Sunday, May 22, 2022

Berenaridini w’i Siyene, Umusaseridoti

Mutagatifu Berenaridini

Berenaridini yavukiye mu Butaliyani, kuwa 8 Nzeri 1380. Yavutse ku munsi Bikira Mariya yavukiyeho, bituma aho akuriye akunda uwo Mubyeyi wacu. Yabaye imfubyi akiri muto; yapfushije nyina afite imyaka 3, naho ku myaka itanndatu na se arapfa. Yarerewe i Siyene kwa nyina wabo utaragiraga akana, maze akamukunda cyane. Bernaridini yakuranye imico myiza ya gikiristu, agakunda kwiga, gusenga no gushengerera isakramentu ritagatifu. No ku ishuri umwanya wo gukina ntiwarangiraga atanyarukiye mu kiliziya. Berenardini yari afite urukundo rw’ abakene ku buryo, umunsi umwe yabonye nyina wabo yanze guha umukene ifunguro na we aravuga ati: “gira icyo uha uriya mukene, na ho ubundi niba nta kintu abonye nanjye nta funguro mfata.” Berenardini ntiyishimiraga na gato amagambo adakwiye, ku buryo yamubabazaga cyane. Iyo abanyeshuri biganaga babaga bamubonye, baravugaga bati: “muceceke dore Berenardini araje.”

Amaze kuba umusore, Berenardini yahisemo kwiyegurira Imana mu muryango w’Abafransisikani. Igihe mu Butaliyani hateye indwara y’icyorezo, yitangiye kuvura abarwayi ubutaruhuka, adatinya ko bamwanduza, dore ko iyo ndwara yari yaramaze abantu cyane cyane abarwaza. Icyo gihe atangiye kuvura yari afite imyaka 17, ari umufureri. Bavuga ko Berenardini ku mubiri yari mwiza cyane bitangaje, ubwo bwiza bwe bw’umubiri ntiyabwitayeho, icyo yari ashyize imbere ni ubwiza bwa roho ye. Aho abereye umufaransisikani, abakuru be bamutegetse kujya ajya kwigisha muri za paruwasi nyinshi.  Berenardini yakomeje umurimo ukomeye wo kwamamaza Inkuru nziza, azenguruka igihugu yigisha abantu ngo bagarukire ukwemera. Icyo gihe benshi bari baradohotse mu bukristu kubera ibyago byinshi byari byarabazahaje kandi n’ Ubutaliyani bwari bumaze kugaruka cyane mu byishimo bya gipagani. Nuko bose bamutega amatwi bakunda inyigisho ze, abari barihebye bongera kwizera Imana. Uwo murimo yawukoze imyaka isaga 30.

Mu nyigisho ze yihatiraga kwigisha abantu ko ikibeshejeho abantu mu nsi atari ugushimisha umubiri wabo mbere na mbere, ko ahubwo ari ugukorera ijuru uko Imana ibishaka n’uko Kiliziya ibitwigisha. Ubutwari bwe, umwete we n’ishyaka rye by’iteka bituma ahindura abanyabyaha batagira ingano. No mu muryango wabo kandi yahabaye indahinyuka kuko yayoboye uwo muryango imyaka 12 yose. Berinaridini yitabye Imana ku ya 20 Gicurasi 1444, amaze kuzahazwa n’umunaniro. Ni Papa Nikola wa V wamwanditse mu gitabo cy’abatagatifu. Twizihiza mutagatifu Berenardini ku itariki 20 Gicurasi.

 Ushaka kumenya byinshi, soma izi nyandiko:

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...