Sunday, May 22, 2022

Rita w’i Kashiya, umutagatifu w’ibidashoboka

I Roccoporena mu Butaliyani ni ho Rita yavukiye mu 1381. Ubusanzwe yitwaga Marigarita, nuko abaturage bahina izina rye bamwita RITA. Nyina wari umukristukazi w’indahinyuka yahoraga amutoza kenshi kuzirikana ububabare bwa Yezu ku musaraba. Rita amaze gukura yashatse kwiyegurira Imana ariko ababyeyi be bamuhitiramo gushaka umugabo bati: “ni wowe dufite wenyine kandi dore turashaje, dukeneye ko uguma hafi yacu”. Nuko Rita yanga kubabaza ababyeyi be. Ashyingiranwa n’umugabo witwaga Pawulo babyarana abahungu babiri. Uwo mugabo ariko nyuma amubera umuhemu amufata nabi, akamukubita mbese akamugirira inabi nyinshi. Rita akomeza kwihanganira izo ngorane zose, agasenga cyane, akita ku bakene, n’abarwayi akabafasha, mbese agahozaho mu kwihata imigenzo myiza y’ubutagatifu. Ibyo byose ntibyamubuzaga no kwita ku rugo rwe. Rita yahoraga asabira umugabo we mu isengesho rihoraho n’amarira menshi. Bitinze Imana yumvise amasengesho ye n’amarira ye maze umugabo we wari icyago ahinduka umukristu mwiza, babana mu mahoro.

Nyuma yagize undi musaraba uremereye, apfusha umugabo we akurikirwa n’abahungu be bombi, asigara aho wenyine. Nuko asaba kwiyegurira Imana muri monasiteri y’i Kashiya babanza kumurushya ariko Imana iramugoboka baramwakira. Bavuga ko bamaze kumwangira kwinjira muri icyo kigo, ijoro rimwe, abatagatifu batatu: Yohani Batisita, Agusitini na Nikola w’i Tolentino binjije Rita muri icyo kigo cy’abihayimana mu buryo bw’igitangaza, maze umukuru w’uwo muryango bikamuyobera kuko inzugi zose zari zikinze. Uwo mubikira ukuriye urwo rugo ntiyajijinganyije mu kwakira iyo roho yari ije ishaka kwiyegurira Imana aho muri urwo rugo. Rita amaze kwakirwa muri uwo muryango w’ababikira bisunga Mutagatifu Agusitini, yakomeje umugenzo mwiza wo kwibabaza, kwigomwa umugati n’amazi, no kurara asenga igihe kinini mu ijoro.

Iyo migenzo myiza yayikomeyeho ubuzima bwe bwose.  Igihe kimwe yari imbere y’umusaraba wa Kristu asenga, ihwa riva ku kizingo cy’amahwa kiri ku mutwe w’ishusho ya Yezu Kristu, nuko rimukomeretsa mu ruhanga, icyo gikomere akigumana ubuzima bwe bwose, kuko kitigeze gikira.  Yaje gufatwa n’indwara yamaranye imyaka ine. Nyuma y’icyo gihe, Yezu Kristu ubwe yaje kumubonekera ari kumwe na Nyina aje kumumenyesha ko ikamba ry’amahwa rigiye gusimburwa n’ikamba ry’ikuzo. Yakoze ibitangaza byinshi cyane akiri ku isi, na nyuma y’urupfu rwe.

Mu w’1710 hari umumonaki wo mu muryango w’abihayimana ba mutagatifu Agusitini, wise Mutagatifu Rita ku nshuro ya mbere: « umutagatifu w’ibidashobokera abantu ». kuko ahanini Imana yamukoreraga ibitangaza bikomeye kubera ukwemera n’ukwizera yari afitiye Imana. Urugero:  amahane y’umugabo we yari arenze ubwenge bwa muntu; kuba yarashoboye kwinjira mu muryango w’abihayimana umuryango ufunze, bigatuma bamwakira. Igihe yari agiye gupfa, yasabye mubyara we kujya kumuzanira ururabo rw’iroza kandi icyo gihe nta rurabo rwashobokaga kuboneka mu gihe cy’urubura rukaze (Hiver). Uwo mukobwa yaragiye ararubona. Ibyo nibyo kandi banahereyeho bamwita umutagatifu w’ibidashoboka, umutagatifu utanga ibyo bari barahebye, (sainte des causes désespérées et des cas impossibles).

Rita yitabye Imana kuwa 22 Gicurasi 1457. Igihe Papa Urbani VIII yamushyiraga mu rwego rw’abahire mu 1628, hatanzwe ubuhamya bw’ibitangaza birenga 300 byakozwe kubera kwiyambaza mutagatifu Rita. Papa Lewo XIII ni we wamushyize mu rwego rw’abatagatifu kuwa 24 Gicurasi 1900. Twizihiza mutagatifu Rita kuwa 22 Gicurasi.

Ushaka kumenya byinshi, soma izi nyandiko:

  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed. Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.145-146.
  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, 2eme ed. sept. 2015. P.149.
  • IGITABO CY’UMUKIRISITU, Editions Pallotti Presse, 2012. P.225.
  • http://sanctoral.com/fr/saints/sainte_rita_de_cassia.html                         

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...