Sunday, May 22, 2022

Mutagatifu Alufonsi, inshuti y’urubyiruko

Hariho abatagatifu benshi bitwa Alufonsi. Uwo tuvuga aha ni Mutagatifu Alufonsi Mariya Fuso (Alphonse-Marie Fusco). Yavutse kuwa 23 Werurwe 1839, yitaba Imana kuwa 6 Gashyantare 1910.  Ni umupadiri w’umutaliyani, ishema ry’ababikira ba mutagatifu Yohani Mubatiza, umuryango yashinze, akaba n’inshuti y’urubyiruko.

(Ku musozo urahasanga amahuza, links, agufasha kumenya byinshi ku batagatifu Berenaridini w’i Siyene, Erike, Gatarina wa suwedi, Gatarina w’i Siyena, Hilariyoni, Izaki, Yves, Joriji, Ludoviko Mariya wa Momfori, Lujeri, Mariko, umwanditsi w’Ivanjili, Mariselini, Maritini wa I, Patrisi yangwa Patiriki, Jisela na Piyo wa V, Papa).

Kwita ku rubyiruko rw’i Angri, byatumye yumva arushijeho gukunda Imana bityo ahitamo kuyiyegurira kugira ngo azabashe kwitangira atiziganya umurimo wo kwita ku rubyiruko, cyane cyane impfubyi n’abakene. Amaze kuba umupadiri, Alufonsi Mariya Fusco, yitangiye koko urubyiruko, abikorana umutima ukunda kugeza ubwo bamwise ‘Don Bosco w’amajyepfo’. Uyu mutagatifu Yohani Bosiko (Don Bosco) yabayeho akunda urubyiruko, akitangira uburere bwarwo ashyize imbere ubureze bushingiye ku bworoherane, ukwizerana n’urukundo. Muri uwo murimo utoroshye wo kwigisha urubyiruko nimwo Alufonsi Mariya Fusco yandikiye abakobwa, afite intego y’amagambo yavuzwe na mutagatifu Yohani Mubatiza : “Mutegure inzira ya Nyagasani” kugira ngo bamufashe kwigisha no kwita ku mpfubyi. Nguko uko umuryango w’Ababikira ba Mutagatifu Yohani Mubatiza wavutse.

Imirimo ijyanye no kwandikwa kwe mu gitabo cy’abatagatifu yatangiriye muri Diyosezi ya Nocera kuwa 27 Nyakanga 1939 isozwa kuwa 14 Werurwe 1952 nuko dosiye yoherezwa i Roma kugra ngo urwego rushinzwe iby’abatagatifu ruyigeho. Kuwa 12 Gashyantare, Papa Pawulo wa VI yamwemeje nk’ Umwubahwa (le Vénérable). Papa Yohani Pawulo wa II ni we wamwanditse nk’Umuhire (Bienheureux) kuwa 7 Nzeri 2001 naho kuwa 16 Nzeri 2016 Papa Francis amwandika mu gitabo cy’abatagatifu. Yizihizwa kuwa 2 Gashyantare buri mwaka.

Soma izindi nkuru twabagejejo zerekeye ubuzima bw’abatagatifu :

  1. Berenaridini w’i Siyena
  2. Erike
  3. Gatarinawa suwedi
  4. Gatarinaw’i Siyena
  5. Hilariyoni
  6. Izaki
  7. Ivo(Yves)
  8. Joriji
  9. Ludoviko Mariya wa Momfori
  10. Lujeri
  11. Mariko, umwanditsi w’Ivanjili
  12. Mariselini (Marcellin)
  13. Maritiniwa I, Papa
  14. Patrisi (Patiriki)
  15. Piyo wa V, Papa
  16. Jisela


No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...