Tuesday, March 29, 2022

Mutagatifu Izaki, Uwihayimana

Ifoto ya interineti

Mu gitabo cyitwa « Nouvelles Fleurs des vies des saints et fêtes de l’année », Tome I, cyanditswe n’umupadiri w’Umuyezuwiti witwa R.P. RIBADENEIRA, cyandikiwe mu mujyi wa Lyon mu Bufaransa, kikaba cyarasohotse kuri 15 Nzeri, 1786, ku rupapuro rwa 338, uyu mupadiri w’umuyezuwiti atangira agira ati : iyo ubutabera bw’ Imana burakariye abanyabyaha, kenshi na kenshi ijya yifashisha abami n’ibikomangoma kugira ngo ihane abantu b’ibyigomeke n’abantu b’abahemu kandi b’intashima. Iyo Imana imaze gukoresha ikiganza cyabo ngo hubahirizwe amategeko yayo, ihana aba bami kuko akenshi bitwaza ubutegetsi bwabo bagakabya mu gukoresha inkota no kugaragaza ubugome kugira ngo berekane ko batinyitse. Ubundi bakiyorobeka kugira ngo abaturage babo babakunde bakeka ko bagwa neza. Ibi byagaragaye ku mwami w’abami wa Roma Valensi wari warayobeye mu gatsiko k’abakirisitu bari barayobotse umuyobe Ariyusi.

Uyu Valensi yari yiyemeje gutoteza no kurimbura abakirisitu gatolika. Ariko mbere yo gushyira mu bikorwa uwo mugambi w’ubugome bwe, Imana yashatse kumuburira, izana uwihayimana witwaga IZAKI avuye mu gice cy’ubwami bwa Roma y’ Iburasirazuba, Imana imutuma kuburira Valensi ibyago bimutegereje natareka ubwo bugome ngo ahubwo ahindukire akurikire Inzira y’ukuri y’Ivanjili. Aho Izaki yari yibereye wenyine mu kigo cy’abihayimana, yahoraga arira kubera ibyaha by’abantu, ndetse n’ibyago bibategereje, agahora yinginga Imana nyirubuntu ngo igirire ubuntu Kiliziya yayo, ihagarike uriya mwami Valensi wari umeze nk’intare yarakariye kurimbura abakirisitu gatolika.

Igihe rero umwami yari ayoboye igitero cy’ingabo zikomeye zari zigiye kurwanya abanyamusozi (barbares) bari biyemeje gutera umujyi wa Konstantinopule, Izaki yaraje abwira umwami ati, “umva rero mwami, nukingura kiliziya abagatolika basengeramo, ukaba wari warazikinze, Imana izagushyigikira mu migambi yawe yose. Uzatsinda urugamba ugiyemo kandi uzasubira mu rugo rwawe amahoro”. Umwami Valensi yakomeje kumva ayo magambo ya Izaki arayumvira, atuma ku batware bamuyoboreraga ngo bubahirize amabwiriza yahawe aturutse ku Mana, ariko bo baramushuka, bamubwira ko Izaki yataye umutwe, dore ko abo batware bose bari barayobeye mu idini rishya ryabayobe bakurikiye Ariyusi, ahubwo bagashuka umwami ngo ahane Izaki.

Izaki ntiyarambiwe. Hashize iminsi mike asubira kureba Valensi wari ukiri mu nzira ayoboye ingabo, agira ubutwari bwo guhagarika ifarasi y’umwami, amusaba akomeje kubahiriza ibyo yamusabye niba ashaka gutsinda. Ahantu bari bageze hari imanga ifte n’ibihuru by’amahwa, nuko umwami ajugunya Izaki muri ibyo bihuru agira ngo apfiremo, yikomereza urugendo. Ariko haza abagabo batatu Izaki atazi aho baturutse, maze bamuvana muri iyo manga, bamaze kumuvanamo barazimira, nuko abona ko ari abamalayika bamutabaye. Izaki yarirutse anyura mu yindi nzira atanga umwami muri iyo nzira.

Abwira umwami ku nshuro ya gatatu ati: “wanjugunye mu bihuru by’amahwa uzi ko nza gupfiramo ariko Imana yantabaye, none inyohereje kukubwira ngo ufungure Kiliziya z’abakirisitu gatolika wafunze. Umenye ko Imana ariyo yohereje ziriya ngabo z’abanyamusozi ngo ziguteze intambara kubera intambara watangije yo kurwanya abagatolika. Nufungura za kiliziya, uzatsinda urugamba.” Amagambo ya Izaki yasanze n’ubusanzwe umutima wa Valensi wanangiye. Umwami rero yumvise Izaki amusuzuguye, amugabiza abasenateri babiri, Vigitori na Saturunino ngo bamurinde kugeza igihe azagarukira, maze amurebere igihano kimukwiriye. Nuko Izaki abwira umwami ati: “nugaruka amahoro ubwo uzamenya ko Imana itantumye. Uzatangiza urugamba ariko ntuzashobora guhangana n’abanzi. Uzabahunga, maze bagufate bagutwike uri muzima.”

Nk’uko Izaki yabivuze rero, Valensi yatangije urugamba, ingabo ze ziratsindwa, arahunga, yihisha mu muyoboro w’imyotsi yo mu gikoni (cheminée), ingabo z’abanzi zibibonye, zicana umuriro mu ziko, Valensi ahira muri uwo muyoboro. N’igihugu cye ingabo z’abanzi ziragitwika. Nguko uko ubwami bwa Valensi bwarangiye. Icyo gihe Izaki yari yarafungiwe mu buroko. Ba basenateri bamufunze, Saturunini na Vigitori, buri wese yubakira Izaki inzu ngo ayibemo kuko babonye ari intungane. Bashakaga kumugira inshuti yabo, buri wese ku giti cye. Cyakora Saturunino ayubaka vuba, maze Izaki ayibamo kugeza igihe apfiriye. Iyo nzu ntiyayibayemo wenyine, yazanyemo n’abandi bamonaki bayibanamo. Akomeza kugira neza. Ndetse n’impano zinyuranye yahabwaga n’abasenateri yazigabanaga n’abakene, kugeza n’ubwo imyambaro ye ayitanze.

Igihe cyo kwitaba Imana cyegereje, yakoranyije abamonaki bagenzi be, abashishikariza kubaha Imana, gukomera ku migenzo myiza, abatoramo uzababera mukuru, abasaba kuzamwumvira, asaba Imana guha uwo mukuru ubushishozi bwo kubayobora. Yitabye Imana ku itariki 27 Werurwe. Hari mu gisekuruza cya kane. Uwitwa Metafraze ni we wa mbere wanditse iby’ubuzima bwa Izaki, Uwitwa Suriyusi abusubiramo mu gitabo cye cya II. Karidinali Baroniyusi, mu mwaka wa 378 na we yabyanditse mu gitabo yise “les Annales”. Twizihiza mutagatifu Izaki, uwihayimana, ku itariki 27 Werurwe. (Aya mateka yakusanyijwe na padiri Théophile TWAGIRAYEZU, umupadiri bwite wa Diyosezi ya Byumba).

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...