Tuesday, May 10, 2022

Abatagatifu Filipo na Yakobo, Intumwa

Abatagatifu Filipo na Yakobo, Intumwa
Mutagatifu Filipo Intumwa

Ni umwe mu Ntumwa cumi n’ebyiri, akaba uwa gatanu mu Ntumwa Yezu Kristu yatoye. I Galileya ni ho yavukiye, ni uwo mu mujyi wa Betsayida, ku nkombe y’ikiyaga cya Tiberiya, umujyi wavukiyemo Petero na Andereya. Ivanjili ya Yohani Mutagatifu itubwira uko Filipo yatowe na Yezu, n’uko yazanye inshuti ye yitwa Natanayeli akayereka Yezu. Mu Ivanjili ya Yohani kandi, Yezu amwerekana nk’umunyamabanga we inshuro eshatu. Mbere y’uko Yezu akora igitangaza cyo gutubura imigati, yabanje kuvugana na Filipo (Yh, 6, 5-7) ndeste n’Abagereki, ni we babanje gusaba kubona Yezu. (Yh, 12, 21-22).

Izina Filipo bisobanura ‘umunwa w’itara’, cyangwa umuntu ukunda iby’agaciro ko hejuru. (Philos: urukundo, uper: hejuru). Bishobora no gusobanura kandi ‘ukunda amafarasi’. Filipo ni we wasabye Yezu ko yabereka Se (Yn, 14, 7-12). Yezu amaze gufatwa, mu murima w’imizeti, Filipo yarahunze, nk’uko byagendekeye izindi Ntumwa. Nyuma ya Penekositi, Filipo yaba yaragiye kwamamaza Inkuru Nziza ya Yezu Kristu mu karere ka Aziya no mu Bugereki, yigisha abaturage bitwa abasite (Scythes), abanyagalati, n’Abanyafirijiya. Abayahudi baramwangaga cyane ku buryo umuherezabitambo mukuru yigeze kumufata amukubitisha ibiboko.

Abaturage bakunze inyigisho ze nshya kandi biteguye kuzakira nk’uko uwo munyabitangaza ukomeye yari azibazaniye. Ariko abategetsi bakomeye bo muri uwo mujyi bafata Filipo, bamukubita ibiboko, baramubamba, barangije bamutera amabuye menshi, apfa atyo, ahagana mu mwaka wa 80, apfira ahitwa Hiyerapolisi (Hierapolis) muri Firijiya (Phrygie). Ubu hitwa Pamukale, muri Turukiya. Ni yo mpamvu bamwerekana ku mashusho ari umukambwe, afite agataro karimo amababi, afite n’umusaraba ufite inkoni eshatu zitambitse.

Umunsi umwe, abaturage b’uwo mujyi barimo batura ububani ikiyoka kinini cyari imwe mu mana zabo zikomeye, Filipo abagirira impuhwe, arapfukama, asaba Imana kubakiza iyo shitani yari yarihinduye ikiyoka. Muri ako kanya icyo kiyoka gihita gipfa. Filipo yishwe ku ngoma ya Domisiyani.  Ni Papa Pelaje I, mu gisekuruza cya VI, i Roma yubatseyo   Kiliziya yeguriwe Intumwa cumi n’ebyiri, ubwo nibwo yategetse ko ibisigazwa bya Mutagatifu Filipo kimwe n’ibya Mutagatifu Yakobo mwene Alufeyi, byakurwa i Hierapolis, bikajyanwa i Roma. Twizihiza Mutagatifu Filipo, ku itariki 3 Gicuransi.

Mutagatifu Yakobo muto, Intumwa (Jacques, le mineur),

Mutagatifu Yakobo, Intumwa na we tumwibuka kuwa 3 Gicurasi. Ni we bise muto kugirango batamwitiranya na Yakobo, mukuru wa Yohani Intumwa. Yakobo ni uwo mu muryango wa Yuda, akaba mubyara wa Yezu. Bavuga ko ku mubiri yajyaga gusa na Yezu, ndetse n’igihe Yezu asubiriye mu Ijuru, abavugaga Yezu bamubwira abataramubonye bavugaga ko yenda gusa na Yakobo. Yakobo muto avukana na Mutagatifu Tadeyo. Uyu murumuna we batorewe rimwe kuba intumwa. Nyuma ya Pentekositi, Intumwa zagiye mu mahanga kwigisha, Yakobo muto we aguma i Yeruzalemu, nuko yihatira kujijura abayahudi.

Yari umuntu wubashywe, afite ijambo muri Kiliziya ya mbere. Mu nama nkuru y’i Yeruzalemu ni we wahagurutse avuga akurikiye Petero mutagatifu. Tumukesha ibaruwa nziza iri muri Bibiliya ntagatifu. Yahinduye abayahudi benshi, harimo n’abakomeye, bimutera gutotezwa cyane. Umunsi umwe, Abakuru b’abayahudi baramufatisha, bamwuriza irembo rya Hekaru hejuru cyane. Mbere yo kumujugunya iyo hasi, babanje kumusaba ngo ababwire ukuri kwerekeye Yezu. Nuko Yakobo mutagatifu arabasubiza ati kuki mumbaza ibyerekeye Kristu? Ubu yicaye iburyo bw’Imana Data. Kandi umunsi umwe azagaruka mumubone ahagaze ku bicu.

N’ubwo imbaga y’abari bamuteze amatwi yemeraga inyigisho ze, kubera ishyari ry’abakuru b’abayahudi, bajugunye Yakobo hasi, ahanuka hejuru cyane aravunagurika ariko agira imbaraga zo gupfukama, asenga asabira abo bishi be avuga nk’uko Nyagasani Yezu yavuze ati: “ Nyagasani bababarire kuko batazi icyo bakora”. Nuko bamukubita inyundo mu mutwe, apfa ubwo. Hari muri 62.

Izi nyandiko zakungura byinshi kuri aba batagatifu:

  1. ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.130.
  2. ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, 2eme ed. sept. 2015.p.135-136.
  3. IGITABO CY’UMUKIRISITU, Editions Pallotti Presse, 2012. p.224.
  4. DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. P.400 na P.266. 

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...