Monday, March 27, 2017

indangakwemera



Indangakwemera

 « Nemera Imana Data ushobora byose, waremye ijuru n’isi ; Nemera na Yezu Kristu umwana w’ikinege w’Imana, waje mu nsi abyawe na Bikiramariya, akababara, agapfa, agahambwa, akazuka none akaba yicaye iburyo bwa Se kandi ko azagarukana ikuzo ; Nemera Roho Mutagatifu ; Nemera Kiliziya Gatolika Ntagatifu ; Nemera ikizwa ry’ibyaha ; Nemera urusange rw’abatagatifu ; Nemera izuka ry’abapfuye n’ubugingo buzahoraho iteka ».

Image result for indangakwemeraNemera Bibiliya Ntagatifu, igitabo cyahumetswe n’Imana, Amasakaramentu Kristu akoresha adutagatifuza, nemera kandi nkaniyambaza Bikira Mariya umubyeyi w’Imana n’uwacu twarazwe ku musaraba.

Indangakwemera mu mateka ya Kiliziya

Kuva mu ntangiriro, Kiliziya ishingiye ku ntumwa yasobanuye kandi itangaza Ukwemera mu magambo magufi atunganiye bose. Uwo mwanzuro w’Ukwemera ntiwakozwe hashingiye ku bitekerezo by’abantu ahubwo wakuwe mu byanditswe byose hakurikijwe igifite akamaro kurusha ibindi kugira ngo haboneke inyigishi imwe rukumbi kandi yerekeye ukwemera, Mtf Sililo agereranya umwanzuro w’Ukwemera n’imbuto ya Sinapisi : uko imbuto ya Sinapisi mu mpeke yayo nto ikura ikavamo igiti cy’inganzamarumbu, ni nako n’umwanzuro w’Ukwemera ukubiye mu magambo make ariko ubumenyi burimo bukadufasha mu busabaniramana nyakuri nk’uko tubibona mu byahishuwe/mu byanditswe bitagatifu.

Ayo mahame tuyakira buhoro buhoro, tugakura mu busabaniramana kugeza aho tujya kuyamamaza. Iyo myanzuro y’Ukwemera yagiye ishirwa hamwe buhoro buhoro mu mateke ya Kiliziya, bayita Uburyo bwo kwamamaza Ukwemera, Ingangakwemera bashingiye ku magambo ayitangira ya ndemera, bakanayita Ibimenyetso biranga Ukwemera. Kwamamaza ukwemera bikorwa mbere nambere mu gihe cya Batisimu, Indangakwemera ni ikimenyetso cya Batisimu kubera ko Batisimu itangwa mu izina ry’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, Mt.28,19. Amahame y’Ukwemera yamamazwa mugihe cya Batisimu akubiye mu baperisona batatu bagize ubutatu butagatifu kandi abo nibo shingiro ry’Ukwemera kwacu.

Indangakwemera ya Kiliziya Gatolika igabanijemo ibice bitatu :

a.       Ikerekeye umuperisona wa mbera, Imana Data, gikubiyemo igikorwa gitangaje cy’iremwa.
b.      Ikerekeye umuperisona wa kabiri, Imana Mwana, gikubiyemo ugucungurwa kwa Muntu.
c.       Ikerekeye umuperisona wa gatatu, Imana Roho Mutagatifu, kivuga uwo Roho nyine We soko n’ishingiro ry’ubuutagatifuzwe.

Ngibyo ibikubiye mu mitwe (ingingo z’Ukwemera) itatu ya mbere ivuga iby’ikimenyetso cyacu kidasibangana, Batisimu.Mu ruhererekane rwa kera rwemejwe na Mtf Amburuwazi, Indangakwemera igizwe n’ingingo cumi n’ebyiri zishushanya ubumwe bw’Ukwemera kw’Intumwa. Mu mateka ya Kiliziya, habayeho Indangakwemera nyinshi, 

  Ingero z’ Indangakwemera zabayeho :

·         Indangakwemera yavuye mu nama nkuru yabereye i Trante
·         Indangakwemera yavuye mu nama nkuru yabereye i Liyo
·         Indangakwemera yavuye mu nama nkuru yabereye i Toledo
·         Indangakwemera y’umuryuango w’Imana
·         Indangakwemera yavuye mu nama nkuru yabereye I Niseya
·         Indangakwemera yavuye mu nama nkuru yabereye I Constantinople
·         Indangakwemera zashizweho na bamwe mu bapapa; Indangakwemera ya Papa Pawulo wa 6, mu 1968.
Muri izo zose hamwe n’izo tutvuze, hasigayemo ebyiri gusa kuko ari zo zifite uruhare rw’umwihariko mu mibereho ya Kiliziya: Indangakwemera ya Nice- Constantinople, yiswe gityo kubera ko yakomotse ku nama nkuru za Kiliziya ebyiri, iyabereye I Niseya, mu 325 n’iyabereye I Konsitantinopli, mu 381. Iyi ndangakwemera yakomeje kuba rusange mu ri Kiliziya zose z’iburasirazuba kugeza na n’ubu, ni ndangakwemera ndende tuvuga mu Misa.Tukagira n’ Indangakwemera y’Intumwa, kuko ikwuiye gufatwa nk’umwanzuro w’Ukwemera kw’Intumwa.Ni Ikimenyetso cya kera cya Batisimu muri Kiliziya ya Roma, Iyi ni yo dukunda gukresha iyo hari Isakaramentu rya Batisimu. Kuvuga Indangakwemera dufite Ukwemera ni ukwinjira mu bumwe n’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, ni ukwinjira mu bumwe na Kiliziya yose   idushishikariza ukwemera kandi tukemera muri yo. Indangakwemera ni ikimenyetso ndengakamere kidasibangana, ni isengesho ry’umutima wacu, ubushobozi buhoraho, Indangakwemera ni umutungo w’agaciro ka roho yacu.

1 comment:

  1. Murakoze, ariko muzaduhe amakuru arambuye Muri rusange ya credo

    ReplyDelete

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...