Tuesday, April 26, 2022

Mutagatifu Maritini wa I, Papa wahowe Imana

Martini yavukiye mu muryango w’imfura (patricienne) z’i Roma, ahitwa Todi, ahagana mu mwaka wa 600. Papa Martini ni we Papa wa nyuma wishwe ahowe Imana. Yishwe n’ubuyobozi bwa Leta ku mugaragaro, apfiriye mu buroko, abanje gusuzugurirwa mu ruhame, yambuwe imyambaro y’Ubupapa, maze atwarwa mu mirimo y’agahato ahitwa Sebastopoli, maze apfira muri icyo gihirahiro.

Bavugako Maritini yari umuhanga cyane kandi akaba umuntu w’Imana koko. Igihe ahawe ubusaseridoti abamuzi bagize bati: “dore rero intangiriro ye y’ikuzo ryinshi azagirira muri Kiliziya.” Atangira ubwo yamamaza Ivanjili hose, bidatinze kandi agirwa umwepisikopi. Yatorewe kuba Papa mu mwaka wa 649.  Kuwa 5 Kanama uwo mwaka, nibwo Yicaye ku ntebe ya Petero nuko yihatira gushyikirana n’abakristu, arabigisha, agira inama benshi, afasha ku buryo bwose kandi muri byose haba kuri roho no ku mubiri.

Ubwami bwa Roma y’Iburasirazuba bwategekeraga i Bizanse ntabwo bwamwemeye, kuko guhera mu mwaka wa 638, ubwo bwami bwari bwarihitiyemo gukurikira umuyobe Serigiyusi wigishaga buyobe kuva muri 616. Papa Maritini yarengeye byimazeyo amahame ya Kiliziya ubwo hari hadutse abigishabinyoma, nka Serigiyusi, bari bashyigikiwe n’umwami Konstantini wa II. Abo bahamyaga ko Yezu Kristu atagira ugushaka kwa kimuntu n’ukw’Imana (deux volontés).

Mu mwaka wa 649, Papa Martini yatangije Inama nkuru ya Kiliziya i Laterano, iyo nama yaciye ubwo buyobe, ihagarika iryo dini. Icyo gihe umwami w’abami yategetse uwitwa Olimpiyusi wari umukuru w’ingabo guhamya ubuyobozi bw’umwami, ategeka hose ko iyobokamana rikurikizwa ari bwa buyobe, byaba ngombwa agakuraho Papa, dore ko atanemeraga ubutegetsi bwa Papa Maritini. Uwo Olimpiyusi ageze i Roma, abona ko ari ngombwa ahubwo kujya mu ruhande rwa Papa, ahita atangaza ko ari we ubaye umwami w’abami wa Roma y’Iburengerazuba, atangira kwirukana abatware bashyigikiye umwami w’Iburasirazuba. Uwo Olimpiyusi yishwe n’icyorezo cyari cyateye muri 651.

Papa Maritini yaje gufatwa n’undi mutware umwami w’Iburasirazuba yohereje, maze asanga Papa muri kiliziya i Laterano, abo basirikare bamutwara nabi Iburasirazuba. Papa yarezwe ko yagambaniye umwami. Inteko y’abasenateri imucira urubanza rwo gupfa aziritswe ku biti bigamije kumuvunagura ingingo, kuko ari cyo cyari igihano cy’abagambanira umwami.

Bamaze kwambura Papa imyambaro y’Ubupapa, no kumwambika umunyururu uremereye mu ijosi, bamuzengurukije mu mujyi wa Konsitantinopule ngo rubanda bamukwene. Nuko umwepiskopi wa Konstantinopule n’ubwo yari yarayobye kimwe n’umwami, abonye ko biteye isoni ajya ibwami gusaba ko icyo gihano cyasimbuzwa ikindi. Nuko icyo gihano bagihinduramo kujyanwa mu mirimo y’agahato, ahitwa Sebastopoli mu ntara ya Krimeya, ubu ni mu ntara yo muri Ukrene yigaruriwe n’igihugu cy’Uburusiya muri 2014. Nuko afungwa nabi cyane ku buryo yahise apfa ku itariki ya 13 Mata muri 656. Twizihiza mutagatifu Martini wa I, ku itariki ya 13 Mata.

Soma n’ibi bitabo kugira ngo umenye byinshi ku batagatifu:

  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed. Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.105.
  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015, P.119.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991, P. 346.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...