Wednesday, April 20, 2022

Nta buranga burengeye ubwenge, uko wahitamo umukunzi

Bimwe mu byifashishwa mu kongera uburanga
Iyo umuntu bamubonanye n’undi kenshi bavuga ko bakundana; abakundana, iyo bahuye ubuzima burahinduka kuko bishimirana mu mibereho yabo yose, bagakosorana buzuzanya bagambiriye guterana ibyishimo. Ugasanga umwe abuze uko yifata, atangiye kugira amasoni, bakarebana akana ko mu jisho... Ibi ariko ntibyagaragaza abakundana by’ukuri; bivuze ko n’abaryaryana bishobora kubaranga. Umutima wonyine niwe ubitse ukuri kandi biragoye kumenya akari ku mutima ariko kandi birashoboka. Ibikorwa bishobora kuranga akari ku mutima. Mu guhitamo umukunzi, hari ibintu bibiri by’ingenzi abahungu n’abakobwa bahuriraho, nyarmara ubyishinze byonyine ntiwahirwa. Benshi mu bakundwa ntibaba babyujuje byose icyakora ubyujuje niwe uhiga abandi. Hari ubwo umuntu aba afite kimwe nabwo gicagase bigatuma ashakwaho ubucuti buzamugeza ku isakaramentu ryo gushyingirwa. Turebere hamwe ibyo abasore n’inkumi batekerezaho mu guhitamo inshuti.

Ubwiza / uburanga

Buri wese agira uburyo bwe yihariye arebamo ubwiza. Ni yo mpamvu abantu badahuza amahitamo; ugasanga hari abanga kanaka nyamara hari uwo ahora mu bitekerezo amanwa n’ijoro. Hari abakunda abirabura, hari abakunda inzobe, imibiri yombi, bamwe bakunda abananutse abandi bagahitamo ababyibushye... Ngibi ibikubiye mu bwiza bw’umubiri.  Umuntu ashobora kuzuza ibyo ukunda ku mubiri ariko ugasanga nta muco agira, nta kirazira n’imwe imuranga usibye gushira isoni gusa kandi isoni ari umuco mwiza ubuza umuntu gukora ikibi. Ibyo bigatuma ntawumushakaho ubucuti kuko aba afite uburanga burengeye ubwiza bw’umuco. Bavandimwe, umukobwa mwiza yaba ari ukeye ku mutima no ku mubiri? 

Ubukungu

Hari igice cy’abantu bumva ko batakundana n’abakene; ngo nta wajya aho ibintu bitari. Umutungo wifuzwa ni imirima, ubworozi, amafaranga, imodoka, amazu, amashuri n’ibindi. Umukobwa ubifite abahungu bagahurura nk’imishwi ihamagawe na nyina naho umusore wabironse abakobwa bakamwuzuraho bamurwanira nk’intozi zirwanira agasimba.

Nimwibuke aho dukunda (abagatolika) kuririmba dutya: “Ntugashukwe n’ibintu by’iyi si, jya umenya y’uko byose bizashira, ntibikagutware ngo bikwambure ikamba ryawe (Inzira y’umukiro).” Bavandimwe, twibuke kandi ko umuryango urangwa no kudahuza (society depends on differences) maze dushimire buri wese amahitamo ye, niba agamije kumugeza ku Mana, kandi tureke kwivanga mu mibanire y’abantu tugamije kubashiramo amahitamo yacu. 

Bavandimwe, twabonye byinshi byitabwaho mu guhitamo umukunzi. Icyo wamenya mu gutamo umukunzi ni uko uburere, ubushake bwo gukora n’ubuhanga mu gucunga umutungo byagakwiye kuba ku isonga. Ibitekerezo bizima nibwo bwiza bw’agahebuzo! Ushobora kubana na we ibyo atunze yarabirazwe, atarigeze abikorera, mutazi no kubicunga, bikabayoyokana murora. 

Ushobora kubana na we yarabikoreye, ukabibamo umukozi kandi mwarasezeranye ivangamutungo; mbese ntubigiremo ijambo usibye inkyuro za buri munsi. Mushobora kubana ntacyo mutunze, mugashakisha buhoro buhoro, mukazahwana n’ababitangiranye mwitaga ko bahawe umugisha mukagera n’aho mubarenga. Mushobora kubana neza mu mahoro, umutungo mufite mukawugiramo uruhare rungana ariko mwabura umugisha w’Imana, nko kwibaruka, kurera ugakuza n’urukundo rwihangana, byose bigahinduka ubusa, mukarutwa n’abadatunze. 

Nimwimike urukundo nyarwo mu mitima yanyu, murangwe no gushishoza. Nimwirinda guhubuka kandi mukaragiza Imana urukundo rwanyu na mbere yo kumenyana n’uwo wifuza kuzabana na we akaramata, nta kabuza Imana yo Rukundo izarubasenderezamo.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...