Monday, April 11, 2022

MUTAGATIFU YOHANI KLIMAKI

Mutagatifu Yohani Klimaki yavukiye mu gihugu cya Siriya mu mwaka wa 579. Izina rya Klimaki arikomora ku gitabo yanditse, kivuga ku buzima bw’ubutagatifu nk’urwego. Icyo gitabo yakise “Urwego rwa Paradizo”. Mu rurimi rw’ikigereki urwego ni Climax, bivuga na none ‘urwego rw’ijuru’. Yohani Klimaki yiganye amashuri umwete nuko ku myaka 16 aba amaze kuba umuhanga cyane, woroshya kandi agacisha make. Klimaki arangije amashuri, yahisemo kwiha Imana, nuko ajya mu bamonaki bo kuri Sinayi. Abaho yumvira nk’umwana muto kandi ajya imbere cyane mu kwitagatifuza. Afite imyaka 19, umumonaki witwa Maritiriyusi yamwitayeho cyane, amufasha gucengerwa vuba n’inzira z’ubutagatifu ku buryo byatangazaga cyane umukuru w’abamonaki. Nyuma y’uko umukuru wabo apfuye, Yohani Klimaki yarushijeho gushakashaka Imana mu mwiherero ukomeye mu buvumo, aho yari afite gusa ameza yariho Bibiliya, umusaraba, n’ibitabo by’inyigisho z’abatagatifu.

Imyaka mirongo ine yanyuma y’ubuzima bwe, Klimaki yayibayeho ameze nk’ubana n’abamalayika kuruta uko abana n’abantu. Yakundaga kwibabaza, akazirikana cyane iby’Imana ku buryo byamutwaraga mu bitekerezo agasa n’utakiri ku isi, ahubwo akaganira n’abamalayika ibyerekeye amabanga y’ukwemera. Aho yabaga yiherereye mu cyumba yabagamo, Klimaki yakundaga gusuka amarira, kubera ibyaha by’abantu. Ku bwe yumvaga ibitutsi abantu b’isi yose batukaga Imana yabiroha mu marira ye akabitembana. Hari n’ubwo yarizwaga n’ n’ibyishimo by’ubwiza butangaje bw’amayobera y’Imana yabaga yahishuriwe. Igihe cyarageze abantu benshi baza kumureba ngo abigishe iby’ukwihana n’ubuzima buboneye bwa gikirisitu, buri wese akamugira inama ye azakurikiza kugira ngo ubuzima bwe butunganire Imana.

Yohani Klimaki yabaye umuntu w’Imana, na yo imukoresha ibitangaza byinyuranye. Umugisha yatangaga wakizaga abarwayi, ugakomeza abadandabirana, ugahoza abababaye, ugakora ku mitima y’abanangiye, kandi ugahindura abahakanyi kurusha uko inyigisho zitanganywe ubuhanga zabikoraga. Yohani Klimaki yari afite ububasha bwo kwirukana amashitani; yatsinze amashitani yamuterezaga ibigeragezo, kandi yayirukanaga kenshi mu bafureri babanaga. Umunsi umwe umufureri witwaga Izaki yamupfukamye imbere, amusaba akomeje ngo amwirukanemo ibitekerezo by’ingeso mbi sekibi yamuterezaga ubudahwema. Nuko Klimaki aramubwira ati: “Gira amahoro y’Imana muvandimwe.” Akivuga ayo magambo, atangira gusenga. Mu ruhanga rwe habengerana urumuri ruturutse mu ijuru nuko rukwira mu buvumo hose, maze sekibi irasakuza cyane. Isengesho rirangiye, Izaki ahaguruka afite amahoro, yakize ibyo bishuko, ntibyongera kumugarukamo ukundi.

Yohani Klimaki bamusabye kwandika inyigisho z’ubutagatifu yabigishaga, arazandika nuko icyo gitabo acyita “urwego rwuriza paradizo.” Muri icyo gitabo yanditsemo amagambo avunaguye ameze nk’imigani migufi cyane, akaba inama nziza ku bashaka kugera ku butagatifu. Imana yamuhaye ububasha bwo gukora ibitangaza byinshi akiriho. Umunsi umwe, umumonaki wari mu gihugu cya kure cyane yugama izuba munsi y’urutare runini. Nuko ngo ajye kumva, yumva Yohani Klimaki aramuhamagara ati: “va munsi y’urwo rutare”. Uwo mumonaki ashaka aho Klimaki yumvise amuhamagara yaba ari, arahabura. Yareba kandi agasanga urutare rurakomeye. Aho bigeze apfa kuhava. Amaze kuruva mu nsi, ako kanya ruhirima nk’inkangu.

Abanyapalesitina baburaga imvura, Klimaki akabasabira ikagwa bidatinze. Yohani Klimaki yatorewe kuyobora urugo rw’abamonaki bo kuri Sinayi afite imyaka 75. Inyigisho ze zimera nk’iza mutagatifu Yohani Batisita mu butayu, abaho nk’ubana n’abamalayika muri ubwo butayu bwa Sinayi, kugeza igihe apfiriye. Klimaki yapfuye ahagana mu mwaka wa 649. Kiliziya ihimbaza mutagatifu Yohani Klimaki kuwa 30 Werurwe.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...