Tuesday, May 10, 2022

Ibyo wamenya Kuri Mutagatifu Izayi, Umuhanuzi

Izina rya Izayasi rishaka kuvuga ngo “Uhoraho ararokora “cyangwa “Uhoraho we ni Umurokozi wanjye” umuhanuzi Izayasi (Yeshayahu) yavukiye muri Isiraheli mu kinyejana cya VIII mbere ya Yezu Kristu. Yabaye i Yeruzalemu hagati y’imyaka 766 na 701 mbere ya Yezu Kristu. Ni uwo mu muryango wa Yuda. Ni we muhanuzi wanditse igitabo kinini. Ni umuhanuzi wo mu Isezerano rya cyera, akaba yarabayeho ku ngoma ya Ezekiyasi. Mu
gihe cye, ubwami bwa Ashuru bwarushije ubwa Yuda ubuhangange no gukomera. Izayi rero yamenyeshaga umuryango wa Isiraheli ko wadohotse mu kuyoboka Uhoraho, kandi kubera iyo mpamvu bakazikururira uburakari bw’Uhoraho.

Umwami Manase, mwene Ezekiyasi, yatoteje abantu benshi b’intungane bo mu gihe cya Izayasi umuhanuzi.  Izayasi ni umwe mu bahanuzi bakuru bane ari bo Yeremiya, Ezekiyeli na Daniyeli. Ubwo bukuru bwabo ntibabukesha ahanini ibitabo binini banditse, ahubwo banabukesha by’umwihariko ko bahanuye amaza y’Umucunguzi mu buryo burushijeho gusobanuka. Umuhanuzi Izayi atubwira uko dutegereza Umucunguzi. Umwami w’igihangange kandi w’umucunguzi uzaza, azuzuza amasezerano yose Imana yagiriye umuryango wa Isiraheli. Azagarura abantu bari baratannye.

Ariko Izayasi avuga akomeje ati: “nimudakomera ku Mana, ntimuzakomera.” Iz 7,9. Izayasi ababajwe n’umuryango wa Isiraheli utazi kumvira Uhoraho no kuzirikana isezerano wagiranye n’uhoraho. Nuko Izayasi yumva ijwi rya Nyagasani rigira riti: “mbese ndatuma nde? Ni nde twakohereza?” nuko Izayasi arasubiza ati: “ndi hano ntuma!” Iz 6,8. Mu mwaka wa 734, ubwami bwa Damasi n’ubwa Samariya bashakaga gukurura ubwami bwa Yuda ngo bafatanye barwanye ubwami bwa Ashuru bwari bwarayogoje amahanga menshi y’icyo gihe. Nuko umuhanuzi Izayasi ahanura yerekana ko Uhoraho adashaka ko Yuda igirana igihango n’ibyo bihugu by’abapagani.

 Cyakora ibyo Izayasi yavugaga ni bake babashaga kubyumva. Muri uko kugirana igihango n’ibihugu by’abapagani, Yuda yari igiye kuyoboka ibigirwamana no kubyiringira. Yuda rero yagombaga kwiringira Uhoraho wenyine kandi akayifasha gutsinda Ashuru hatagombye gukenerwa amaboko y’abayoboke b’ikigirwamana cyitwaga Behali. Bavuga ko umwami Manase wa Yuda wari warayobotse ibigirwamana yanze kumva umuhanuzi Izayi, akaba yaramwicishije urukero, akamucamo kabiri. Twizihiza Mutagatifu Izayi ku itariki 9 Gicurasi.

(Iyi nyandiko ni iya padiri Théophile TWAGIRAYEZU, umusaseridoti wa Diyosezi ya Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko yakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA).

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...