Tuesday, April 26, 2022

Nta cyiza cyo guhubuka, inkurunyigisho!

Habayeho umugabo wabanaga n’umugore we ndetse n’abana babyaranye. Bari bababye neza, bombi bafite akazi, amahoro ari yose. Umunsi umwe uyu mugabo yaje kwitaba Imana, maze kumushyingura bihuza n’uko hari undi mugabo wari wakoze urugendo rwo mu mahanga mu butumwa bw’akazi. Uwo mugabo ageze muri hoteli yagombaga kuruhukiramo, asangamo mudasobwa. Niko guhita yandikira umugore we yari asize mu rugo, agiye kohereza ubutumwa, yibeshya aderese, ayohereza ku mugore wari wapfushije umugabo uwo munsi.

Uwo mugore akiva gushyingura, yihutiye gufungura mudasobwa ye kuko yibwira ko hari abo mu muryango we, inshuti n’abavandimwe, bamwandikiye bamwihanganisha ku bw’ibyago yagize. Uwo mugore ntiyitaye kureba uwohereje ubutumwa. Yahise asoma nuko mukanya gato yitura hasi, asa n’utaye ubwenge. Umuhungu we amaze kumuryamisha aheza, na we ajya gusoma ngo amenye igitumye mama we amera atyo. Yasanze handitsemo ngo: “Ku mugore wanjye nkunda, nagezeyo amahoro. Ndabizi ko bigutangaje kubona iyi mesaje kuko utatekereza ko nabona uko nkwandikira. Nasanze ino na ho basigaye bafite mudasobwa kandi bemerera abantu kwandikira abakunzi babo. Ubu tuvugana maze akanya gato mpageze, banyeretse icyumba nzabamo gusa irungu riranyishe. Ngiye kukwitegura nawe ejo uzaze kandi ndizera ko uzabona abaguherekeza nk'uko nanjye mwamperekeje. Bizu! Ni ahejo, uzagire urugendo rwiza!”

Iyi nkuru itwigisha iki? Ibyabaye kuri uyu mugore byose byatewe no kudashishoza. Igihe cyose uhubutse mu byo ukora ntubura gutungurwa n’ibyo utari witeze, kandi akenshi aba ari bibi. Bakobwa, muri byose harimo n’urukundo, ntimugahubuke. Uko uhubutse wishyingira niko uhubuka ugaruka iwanyu! Uko uhubutse wubaka ni ko uhubuka usenya. Namwe basore mugenze mutyo. Uko uhubutse wigarurira umukobwa niko uhubuka umubuza amahoro nawe utiretse. Ntimugahubuke kuko nta cyiza cyabyo.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...