Monday, April 11, 2022

Mutagatifu Rikardo (Richard), Umwepiskopi

Rikardo w’i Richester yavukiye mu gihugu cy’Ubwongereza mu 1198. Ababyeyi be bari bafite imirimo ikomeye i bwami kandi bari bakize cyane.  Rikardo amaze gukura, ababyeyi be bashatse kumushyingira umukobwa ufite ababyeyi bakize cyane. Nyamara we arabyanga, ahitamo kwiga. Nyuma ababyeyi ba Rikardo baje gukena, baratindahara, ku buryo, nyuma y’urupfu rw’abo babyeyi, umuhungu mukuru muri uwo muryango yafashwe bugwate, amara igihe kirekire mu buroko kugira ngo abe indishyi y’amadeni y’ababyeyi be. Murumuna we Rikarido yakoze cyane kugira ngo afunguze mukuru we. Ayo madeni yatumye na we akena cyane, biba ngombwa ko ajya kwaka akazi ko kuragira amatungo mu bikingi by’aborozi. Nyuma yaho yaje gushobora gusubukura amasomo ye muri kaminuza ya Ogisifodi (Oxford), aza no kujya i Parisi mu Bufaransa gukomeza amashuri.

Muri uibwo bukene, Rikardo yabaye inshuti z’abandi basore babiri bakennye nka we. Bari bafite umwambaro umwe gusa basimburanwagaho mu kwambara, ku buryo byabasabaga ko basimburanwa kujya mu ishuri, kuko uwo mwambaro wambarwaga n’ugezweho kujya mu ishuri abandi bagasigara mu icumbi. Batungwaga n’umugati na divayi, bakarya akanyama cyangwa agafi ku cyumweru gusa. Nubwo bari babayeho batyo, Rikardo yavuze ko ubwo buzima bwamubereye bwiza kubera ko yari yari atwawe n’amasomo yigaga. Nyuma yaho, Rikardo yagiye kuminuriza amasomo ye i Bolonye mu Butaliyani kugira ngo abone impamyabumenyi z’ikirenga. Yize iby’amategeko, yibanda cyane mu kwiga iby’amategeko agenga Kiliziya. Igihe asubiye mu Bwongereza, yahawe kwigisha muri kaminuza ya Ogusifodi kandi abanyeshuri be bakamukundira ubuhanga bwe. Hashize imyaka mike, abantu benshi batangiye kumukundira ubwiyoroshye, ubumanzi, ugucisha make bye n’ukuntu yakundaga gusenga. Kubera iyo mpamvu yatorewe kuyobora iyo kaminuza.

Nyuma yaho mutagatifu Edimundi wari umwepiskopi wa Kantoruburi amugira umunyamabanga w’iyo Arikidiyosezi mu w’1234. N’igihe uwo mwepiskopi ahunze mu w’1240, Rikarido yamuherekeje muri ubwo buhungiro. Yaherewe ubupadiri ahitwa Oruleya (OrlĂ©ans) mu Bufaransa. Yaje gutorerwa kuba umwepiskopi wa Cicesteri (Chichester) mu Bwongereza, ariko umwami Heneriko wa III yanga ko bamuhera ubwepiskopi mu Bwongereza, nuko ajya i Roma, Papa Inosenti wa IV aba ari we umuha ubwepiskopi. Amaze kuba umwepiskopi, yaje kutumvikana n’umwami Heneriko wa III utarumvikanaga na Papa. Ariko Rikardo yaje kumvikana n’umwami abifashijwemo n’isengesho n’ibiganiro by’ubwiyunge. Amaze kubohoka ibyo byamubuzaga gukora neza umurimo wa gishumba, yaje kurangwa ahanini no kwita ku baciye bugufi no kugirira impuhwe abakene. Kubera ko bamubwiraga ko ibyo atanga biruta ibyinjiye yarabasubije ati: « biraruta umuntu agurishije ifarasi ye n’amasahani ariraho aho kugira ngo areke abakene bababare kandi ari ingingo za Kristu. » Umunsi umwe yigeze guha abakene umugati, imigati iratubuka kugeza ubwo ihagije abakene ibihumbi bitatu, ndetse irasaguka ku buryo n’abandi ijana baje kuza nyuma yaho yabonye imigati ibahagije. 

Yihatiye gufasha abasaseridoti be kugira ngo barusheho kugira imibereho myiza n’imyifatire iboneye. Kandi icyo gitangaza cyo gutubura imigati yajyaga agikora kenshi. Yapfiriye i Duvre (Douvre) aho yari yagiye guha umugisha ibitaro. Amaze guha umugisha ibitaro, apfa mu gitondo cy’umunsi ukurikiyeho, ku itariki 3 Mata 1253. Yapfuye asoma umusaraba kandi yiyambaza Bikira Mariya we utsinda abanzi b’umukiro wa muntu. Kiliziya ihimbaza mutagatifu Rikardo kuwa 3 Mata buri mwaka.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...