Monday, April 11, 2022

Kubungabunga urukundo ni ugukiza isi

Ifoto ya interineti

Urukundo rwigaragaza ku buryo bunyuranye. Mu muhamagaro wo gushinga urugo, twibanda ku rukundo ruhuza umuhungu n’umukobwa. Urukundo ruduhuza n’abandi ni narwo rudukururira kuri umwe kugira ngo tugirane umubano wihariye, utambutse kure uwo tugirana n’abandi benshi. Ni byo koko, umuhungu ahitamo umukobwa mu bandi benshi n’umukobwa agahitamo umusore umunyuze mu mbaga y’abamunyura imbere bose, nuko bombi bakamenyana byimbitse kugeza ubwo beguriranye amabanga yabo mu ntumbero yo kwizerana no gusangira umunezero. Urukundo ni ijambo rivugwa kenshi kandi na benshi; ibyo bitgaturuka ku kamaro karyo mu mibereho ya muntu kuko iyo rubuze mu buzima usanga nyakurubura yihebye, yigunze, ameze nk’uwamugaye mu mutwe. Akumva kubaho ntacyo bikimumariye maze ubwo agatangira kuvuma umunsi yavutseho no gutonganya Imana ayibaza impamvu yemera ko agerwaho n’iyo mimerere yo kubura urukundo. Hari abarubuze barangwa no guhorana amaganya ndetse no kwanga ubuzima kubera kubona abandi nk’ababateye ikibazo aho kubabona nk’abakenerana. Mu buzima, abantu ni magirirane! 

N’ubwo hari abazi ko barubuze, hari n’abarubuze, batazi iryo shyano bagushize ahubwo bahorana ituze ku mutima ridafite aho rishingiye. Biroha mu cyaha kibazanira ingorane nyinshi zirimo n’urupfu ngo bararyoherwa n’urukundo. Urukundo rutanga ubuzima bwimura urupfu. Hari n’abarufite rwose, bagashimishwa no kurubungabunga no kurukwirakwiza mu batarugira n’abibeshya ko baruronseho ubutoni bityo umuntu akagenda arushaho kuba mwiza ari byo kunogera Imana n’abantu. Kubungabunga urukundo no kurukwirakwiza ni ugukiza isi. Urukundo twarwita ibyiyumvo biza mu muntu iyo atekereje, abonye ikintu, umuntu cyangwa inyamaswa bikamutera kwishima no kwifuza guhorana n’ibyo ahisemo. Ibyo byiyumvo ni byo bihuza umuhungu n’umukobwa, bikabakururira mu kumenyana byimbitse, batakwitonda bikaba byabaviramo kurengera, bakambarirana ubusa kuko icyari urukundo gishobora kurangira cyiswe irari rishingiye ku guhaza ibyifuzo by’umubiri. Iyo bitonze kandi bagashimana koko ibyo byiyumvo bibinjiza neza kandi bakagumana na byo mu muhamagaro wo gushinga urugo. 

Mu mibereho, abahungu n’abakobwa bahura n’icyifuzo, bumwe gishingiye ku matsiko, cyo kwifuza kuryamana. Muri iki gihe amahano yagwiriye, hari abo icyo cyifuzo cyerekeza ku bo bahuje imiterere y’umubiri; umusore ku wundi n’umukobwa kuri mugenzi we bityo bakarwanya ugushyingirwa gutagatifu kwaremwe n’Imana, bimika amabi nk’ay i Sodoma n’i Gomora. Nta muntu wari ukwiye kugengwa n’icyo cyifuzo ahubwo ni ngombwa kukiyobora mu nzira itunganye (la sublimation), kumenya kwigenga (la maitrise de soi) wubahisha umubiri umugenzo mwiza wo kwifata n’ubudahemuka. Mu gucubya icyifuzo cy’irari, umuntu yakagombye guhindura ibyo yatekerezaga, kureka kureba, gusoma, kumva cyangwa gukora ibyo birimuzamuramo, agashaka ibimuhuza bituma yibagirwa ibyo bintu. Kwimara irari by’umukristu ntibikarangwemo kwagazanya (caresses), kwikinisha (mastrubation) no kwambarirana ubusa; ibi byose n’ibindi namwe muzi ni byo byica ubushobozi bwo kwigenzura bw’ubwonko, bigatera umuntu kuba inganzwa imbere y’irari nuko bigatiza umurindi amibi menshi y’amoko anyuranye. Ntibikabe!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...