengurukwa n’urumuri...bumvise ijwi rivuga riti: «Komera, mugaragu mwiza kandi w’indahemuka, utaratinye kumena amaraso yawe kubera njyewe, ngwino...»

Lusiyani w’i Bove (Beauvais) mu Bufaransa, yari umunyaroma, uvuka mu muryango w’abanyaroma.Ni we ufatwa nk’Umwepiskopi wa mbere wa Diyosezi ya Bove. Intego ye yari “Nizeye n’umutima wanjye wose kandi nemera n’akanwa kanjye ko Yezu Kristu ari Umwana w’Imana.” « Je crois de cœur et je confesse de bouche, que Jésus-Christ est le fils de Dieu. »

Ubusanzwe yitwaga Lusiyusi nka se, ariko umunsi umwe, umutagatifu witwaga Petero amaze kwigisha Inkuru nziza, Lusiyusi ahindura izina rye yitwa Lusiyani. Ahera ko azenguruka Ubutaliyani yigisha Ivanjili. Igihe rero itotezwa ry’abakirisitu ryongeye kwaduka, Lusiyani yarafashwe arafungwa, maze ku mugoroba w’uwo munsi, acika uburoko.

Ahagana mu mwaka wa 250, ni bwo Lusiyani yahawe ubwepiskopi, abuhabwa na Papa, wahise amwohereza kwamamaza Inkuru Nziza mu karere ka Gole (Gaule), ajyana na mutagatifu Diyoniziyo na mutagatifu Riyeli (Rieul). Azenguruka Ubufaransa, ariko yibera ahitwa Bove. Imigenzo myinza ye, ibikorwa bye byiza n’ibitangaza yakoreye muri ako karere byatumye abantu benshi bagera ku bihumbi 30,000 bemera Inkuru Nziza baba abakristu.

Ahagana mu mwaka wa 290, ni bwo umwami w’abami witwaga Diyoklesiyani wangaga ubukirisitu Yohereje abagabo batatu ari bo Latinusi, Jariyusi na Antori ngo bice Lusiyani. 

Lusiyani amaze kumenya ko abo bicanyi baje kumushaka ngo bamwice arahunga. Abanyaroma baje kuvumbura  inshuti zari zahunganye na Lusiyani. Nuko abo bakirisitu bicwa baciwe umutwe. Lusiyani we yabanje gukubitwa ibiboko, nyuma, acibwa umutwe. Yiciwe ahitwa Rosiyeri. 

Bavuga ko hari igitangaza cyagaragaye amaze kwicwa, umubiri we wahise uzengurukwa n’urumuri. Abantu bari aho baba barumvise ijwi rivuga riti « Komera, mugaragu mwiza kandi w’indahemuka, utaratinye kumena amaraso yawe kubera njyewe, ngwino wakire ikamba  wasezeranyijwe ».

Lusiyani yarahagurutse afata umutwe we mu biganza bye, agenda yerekeje i Bove, ahagarara hafi y’umujyi. Aho ni ho bashyinguye umurambo we nyuma baje kuhubaka urugo rw’abamonaki rwamwitiriwe. 

Banavuga ko mu gihe cy’ishyingurwa rye, aho ku irimbi hahumuraga imibavu myiza cyane, bityo bakavuga ko abamakayika bari baje muri uko gushyingura bakaba aribo bateraga uwo mubavu.

Mutagatifu Lusiyeni yubahirizwa nk’Intumwa y’akarere ka Bove (Apôtre du Beauvaisis) kuko yagize uruhare rukomeye mu kugeza abaturage benshi muri ako gace ku kwakira ukwemera gutagatifu no kugarukira Imana. Kiliziya imuhimbaza kuwa 8 Mutarama.

Sunday, December 14, 2025

Siko bizahora, nta Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu

Siko bizahora. Nta Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu. Igitambo cy'ukaristiya kitubere umwanya wo guhura n'Imana, maze Nyagasani aturishe agahinda n'imibabaro yacu atumurikire ubu n'iteka ryose.

Ni amagambo yagarutsweho mu gitambo cy’Ukaristiya cyabereyemo isengesho ryo gusabira abarwayi, cyaturiwe muri Paruwasi ya Gikondo, kuri iki cyumweru cya Gatatu cya Adiventi, tariki ya 14 Ukuboza 2025. Iyi Misa yayobowe n'abaturutse ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, bari kumwe na Padiri Boniface Ndikubwimana, Umuyobozi wa Roho ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango.

Iri sengesho ryateguwe na Paruwasi ya Gikondo ifatanyije n'Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, hagamijwe gushimira Imana ibyiza yabakoreye mu mwaka wa 2025 no kuyisaba ngo izakomeze kubarinda mu mwaka mushya wa 2026.

Mu nyigisho ye, Padiri Boniface Ndikubwimana, yavuze ko bafite ibyishimo byinshi bigaragazwa n’uko bari kugenda batera intambwe berekeza ku munsi wa Noheri. Yagize ati: ''turashimira Imana yo yabanye natwe by'umwihariko muri uyu mwaka wa Yubile y'impurirane imyaka 125 inkuru nziza igeze mu Rwanda na 2025 y'ugucungurwa kwa benemuntu, ndetse no kuba nk'abakristu ba Paruwasi ya Gikondo yaradukoreye byinshi tuyishimira.''

Padiri Ndikubwimana yasabye abakristu gutura Yezu ibibaremereye byose no kumusaba kubaherekeza mu buzima bwabo bwose. Ati: ''Yezu Nyirimpuhwe tumuture ibituvuna, umusaraba wacu, bityo akomeze kudufasha kuduha imbaraga ziduherekeza mu buzima bwacu bwa buri munsi.''

Agaruka ku mizero akwite kuranga abakristu, Padori Ndikubwimana yashimangiye ko imibabaro Atari iteka ku buzima bw’abakristu ariko na none ko ari ngombwa, abibutsa ko ibanziriza ibyishimo. Yagize ati: ''Siko bizahora, nta na Pasika itagira uwa Gatanu Mutagatifu.''

Padiri Ndikubwimana yakomeje asaba abakristu kurushaho guhura n’Imana, Yo ishobora gucogoza imibabaro ya muntu yose. Ati : ''Iki gitambo cy'ukaristiya kitubere umwanya mwiza wo guhura n'Imana, maze Nyagasani aturishe agahinda n'imibabaro yacu atumurikire ubu n'iteka ryose.

Icyumweru cya Gatatu cya Adiventi, ni icyumweru cy'ibyishimo; cyizwi ku izina rya “Gaudete in Domino Semper : Muhore mwishimye muri Nyagasani”.

Wednesday, December 10, 2025

Address of the Pope to the European Conservatives and Reformists Group

This morning, in the Vatican Apostolic Palace, the Holy Father Leo XIV received in audience a delegation of the European Conservatives and Reformists Group of the European Parliament. The following is the address delivered by the Holy Father to those present:

Address of the Holy Father

Good morning to you all, and welcome to the Vatican.

I am pleased to have this opportunity to greet your Delegation on the occasion of your participation in the ECR Group Conference being held during these days here in Rome.

First, I would like to thank you for your work in serving not only those you represent in the European Parliament but all the people in your communities. In fact, to hold any high office within society comes with the responsibility to advance the common good. I especially encourage you, therefore, never to lose sight of the forgotten ones, those on the margins, those whom Jesus Christ called “the least” among us (cf. Lk9:48). 

As democratically elected officials, you reflect a range of views that sit within a wider spectrum of diverse opinions. Indeed, one of the essential purposes of a parliament is to enable such views to be expressed and discussed. Yet the mark of any civilized society is that differences are debated with courtesy and respect, for the ability to disagree, listen attentively, and even to enter into dialogue with those whom we may regard as opponents. This bears witness to our reverence for the God-given dignity of all men and women. I invite you, then, to look to Saint Thomas More, the patron of politicians, whose wisdom, courage and defence of conscience are a timeless inspiration for those who seek to foster the wellbeing of society.

In this regard, I readily echo the appeal of my recent predecessors that European identity can only be understood and promoted in reference to its Judeo-Christian roots. The purpose of protecting the religious legacy of this continent, however, is not simply to safeguard the rights of its Christian communities, nor is it primarily a question of preserving particular social customs or traditions, which in any case vary from place to place, and throughout history. It is above all a recognition of fact. Moreover, everyone is a beneficiary of the contribution that the members of the Christians communities have made and continue to make for the good of European society. We need only call to mind some of the important developments in Western civilization, especially the cultural treasures of its towering cathedrals, sublime art and music, and advances in science, not to mention the growth and spread of the universities. These developments create an intrinsic link between Christianity and European history, a history which should be cherished and celebrated.

In a particular way, I think of the rich ethical principles and patterns of thought that are the intellectual patrimony of Christian Europe. These are essential for safeguarding the divinely bestowed rights and inherent worth of every human person, from conception to natural death. They are likewise fundamental for responding to the challenges presented by poverty, social exclusion, economic deprivation, as well as by the ongoing climate crisis, violence and war. To ensure that the voice of the Church, not least through her social doctrine, continues to be heard, is not about the restoration of a past epoch, but of guaranteeing that key resources for future cooperation and integration are not lost.

Here, I would reiterate the importance of what Pope Benedict XVI identified as the necessary dialogue between “the world of reason and the world of faith – the world of secular rationality and the world of religious belief” (Address to Civil Society, Westminster Hall, London, 17 September 2010). Indeed, this public conversation, in which politicians have a highly significant role, is vital for respecting the specific competence of each, as well as for supplying what the other needs, namely a mutually “purifying” role for ensuring that neither falls prey to distortions (cf. ibid.). My prayer is that you will play your own part in engaging positively in this important dialogue, not only for the sake of the people of Europe, but of our entire human family.

With these few thoughts, I assure you of a remembrance in my payers, and I invoke upon you and your families God’s blessings of wisdom, joy and peace. Thank you. (source:Holy See Press Office)

Monday, December 1, 2025

Dukumire ko ihohotera ryarangwa mu miryango yacu.

Abihayimana n’abafatanyabikorwa mu kwita ku muryango, no kwimakaza ubutabera n’amahoro barasabwa gukumira ihohoterwa mu muryango no gutegura urubyiruko bagakurana indangagaciro zifasha mu kubaka umuryango utekanye.

Byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza 2025, mu nama nyunguranabitekerezo 'ku gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, yabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie [CML]. Ni inama yateguwe na Komisiyo y’ubutabera n’Amahoro mu rwego rwo kurebera hamwe ihohoterwa rikorerwa mu muryango, imbogamizi zihari ndetse no gushakira hamwe uburyo bwo kurirandura burundu, hazirikanwa insanganyamatsiko igira iti: “Twubake umuryango uzira ihohoterwa.’’

Bamwe mu bitabiriye iyi nama bavuga ko ihohoterwa rishingiye mu miryango riterwa no kuba imiryango iregetse, aho abana baba bashingiye ku nyungu aho kuba ku rukundo.

Padiri Sylvère Komezusenge ushinzwe urukiko rwa Kiliziya, yagize ati: “Ikibazo tubona mu isesengura ni uko dusanga hari imiryango yari iregetse. Niba hari umukobwa n’umusore babanye badakundanye byanze bikunze icyo umwe yashakaga azakibona, impamvu yo gushyingirwa kwabo ibe irarangiye kubana kwabo bibe ku gahato. Ibi twarabibonye kandi bikagira ingaruka.”

Akomeza avuga ko iki kibazo cyakemurwa no gutegura urubyiruko, kugira ngo rukurane indangagaciro za ngombwa mu kubaka umuryango. Padiri Komezusenge yagize ati: “Umuti ni uko nibura twategura urubyiruko bagakurana indangagaciro zirimo kubahana, ubudahemuka, gukomera ku isezerano nk’imbuto z’icyemezo umuntu yafashe, bigafasha mu kurera umuryango utunganye.''

Ikindi cyagarutsweho nk’umuti ku ihohoterwa ni ukubaha uburenganzira bw’ikiremwamuntu, no kubaka umuryango uzira inabi, aho abana bakura bumvikana n’abayeyi mu guharanira ineza y’umuryango. Padiri Lambert Dusingizimana, Umunyamabanga w'Ibiro bishinzwe Uburezi Gatolika, mu Nama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, ati: “Turengere umwana, twubaha uburenganzira bw’ikiremwamuntu bizadufasha gutsinda iri hohotera.

Padiri Valens Niragire, Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y'Ubutabera n'Amahoro, yavuze ko ihohoterwa rishobora gukorerwa aba Mama, abana, ndetse n’aba Papa mu rugo, ati: “icyo twifuza ni ugushyira hamwe imbaraga kugira ngo twubake umuryango uzira inabi kandi uzira ihohotera. Abana bagakura bari mu muryango, ababyeyi babo bumvikana baharanira ineza y’umuryango.”

Ati: ''Iyo mu muryango hajemo guhohoterana, no guhezwa umuryango uba watangiye kwangirika, dukumire rero ko ihohotera ryarangwa mu miryango yacu. Iyo tuvuze ihohotera, cyane twumva abana b’abakobwa bakunze kwibasirwa naryo ubuzima bwabo bukajya mu kaga.’’

Padiri Niragire yavuze ko ihohoterwa riri ukwinshi kandi ahantu hatandukanye, asaba ubufatanye mu kurirwanya no kubaka umuryango utekanye. Yagize ati: “Hari ihohotera ry’amagambo, gukubita no gukomeretsa n’irikorerwa ku mbuga nkoranyambaga, aho dutuye aho dukorera twese duhaguruke turwanye ihohotera iryo ari ryo ryose tugire umuryango utekanye.’’

Iyi nama ni kimwe mu bikorwa bikorwa by’iminsi 16 y’ubukangurambaga igamije kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, u Rwanda rwifatanyijemo n’isi yose kuva tariki ya 25 ugushyingo kugera kuwa 10 ukuboza.

Yitabiriwe n’abihayimana, bamwe mu bagize imiryango itandukanye itari iya Leta, urubyiruko rw’abanyeshuri babarizwa muri Club yo kurwanya ihohoterwa, n’abandi bafatanya bikorwa bahuriye ku ntego yo gushakira igisubizo kirambye ihohotera rikorerwa mu miryango.

Friday, November 21, 2025

Promulgation of Decrees of the Dicastery for the Causes of Saints, Nov 21, 2025

During the Audience granted to His Eminence Cardinal Marcello Semeraro, prefect of the Dicastery for the Causes of Saints, the Supreme Pontiff authorized the same Dicastery to promote the Decrees regarding t
he martyrdom of the two Servants of God and the heroic virtues of the four Servants of God:

The martyrdom of the Servant of God Ubaldo Marchioni, diocesan priest, born on 9 Mary 1918 in Vimignano di Grizzana Morandi, Italy, and killed in hatred of the faith on 29 September 1944 in Casaglia/Marzabotto, Italy;

The martyrdom of the Servant of God Martino Capelli (né Nicola), professed priest of the Congregation of the Priests of the Sacred Heart of Jesus, born on 20 September 1912 in Nembro, Italy, and killed in hatred of the faith on 1 October 1944 in Pioppe di Salvaro, Italy;

The heroic virtues of the Servant of God Enrico Bartoletti, archbishop of Lucca, born on 7 October 1916 in Calenzano, Italy, and died on 5 March 1976 in Rome, Italy;

The heroic virtues of the Servant of God Gaspare Goggi, professed priest of the Congregation of Divine Providence, born on 6 January 1877 in Pozzolo Formigaro, Italy, and died on 4 August 1908 in Alessandria, Italy;

The heroic virtues of the Servant of God Mary of the Sacred Heart (née Maria Glowry), professed religious sister of the Society of Jesus, Mary and Joseph, born on 23 June 1887 in Birregurra, Australia, and died on 5 May 1957 in Bangalore, India;

The heroic virtues of the Servant of God Maria de Lourdes Guarda, lay faithful, born on 22 November 1926 in Salto, Brazil, and died on 5 May 1996 in São Paulo, Brazil. (source: Press Office of the Holy See, Daily Bulletin)

Thursday, November 20, 2025

Komisiyo y’umuryango irasabwa kurwanya icyataka umuryango

Musenyeri Edouard Sinayobye, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Cyangugu akaba na Perezida wa Komisiyo y’umuryango mu Nama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda arasaba abashinzwe kwita ku muryango kumva neza ibibazo byugarije umuryango no gufata ingamba zikwiye mu guhashya ibyonnyi byugarije umuryango. 

Byagarutsweho mu nama ya Komisiyo y’umuryango, yabereye i Kigali, ku Irebero, mu Rugo rw’Ababikira b’Abadominikani (Soeurs Dominicaines Missionnaries D’afrique) kuri uyu wa kane tariki ya 20 Ugushyingo 2025. 

Ni inama yahuje abahuzabikorwa ba serivisi z’ubusugire bw’ingo mu ma Diyosezi no ku rwego rw’igihugu, n’abapadiri bashinzwe Komisiyo y’umuryango mu maparuwasi, ikaba yari igamije gutegura gutangira gushyira mu bikorwa igenamigambi ry'imyaka 5 ry'ibyo biyemeje. 

Yagize ati: ''Twese dukeneye kumva ikibazo gihari n’akamaro ko gufata ingamba zikwiye bitewe n’uko ikibazo kimeze, ikindi ni ukurwanya ikibi gishaka kwataka umuryango. Mu muryango haratakwa kandi dukwiye kugira icyo dukora ntidutinye. Ni koko umuryango wugarijwe n’ibibazo twebwe tugomba kubyumva kurusha abandi.’’ 

Agaruka ku ngamba abona zikwiye gufatwa kugira ngo Komisiyo y’umuryango ikomeze kujya mbere, Myr Sinayobye yasabye abitabiriye iyi nama kurushaho guha umanya uhagije abitegura gushinga urugo n’abafite ibibazo birimo no guterwa inda kugira ngo bashobore kubafasha uko bikwiye. 

Ati: ''Muri iki gihe abantu nta gihe dufite, hari ababa bafite ibibazo nk’abatewe inda ariko ugasanga turabatereranye tukabaseka kandi tutabegereye. Bariya bana b’abakobwa barwana urugamba hari abashukishwa amafaranga n’ibindi tubahe umwanya uhagije tubatege amatwi aho kuvuga ngo bameze nabi. Bameze nabi kuko ibintu bimeze nabi. Twongere twibaze ngo ese abitegura gushinga urugo tubaha umwanya tukabatega amatwi bihagije?’’ 

Soeur Agnes Uwimana Umuyobozi
Sr Agnes Uwimana, Umuyobozi wa Serivisi y’ubusugire bw’ingo, yavuzeko mu myaka 40 ishize iyi Komisiyo y’umuryango ikora babashije guherekeza ingo zirenga ibihumbi 20. 

Yavuze ko nka Komisiyo bifuza ko serivisi zarushaho kwegera abagenerwabikorwa. 

Yagize ati: ''Uyu mwaka turifuza ko Serivisi zegerezwa abagenerwabikora ndetse abazadufasha bagahugurwa kugira ngo tubone uko dufatanya.’’ 

Mu rwego rwo gukemura zimwe mu mbogamizi ziri muri serivisi y’ubusugire bw’ingo, Abapadiri bitabiriye iyi nama ya Komisiyo y’umuryango, bagaragaje ko hakwiye gushakwa uburyo abafasha bashakirwa igihembo bajya bahabwa, bagahabwa n’amahugurwa kugira ngo barusheho gusobanukirwa n’ibyo bakora kandi hagakazwa ubukangurambaga bahereye mu nzego zo hejuru. 

Muri iyi nama, Musenyeri Edouard Sinayobye yayoboye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Musenyeri Casimir Uwumukiza wari umaze imyaka igera kuri 3 ari Umunyamabanga wa Komisiyo y’umuryango na Padiri Fraterne NAHIMANA umusimbuye muri izi nshingano. 

Musenyeri Casimir Uwumukiza ni igisonga cya Arikiyepiskopi wa Kigali, naho Padiri Fraterne NAHIMANA ni umusaseridoti wa diyosezi ya NYUNDO, ukorera ubutumwa muri Zone Pastorale Kibuye.

Sunday, November 2, 2025

John Henry Newman, umuhanga wa 38 mu nyigisho za Kiliziya

Kiliziya yungutse umuhanga wa 38 mu nyigisho zayo. Ku wa 1 Ugushyingo 2025, ku munsi w’Abatagatifu bose wizihizwa kuwa 1 Ugushyingo buri mwaka, Nyirubutungane Papa Leon XIV yatangaje Mutagatifu John Henry Newman, wavukiye mu Bwongereza, nk’umuhanga wa 38 mu nyigisho za Kiliziya, akaba n’umurinzi w’uburezi Gatolika ku isi yose. Ku rutonde rw'Abahanga mu nyigisho za Kiliziya akurikira Mutagatifu Irene w'i Lyon, umwe mu bakurambere ba Kiliziya, umumaritiri wambere wageze kuri uru rwego, akaba n’uwambere wavuze iby’uruhererekane rw’inyigisho za Kiliziya avuguruza ubuyobe. Yageze kuri uru rutonde mu 2022.

John Henry Newman ni muntu ki?

John Henry Newman yavukiye i Londres kuwa 21 Gashyantare 1801, apfira i Edgbaston kuwa 11 Kanama 1890. Ku ikubitiro yari umwangilikani, mu 1845 nibwo yahindukiriye ukwemera kwa Kiliziya Gatolika. Yiga muri kaminuza ya Oxford, nibwo yabaye Pasiteri mu Itorero Angilikani, aba icyamamare n’umwigisha ukomeye mu by’iyobokamana kubera no kwandika inyandiko nyinshi zigamije kurengera ubwigenge bw’Itorero ry’Abangilikani imbere y’ubutegetsi bw’u Bwongereza.

Ubushakashatsi bwe ku Bakurambere ba Kiliziya (les Pères de l'Église) ni bwo bwamutumye ahinduka, nyuma yo kumenya Kiliziya Gatolika ari yo irinda neza imizi y’ukwemera kwa Gikristu, bituma ayigana. Yahawe ubupadiri mu 1847, ashinga Umuryango “la Congrégation de l'Oratoire” mu Bwongereza, hanyuma ajya i Dublin gushinga kaminuza ya gikirisitu. 

Hari bamwe mu mu basaseridoti (clergé catholique britannique) batamwumvaga neza, mu gihe abo yasize mu Itorero Angilikani bamufataga nk’umuhakanyi (apostat). Kugira ngo asobanure impamvu z’ihinduka rye, yanditse igitabo Apologia Pro Vita Sua, cyamuhaye izina rikomeye. 

Igihe havukaga impaka ku ihame ryo kutibeshya kwa Papa (infaillibilité pontificale), Newman yanditse Ibaruwa yandikiye Duke wa Norfolk, arengera Kiliziya Gatolika; ibitekerezo by’iyo baruwa byagarutsweho mu nama ya Vatican II. Papa Leo XIII, watowe mu 1878, yamugize karidinali mu 1879. John Henry Newman yapfuye afite imyaka 89.

Yabaye umwigisha ukomeye mu by’iyobokamana n’ubumenyamuntu bwa Kristu (Christologie), kandi afatwa nk’imwe mu nkingi zikomeye za Kiliziya Gatolika mu Bwongereza, hamwe na Thomas More, Henry Edward Manning na Ronald Knox. Yabaye umuntu w’igenzi ku bandi banditsi n’abahanga benshi b’Abagatolika b’i Burayi, cyane cyane abari baravuye mu Itorero ry’Abangilikani. Nk’uko Xavier Tilliette yabivuze, “ni umuntu wihariye cyane, umeze nk’Itara rya Pasika muri Kiliziya Gatolika y’ikinyejana cya 19.”

Ibyanditswe bye nka Grammaire de l’assentiment na Apologia Pro Vita Sua byabaye isoko y’inyigisho (reference) ku banditsi nka G. K. Chesterton, Evelyn Waugh, Julien Green, ndetse n’abahanga muri Tewolojiya na Filozofiya nka Avery Dulles, Erich Przywara na Edith Stein, uyu akaba yarahinduye bimwe mu bitabo bye mu kidage. John Henry Newman yashyizwe mu rwego rwa “Venerable” na Kongere ishinzwe iby’Abatagatifu mu 1991, maze Papa Benedigito wa XVI amushyira mu rwego rw’Abahire i Birmingham ku ya 19 Nzeri 2010. Papa Fransisiko yamutangaje nk’umutagatifu ku ya 13 Ukwakira 2019.

Saturday, October 18, 2025

Basabwe kwigira kuri Kolping, bakarwanya ubukene n’ubutindi

Abanyamuryango ba Rwanda Kolping Society, basabwe kurwanya ubukene n’ubutindi, guharanira ubumenyi, gusenga ndetse no gukora, nka Kloping. Byose bakabikora ku buntu bw'Imana no ku nyungu z'abayo.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 18 Ukwakira 2025, mu rugendo nyobokamana, abanyamuryango basaga 3250 baturutse mu madiyosezi yose yo mu Rwanda, bakoreye muri Diyosezi Gatolika ya Kibungo. Ni urugendo rwari rugamije gusabira umupadiri w’umudage, Umuhire Adolph KOLPING, washinze uyu muryango ngo azashyirwe mu rwego rw'abatagatifu, igikorwa cyakozwe uyu munsi n’abanyamauryango ba Kolping ku isi yose.

Mu gitambo cyayobowe na padiri Festus NZEYIMANA, Omoniye w’uyu muryango mu Rwanda, ashingiye kandi ku ntego z’uyu muryango nk’uko zibumbiye mu magambo atatu: Senga, Iga na Kora ari nazo nkingi z'ubuzima bwa Kolping. Yasabye abanyamuryango ba Kolping gufasha abakristu gukunda ubumenyi kuko butanga icyubahiro no kwigira.

Yagize ati: “Bavandimwe, umuhire Adolph Kolping tuzirikana kandi dushima, yashishikarizaga urubyiruko kwiga n'abandi guhora bihugura. Kuko ubumenyi butanga ikerekezo, bugatanga icyubahiro ndetse no kwigira. Abanyamuryango ba Kolping tugomba gutekereza uko twafasha urubyiruko rwacu ndetse n'abandi kwiga, gukunda ubumenyi, kwiyungura ubumenyi haba mu by'iyobokamana no mu buzima busanzwe burangwa n'ibikorwa byo kwiteza imbere.”

Yibukije abakristu ko isengesho rigomba kujyana n’ubumenyi ndetse n’ibikorwa, bityo umukristu, ashobore guhindura isi amurikiwe n’ukwemera, afatanye na Yezu gukiza isi. Padiri NZEYIMANA ati: “Bavandimwe, isengesho ni ngombwa mu buzima, ubumenyi nabwo burakwiye ariko nabyo bikenera indi nkingi ya gatatu ijyanye n'ibikorwa. Kora Imana iguhere umugisha mu byo ukora. Kolping yashinze imiryango y'abakozi, ibigisha gukorera hamwe no kurwanya icyasubiza umuntu inyuma cyose. Bavandimwe, natwe ntituzemere kurebera, dufatanye na Yezu gukiza isi, turwanye ubukene, ubutindi, turwanye icyasubiza umuntu inyuma cyose muri iki gihe. Dukore, dukoreshe ubumenyi. Niduherekezwe n'ukwemera kwacu maze duhindure iyi si yacu.”

Padiri Festus NZEYIMANA yibukije abakristu ko umuryango wa Kopling ugomba guharanira ko urubyiruko rugira icyerekezo n’ubuzima bufite intego, n’abatera ikirenge mu cya Padiri Kopling bakabaho ubuzima bushingiye ku isengesho. 

Yagize ati: “Uyu muryango padiri Adolph Kolping yatangije, ugomba guhagurukira gufasha imiryango kuba intangarugero, ugomba gufasha urubyiruko kugira ikerekezo no kugira ubuzima bufite intego no gushyira mu bikorwa inyigisho za Kiliziya zishingiye ku butabera, ndetse no kubaha umuntu. Bavandimwe, ndagira ngo ngaruke ku ntego y'umuryango wacu.”

Akomeza agira ati: “Izo ntego turazibuka twese kuko zibumbiye mu magambo atatu: Senga, Iga na Kora. Navuga ngo ni inkingi z'ubuzima bwa Kolping. Kolping yari umusaseridoti w'umutima urangwa n'isengesho, yari azi ko nta bikorwa bitunganye bishobora kubaho bidashingiye ku isengesho. Abagera rero ikirenge mu ke, tugomba kuba abantu bafite ubuzima bushingiye ku isengesho. Tugakorera Imana n'abayo ariko tutibagiwe ko byose bitangirira ku Mana.”

Uru rugendo nyobokamana rwakorwe muri Diyosezi ya Kibungo, rwabimburiwe n’umuhango wo guca mu muryango w’impuhwe. Abanyamuryango bahawe kandi inyigisho kuri indulugensiya, yatanzwe na padiri Gerard Maniragaba, padiri mukuru wa Paruwasi katederali ya Kibungo, 



bagira n’umwanya wo gushengerera Yezu Kristu uri mu Isakaramentu ry'Ukaristiya.

Padiri Kolping yavutse ku wa 08 ukuboza 1813, yitaba Imana ku wa 04 Ukuboza 1865. Yashyizwe mu rwego rw’abahire mu Ukwakira 1991 na Papa mutagatifu Yohani Pawulo II. 

Umuryango washinzwe na Padiri Adolph KOLPING, watangiye witwa ishyirahamwe ry’abanyamwuga “Journey Men’s Association”, amaze kwitaba Imana, uhinduka umuryango mpuzamahanga wa KOLPING “International Kolping Society”. 

Uyu muryango ufite ubutumwa bwo gufasha abantu gutera imbere kuri roho no ku mubiri, no kubashishikariza gutunganya umuhamagaro wo gukomeza isi no kuyigira nziza. Mu Rwanda umuryango wa Kolping wahageze ku wa 19 ukuboza 1999.

Saturday, October 11, 2025

Igitekerezo: Umusaseridoti watsinzwe ni we musaseridoti watsinze

Padiri wo mu gihugu gito yagiye ku rusengero afite ishyaka n’umwete wo gusoma indi Misa y’umugoroba. Ariko igihe cyarageze abantu bo mu gihugu ntibahagera. Nyuma y’iminota 15 ategereje, hinjiye abana batatu, nyuma y’iminota 20 hinjira abajene babiri. Nuko afata icyemezo cyo gutangirana n’abo batanu bari bahari. 

Mu gihe Padiri yigishaga kandi asobanura Ivanjili, haje umugabo n'umugore bicara ku ntebe z'inyuma, nyuma haje n'undi mugabo usa n’uwanduye, afite umugozi mu ntoki. Nubwo yari afite agahinda n’akababaro ko kubona abantu bake, Padiri yasomye Misa afite urukundo rwinshi kandi yigisha afite umwete.

Asoje, mu rugendo rujya iwe, yagabweho igitero n’abajura babiri baramukubita bikomeye, bamwambura isakoshi irimo Bibiliya n’ibindi bintu by’agaciro. Ageze ku nzu y’abasaserdoti, ari kwiyitaho no kuvura ibikomere, yavuze ati:“Iyu niwo munsi mubi kurusha indi mu buzima bwanjye, umunsi w’itsindwa ry’ubusaseridoti bwanjye, n’umunsi w’akazi kanjye katagize icyo kamara; ariko... byose nabikoze hamwe n’Imana kandi kubera Yo.” 

Hashize imyaka itanu, Padiri yafashe icyemezo cyo gusangiza iyi nkuru abakirisitu be mu rusengero. Ariko amaze kuyirangiza, umugabo n’umugore b’ingenzi muri paruwasi barahaguruka baramubwira bati: “Padiri, ya couple wavuze cyicaye inyuma mu rusengero, ni twe. Icyo gihe twari hafi yo gutandukana kubera ibibazo byinshi mu rugo. Iryo joro twari twafashe icyemezo cyo gusinya gatanya, ariko tubanza kuza mu rusengero kugira ngo dukureho impeta z’ubukwe maze buri wese akomeze inzira ye. Ariko nyuma yo kumva inyigisho yawe y’uwo mugoroba, twahinduye imitima, duhitamo kudatandukana. Ubu turi hano, dufite urugo rwiza n’umuryango wongeye kubakwa.” 

Mu gihe bari bavuga ibyo, undi mugabo ukize cyane, ufasha cyane kiliziya, yasabye ijambo aravuga ati: “Padiri, ni njye mugabo wari waje usa n’uwanduye, mfite umugozi mu ntoki. Icyo gihe nari hafi yo gusenya ubuzima bwanjye. Nari narabaswe n’ibiyobyabwenge, umugore n’abana barantaye kubera urugomo rwanjye. Iryo joro nagerageje kwiyahura ariko umugozi waracitse. Nuko njya kugura undi, ariko mu nzira mbona urusengero rufunguye, ndinjira nubwo nari mubi kandi mfite umugozi mu ntoki. Iryo joro inyigisho yawe yansunitse umutima, ntahana icyifuzo cyo kongera kubaho. Ubu ndi mu buzima bushya, narakize ibiyobyabwenge, umuryango wanjye waragarutse kandi ubu ndi umucuruzi ukomeye cyane mu mujyi.” 

Icyo gihe, diyakoni ahamagara ava ku muryango wa Sakristiya aravuga ati: “Padiri, ndi umwe mu bajura baguteye icyo gihe. Uwo twari kumwe yarapfuye iryo joro ubwo twari mu bindi byaha. Mu isakoshi yawe harimo Bibiliya. Nayisomaga buri gitondo. Nyuma yo kuyisoma kenshi, umutima wanjye warahindutse, mpitamo gukorera Imana muri iyi kiliziya.” Padiri yararize cyane, arira hamwe n’abakirisitu bose bari aho. Nyamara uwo munsi yibwiraga ko ari umunsi w’itsindwa, nyamara wari umunsi w’agakiza n’intsinzi ku bandi. 

 ICYO TWAKURA MURI IYI NKURU 

Kora inshingano zawe, wiyemeje n’umutima wose, nubwo abantu baba ari bake. Tanga ibyiza byose uko ushoboye, kuko buri munsi ushobora kuba igikoresho cyiza mu buzima bw’umuntu. No mu minsi mibi cyane, ushobora kuba umugisha ku bandi. Imana ishobora gukoresha “ibyago” by’ubuzima kugira ngo ikore ibitangaza bikomeye.

Wednesday, October 8, 2025

Rwanda: Urukiko rwa Kiliziya rwabonye Umuyobozi mushya

Kuri uyu Gatatu, tariki ya 8 Ukwakira 2025, nibwo Mgr Vincent Harolimana, wari umaze imyaka 13 ayobora Urukiko rwa yasimbuwe ku mugaragaro na Mgr Jean Bosco Ntagungira, wagizwe umuyobozi mushya. Uyu muhango w’ihererekanyabubasha wabereye mu kigo cy’ikenurabushyo cy’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda giherereye ku Ruyenzi. 

Aganira n’itangazamakuru rya Kiliziya, Mgr Vincent Harolimana, yakomoje ku rugendo rw’imyaka 13 amaze ayoboye urukiko rwa Kiliziya, avuga ko yishimira aho rugeze n’uburyo rwagiye rwubakwa. Yagize ati: “Ni byo koko abepiskopi Gatolika bansabye kuyobora uru rukiko, maze imyaka 13 ndurimo. Twararwubatse rugenda rukura, tubona abapadiri bize amategeko ya Kiliziya (droit canonique), rukomera mu mikorere.” 

Kimwe mu byagarutswe no Mgr Visenti cyafashije uru rukiko mu gutanga ibisubizo byihuse ku barugana ni umubare w’abacamanza 17, bakoranye umurava n’ubushisho bityo abagana urukuko bagashobora kubona ibisubizo byihuse, bijyanye n’ubushobozi rufite n’ubutumwa bwa Kiliziya. 

Agaruka ku bufatanye hagati y’urukiko n’ubuyobozi bukuru bwa Kiliziya mu Rwanda, byumwihariko za Diyosezi, aho ibibazo bisuzumirwa mbere yo koherezwa ku rwego rw’igihugu, yagize ati: “Uburyo dukorana na za Diyosezi burashimishije. Hari urukiko ku rwego rw’igihugu, ariko n’imbere muri buri Diyosezi haba hari urwego rw’ibanze. Imirimo myiza ikorwa iragaragara, ndetse byose bigakorwa bifite umurongo n’ubunyamwuga.” 

Umuyobozi mukuru mushya w’Urukiko rwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Mgr Jean Bosco Ntagungira  yavuze ko yakiriye inshingano yahawe n’umutima ushima, kuko Urikiko rwa Kiliziya mu Rwanda ari urwego afitemo ubunararibonye bw’imyaka myinshi. 

Ati: “Ni inshingano nzi neza. Uru rukiko namenyanye narwo kuva rwasubukurwa mu 2007, nyuma yo guhagarara kuva mu 1994. Nabaye umucamanza, ndetse nabaye moderateri warwo. Ni umurimo usanzwe umba hafi kandi nsanzwe nkora. 

Mgr Ntagungira akomeza agira ati: “Tugiye gushyiraho uburyo bwihuse bwo kurangiza imanza nyinshi. Ubu hari Padiri uhoraho urwicayemo, ndetse tugiye no gushyiraho gahunda y’uko amadosiye atunganywa neza: abakorera ubushakashatsi (ankete), abayobora ibiganiro, n’abacamanza bakajya batoranya dosiye no muri za zone bakoreramo.” 

Kimwe mu bizafasha mu koroshya no kwihutisha imirimo y’urukiko, ni imikoreshereze y’ikoranabuhanga. Mgr Ntagungira ati: “Ubu hagiyeho uburyo bw’ikoranabuhanga, tuzabushyiramo imbaraga kugira ngo amadosiye yihute. Ni ngombwa ko ibyo dusabwa byose bikorwa neza, kandi ku gihe.” 

Uwagannye urukiko rwa Kiliziya mu Rwanda ntanyurwe n’imyanzuro, agana Urukuko rwa Gitega mu Burundi kuko ari rwo rukiko rw’ubujurire rwashyizweho ku bufatanye bwemewe na Vatikani. Ni byo Mgr Mgr Ntagungira avuga muri aya magambo: “Nta rubanza rucibwa ngo ntihabeho ubujurire. Ni yo mpamvu twiyambaje Urukiko rwa Gitega, rwabaye urw’ubujurire rwacu, kandi Kiliziya Gatolika mu Burundi yarabitwemereye ndetse na  Roma yarabyemeye.” 

Mgr Ntagungira afite Impamyabumenyi y'Ikirenga mu Mategeko ya Kiliziya yakuye i Roma mu Butaliyani (1994-2001) naho uwo asimbuye afite Impamyabumenyi y'Ikirenga bya tewolojiya (Doctorat de théologie dogmatique) yakuye muri Université Pontificale Grégorienne (1993-1999).

Monday, September 1, 2025

Ku myaka 92, Abayobozi 24

Kinyamateka ni ikinyamakuru cy'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda. Cyashinzwe kuwa 1 Nzeri 1933, na padiri Antoine Goubeau wo mu bapadiri Bera abisabwe na Musenyeri Leon Paul Classe, wari umushumba wa Vikariyati ya Kabgayi. 

Kuri iyi tariki ya 1 Nzeri 1933, nibwo hasohotse nomero ya mbere ya Kinyamateka, ikinyamakuru cyabimburiye ibindi byose byandika mu Rwanda. Cyakurikiwe n’ibindi birimo Trait-d’Union (1942), Servir (1944), L’Ami (1945), Théologie et Pastorale au Rwanda (1946), Kurerer’Imana (1951) na Hobe (1954).

Kuva tariki ya 1/09/1933 kugeza 1/09/2025, Imyaka 92 iruzuye. Muri iyo myaka iki kinyamakuru cyayobowe n’abagera kuri 24, barimo Abafaratiri 2 n’umubikira 1.

Dore Abayobozi bayoboye Kinyamateka kuva yashingwa mu 1933:

  1. Padiri Goubeau Antoine (1933 - 1934)
  2. Padiri De Meire (1934 - 1934)
  3. Padiri Merry Charles (1934 - 1938)
  4. Faratiri KAGAME Alexis (1938 - 1939)
  5. Padiri Van Overshelde Antoine (1939 - 1941)
  6. Padiri Kagame Alexis (1941 - 1947)
  7. Padiri Endriatis Reginald (1952 - 1954)
  8. Padiri Dejemeppe Arthur (1954 - 1955)
  9. Padiri MUSONI Boniface (1955 - 1957)
  10. Myr Gasabwoya Innocent (1957 - 1959)
  11. Faratiri Maryomeza Theophile (1960)
  12. Padiri Kalibwami Justin (1961 - 1963)
  13. Padiri Dejemeppe Arthur (1963 - 1966)
  14. Padiri MAIDA Enzo (1966 - 1968)
  15. Padiri RUGAYAMPUNZI Simon (1968 - 1971)
  16. Soeur Marie Louise MOULART (1971 - 1980)
  17. Padiri Silvio SINDAMBIWE (1980 - 1985)
  18. Myr GASABWOYA Innocent (1986 - 1988)
  19. Myr SIBOMANA Andre (1988 - 1997)
  20. Padiri KAREKEZI Dominique (1997  -  2007)
  21. Padiri NKUSI Pierre Claver (2008  -  2011)
  22. Padiri GASANA Vincent (2011  -  2015)
  23. Padiri NIYIGENA Leodegard (2015  -  2019)
  24. Padiri MUTABAZI Fidele (2019  - …)



Abapalotini: Intara y’Umuryango Mutagatifu yabonye Umuyobozi mushya

Kuri uyu wa 22 Mutarama 2026, ni bwo hatangajwe ko Padiri Jean Pierre NSABIMANA, wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Gikondo muri Arkidiyosezi...