Wednesday, March 23, 2022

Icyita rusange mu mihamagaro

Kozwa ibirenge ni ikimenyesto
cy'umuhamagaro wo kuba intungane
Abantu bose bahamagariwe kuba intungane 

Hari abantu batarasobanukirwa n’iby’umuhamagaro, bakavuga ko uyu cyangwa uriya ariwo woroshye cyangwa ugeza ku Mana vuba; oya! Muri buri muhamagaro dufitemo ingero nziza; abatagatifu n’abatagatifukazi b’Imana. Hari abami, abamikazi, abasirikare, abapapa, ababikira n’abandi bihayimana banogeye Nyagasani bakemera kumwiha wese no guhara ubuzima buhita baharanira ubuzima buzira gushyanguka. Ni ukuri kutavuguruzwa; Abashyingiwe n’abatarashyingiwe, bose bahamagariwe kuba intungane kandi birashoboka!  Tuzirikane amagambo yo mu ndirimbo ‘Turaje Mana Dukumbuye Iwawe’; “Cyamura imitima yacu, uyerekeje iwawe. Kutamenya icyo ushaka niyo ngusho y’amahoro.” 

Ishingiro ry’umuhamagaro wo kuba intungane 

Kuvuga ku Ishingiro ry’umuhamagaro ku butungane bijyana no kuvuga ku isakaramentu rya Batisimu n’ubutumire bwa Yezu Kristu ku butungane. Ni ngombwa ko umuntu amenya neza agaciro ka Batisimu yahawe; gukora amasezerano yo kwiyegurira Imana, cyangwa guhabwa ubusaseridoti (profession religieuse ou le sacrament de l’ordre) si byo bifite akamaro k’ikirenga mu kutwegurira Imana. Ahubwo ni Batisimu itwegurira Kristu Yezu kugira ngo iduhindurire muri We, iturundurire ku muriro ugurumana w’urukundo rwa Roho Mutagatifu. Nibyo Papa Pio XI yazirikanaga igihe avuze ati “umunsi ukomeye cyane wa Papa si umunsi wo kwambikwa ikamba, ahubwo ni umunsi wa Batisimu ye.” Ababatijwe muri Data, Mwana no muri Roho Mutagtifu bakanakomezwa (les baptisés-confirmés) bafite imihamagaro inyuranye, nyamara iyo mihamagaro yose ishingiye ku Ivanjili yo bagomba kuvomamo amabwiriza n’inama bityo bakaba koko abasangiye ubumwe kuko Nyagasani ni umwe, ukwemera ni kumwe na Batisimu ni imwe (Ef.4,5). Twese hamwe duhuje agaciro nk’abagize umubiri wa Kristu, duhuje ingabire yo kuba abana b’Imana ndetse n’umuhamagoro wo kugera ku butungane. 

Umuhamagaro uduha kunga ubumwe 

Abantu bose binjiye muri Kiliziya babikesha Batisimu, bahamagarirwa kwiyanga, guheka umusaraba no kwemera gutakaza ubugingo bwabo kubera Inkuru Nziza (Mk.8,34-35). Abari mu muryango w’Imana ariwo Kiliziya nibamenye badashidikinya ko Batisimu yabagize umwe; abana b’Imana ikunda cyane. Nibamenye kandi ko ubuzima bwa gikristu bwose, mu gushyingirwa cyangwa hanze yabyo, bubonera umunezero mu Ivanjili kandi ntawe uyihejwe. Ubuzima bugira icyanga iyo bushingiye ku ivanjili (toute vie chrétienne est jolie évangelique). Ikindi cy’ingenzi ni uko gushaka no kwiyegurira Imana byombi bitwumvisha neza ubukungahare bw’urukundo rw’Imana mu masura yabwo yose (la richesse multiforme de l’amour de Dieu). Nuko rero uwemera Yezu, akaba yaramutuje mu mutima we, ‘nk’uko Yezu ari urumuri rw’isi, nawe genda umurikire abandi, umufashe kwemeza no gukiza imbaga y’abantu (Amagambo y’igitero cya 6 cy’indirimbo ‘INZIRA Y’UMUKIRO)!’ kandi “n’ubwo imibabaro ari myinshi muri iyi si, ntikatugushe cyangwa ngo ducike intege, duhorane ubutwari kuko tukiri mu rugendo (Amagambo y’igitero cya 5 cy’indirimbo ‘NIMUKOMERE’).”

 

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...