Sunday, May 22, 2022

Mutagatifu Jizela, Umubikira

Jizela tuvuga ni we Isberga, wari umubikira i Soissons   mu Bufransa. Yari mushiki w’umwami w’abami witwaga Karoli w’imfura (Charlemagne).  Jizela yavutse ahagana mu mwaka wa 750, avukana umugisha. Ivuka rye ryongereye ubumwe hagati ya Kiliziya y’Ubufaransa na Papa. Umunsi avuka, se Pepin le Bref yohereje intumwa kwa Papa Sitefano II kumusaba kuzaba umuyobozi wa roho w’ako kana k’agakobwa kari kamaze kuvuka. Papa Sitefano yahise yakira neza icyo cyifuzo cy’umwami w’Ubufaransa, nuko yohereza umuhagarariye ngo abatize urwo ruhinja mu mwanya we.

(Ku musozo urahasanga amahuza, links, agufasha kumenya byinshi ku batagatifu nka Atanazi, Diyoniziya (Denyse), Deziderati (Désiré), Dewogratsiyasi, Dominiko Saviyo, Evode, Ewufraziya, Felesita na Perepetuwa, Fideli w’I Sigmaringen, Filipo na Yakobo, Floriyani, Izayi, Matilida, Kleti na Solanje )

Imana ikunda abantu bose yifashishije ivuka rya Jizela kugira ngo yigarurire imbaga itabarika y’abafaransa ndetse n’abandi benshi. Bavuga ko Jizela ari we Isberge yatangiye kugaragaza ibimenyetso by’ubutagatifu akiri muto cyane, kuko muri icyo gihe abanzi ba Kiliziya batangiye gutoteza Kiliziya, maze Papa Sitefano agahungira mu Bufaransa. Icyo gihe bavuga ko Jizela wari ukiri akana yagiraga inama Papa kandi iyo nama yabaga irimo roho mutagatifu. Ikindi ni uko umwami w’Ubufaransa yaboneyeho gutabara Papa no kwirukana abanzi bari bamwugarije.

Jizela yakomeje gukura mu bwenge no mu butungane ari na ko arushaho kunyura Imana. Yasengaga asaba Imana ngo imuhe kumenya uzajya amugira inama nziza. Imana yaje kumva isengesho rye rero, imwoherereza mutagatifu Venanti wari ufite ubushishozi buvuye kuri Roho Mutagatifu. Gizela amaze guhura na Venanti, wari asanzwe ari mwene wabo, bamaze no kuganira inshuro nyinshi iby’Imana, yatangiye gukura cyane kuri roho, bikagaragazwa n ‘imigenzo myiza yamurangaga.

Hashize iminsi, igikomangoma cyo mu gihugu cy’Ubwongereza (Pays des Galles), yari yarumvise inkuru y’ubwiza n’imico myiza bya Gizela, nuko aza kumusaba. Na we yari umugatolika. Icyo gihe Gizela yasabye Venanti kumusengera ashikamye ngo Imana yigizeyo icyo kigeragezo. Ndetse yanasabye ko Imana yahindanya ubwiza bwe, kuko ari bwo bwakururaga ibyo bikomangoma. Hashize iminsi, yafashwe n’indwara yo guhinda umuriro ndetse arwara n’ibibembe biteye ubwoba ku buryo icyo gikomangoma cyabibonye kikisubirira iwabo, nticyakomeza kumukunda.

Ababyeyi ba Jizela bo babibonyemo igitangaza cy’Imana. Icyo gikomangoma ariko cyaketse ko ibyo byabaye kuri Jizela, Venanti abifitemo uruhare. Nibwo gishatse abagome babiri baje kwica Venanti bamuziza inama nziza yagiraga umukobwa w’umwami. Iyo ndwara rero yagumyeho, ni na yo yakijije Jizela inatuma Venanti aronka ikamba ry’Ijuru. Bavuga ko iyo ndwara y’ibibembe Gizela yaba yarayikijijwe n’ifi bakuye mu gituza cy’umurambo wa Mutagatifu Venanti wari wajugunywe mu mazi, banamuciye umutwe. Jizela amaze kurya iyo fi, arakira. Nyuma y’urupfu rwa se Pepin, ikindi gikomangoma cyo mu gihugu cya Lombardiya cyaje gusaba umugeni Jizela nabwo Jizela arokoka icyo kigeragezo. Kugira ngo arokoke ibyo bigeragezo kandi, Jizela yafashe icyemezo cyo kuba umubikira. Nuko ajya ahantu bita Ere (Aire), maze ahashinga urugo rw’abamonakikazi, kandi abakobwa benshi barahamusanga. Bagenderaga ku mategeko ya mutagatifu Benedigito. Muri icyo kigo Jizela yahamaze imyaka 30 abona kwitaba Imana. Musaza we umwami Karoli w’imfura (Charlemagne) yakundaga kumusura.

Yitabye Imana kuwa 21 Gicurasi 806 cyangwa 808. Umurambo we ushyingurwa muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero yari iri hafi aho, ubu ikaba yarafashe izina rya Isbergue. Ndetse na n’ubu abakristu baza kuyisura baje no gusura iriba ryamwitiriwe. Twizihiza Mutagatifu Jizela kuwa 21 Gicurasi.

Ushaka kumenya byinshi, soma izi nyandiko :

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...