Sunday, June 19, 2022

Umurage w’intumwa y’Impuhwe z’Imana

Isakaramentu rya Batisimu n’ubutumire bwa Yezu Kristu ku butungane biduha ubutumwa. Batisimu itwegurira Yezu Kristu kugira ngo iduhindurire muri We, iturundurire ku muriro ugurumana w’urukundo rwa Roho Mutagatifu. Dukwiye kumenya neza ko Ababatijwe bose bafite inshingano yo gukurikira Yezu Kristu no kumwamamaza. Ibi bikatwibutsa ku mihamagaro itandukanye muri kiliziya, ariko ihuje agasongero : ubutungane. Nyuma ya Batisimu, hari abakristu bahitamo gukomeza kwiyegurira Imana baba mu miryango inyuranye, abandi bagahitamo gushinga ingo ariko ntibibabuze kwamamaza Yezu. Mu bukungahare bwa Kiliziya igengwa n’urukundo rw’Imana, na rwo ruyigaragarizamo ku buryo bunyuranye, habamo uburyo bunyuranye bwifashishwa n’abakristu basabana n’Imana. Muri ubwo bukungu, harimo kwiyambaza Impuhwe z’Imana.  Ni intumwa z’Impuhwe z’Imana (apôtres de la Miséricorde) Aba ni bamwe mu bana ba Kiliziya, baharaniye ko kwiyambaza impuhwe z’Imana bihugukirwa na bose. Ntawabasha kubavuga imyato uko bikwiye, kireka Uwo bamamaje. Umurage badusigiye ntugasibangane !

1.     Mama Fawustina

Mutagatifu Faustina yavukiye mu gihugu cya Polonye kuwa 25 Kanama 1905. Yarerewe mu muryango urimo abana icumi. Yitagatifurije mu muryango w’Ababikira ba Bikira Mariya, umwamikazi w’impuhwe (congrégation des religieuses de Notre-Dame de la Miséricorde). Yabaye «Umunyebanga» n’«Intumwa» y’Impuhwe z’Imana. Niba ushaka kumenya byinshi ku buzima bwe, kanda AHA.

Umurage wa mutagatifu Mama Fawustina

Ukivuga Fawustina, abamuzi bahita batekereza Impuhwe z’Imana. Yezu Kristu yabonekeye kenshi Mama Fawusitina, amugezaho ubutumwa butandukanye, bugenewe isi. Ni ubutumwa bw’Impuhwe z’Imana. Bimwe mu byo Mama Fawusitina yadusigiye nk’umurage.

  • Ishusho ya Yezu Nyirimpuhwe yanditseho “Yezu ndakwizera”
  • Kwizihiza Umunsi mukuru w’Impuhwe z’Imana, ku cyumweru cya 2 cya Pasika
  • Isaha y’Impuhwe z’Imana, isaha ya cyenda
  • Umuryango w’Impuhwe z’Imana
  • Ishapule y’Impuhwe z’Imana
  • Ibisabisho by’Impuhwe z’Imana
  • Noveni y’Impuhwe z’Imana
  • Ibisabisho (Ibisingizo) by’Isakramentu Ritagatifu igihe cy’ishengerera.
  • Akanyamakuru kitwa « Petit journal La Misércorde divine dans mon âme » dukesha byinshi ku mpuhwe z’Imana

2.     Siperansiya wa Yezu

Siperansiya wa Yezu yavukiye muri Espagne kuwa 29 Nzeri 1893, atabaruka kuwa 8 Gashyantare 1983. Mu 1914, yinjiye mu muryango w’Abari ba Kaluvariyo (Filles du Calvaire), Yigeze kubonekerwa na Tereza w’Umwana Yezu, amusaba kwamamaza ubuyoboke bwo kwiyambaza urukundo nyampuhwe (propager la dévotion à l'Amour miséricordieux). Ni Intumwa y’Impuhwe z’Imana. Yashyizwe mu rwego rw’Abahire kuwa 31 gicuransi 2014. Yibukwa kuwa 8 Gashyantare. Niba ushaka kumenya byinshi ku buzima bwe, kanda AHA.

Bimwe mu murage tumukesha :

  • Bazilika nto ya Collevalenza : Abisabwe na Yezu, Siperansiya wa Yezu yubakishije ingoro i Collevalenza mu 1953. Iyi ngoro yagizwe Bazilika nto na mutagatifu Yohani Pawulo wa II kuwa 22 Ugushyingo 1981.
  • Umuryango w’Abaja b’Urukundo nyampuhwe (servantes de l'Amour miséricordieux), yashinze mu 
  • Umuryango w’Abahungu b’Urukundo nyampuhwe (Fils de l'Amour miséricordieux) : yashinzwe mu 1951

3.     Umuhire Misheli (Michał Sopoćko)

Misheli yavukiye i Biélorussie kuwa 1 Ugushyingo 1888. Yahawe ubupadiri mu 1914. Yamenyanye na mama Fawustina, akajya amufasha mu kwiyunga n’Imana (confesseur) no kumuyobora kuri roho (père spirituel). Bafatanije kandi kwamamaza impuhwe z’Imana. Yitabye Imana kuwa 15 Gashyantare 1975. Yashyizwe mu rwego rw’Abahire, na Papa Benedigito wa XVI, kuwa 28 Nzeri 2008. Kiliziya imuhimbaza kuwa 15 Gashyantare.  Ibindi kuri Misheli, kanda AHA.

  • Misheli yashinze umuryango w’Ababikira ba Yezu Nyir’impuhwe (sœurs de Jésus Miséricordieux, Z.S.J.M), ngo wamamaze ubuyoboke bwo kwiyambaza impuhwe z’Imana.

4.     Mutagatifu Ludoviko Orione

Mutagatifu Ludoviko (Louis Orione) yavukiye muri diyosezi ya Tortone, kuwa 23 Kamena 1872. Mu 1886 yagiye mu kigo cy’Abasaleziyani cyayoborwaga na mutagatifu Yohani Bosiko, waje kumubera umujyanama. Yahawe ubupadiri kuwa 13 Mata 1895. Ibindi kuri Ludoviko, kanda AHA.

Umurage wa Mutagatifu Ludoviko Orione

  • Mu 1899 : Don Orione yashinze umuryango w’Abihayimana (Petite œuvre de la divine providence), wakira n’abatabona bakabaho mu buzima bwitaruye abantu (une vie érémitique).
  • Kuwa 29 Kamena 1915 : yashinze umuryango w’Abamisiyoneri b’urukundo (Petites Sœurs missionnaires de la charité)
  • Yashinze kandi ababikira bashengerera Isakaramentu (Sœurs adoratrices sacramentines). 

5.     Tereza w’Umwana Yezu

Tereza w’Umwana Yezu yavukiye mu Bufaransa, ku wa 2 mutarama 1873. Yagiye i Roma gusaba Papa Lewo wa XIII kwemererwa kwinjira mu muryango w’Abakarumeli atarageza imyaka yari yemewe n’amategeko ya kiliziya. Ni umwalimu w’ubwiyoroshye no kurangamira Imana muri byose, ntacyo usuzuguye. Yitabye Imana ku wa 30 nzeli 1897. Ashyirwa mu rwego rw’Abatagatifu kuwa 17 Gicuransi 1925 na Papa Pie XI. Kuwa 19 Nzeri 1997. Yanditswe mu bahanga ba Kiliziya (Docteurs de l'Église) na Papa Yohani Pawulo wa II. Niba ushaka kumenya byinshi ku buzima bwe, kanda AHA.

Umurage wa mutagatifu Tereza w’Umwana Yezu

  • ‘Akayira k’ubusamo’ (la théologie de la « petite voie », de l'enfance spirituelle), uburyo bwo kwitagatifuriza mu bwiyoroshye, uurangamira Imana muri byose, ntacyo usuzuguye.
  • Isengesho ryo kwiyegurira urukundo nyampuhwe (Acte d'offrande à l'Amour Miséricordieux).
  • Yasize inyandiko nyinshi zinyuranye, ibisigo, amabaruwa, ikinamico (Jeanne d'Arc accomplissant sa mission), inyandiko ku buzima bwe (Manuscrits autobiographiques) … zivuga ku rukundo nyampuhwe rw’Imana n’uburyo bwo kwitagatifuriza mu byo abandi bafata nk’ibyoroheje. Mu buzima bwe, Tereza yanditse amabaruwa asaga 250, imivugo 62, ikinamico (pièces théâtrale de récréations pieuses) 8 n’amasengesho 21.

6.     Umuhire Yohani Yozefu Lataste, intumwa y’inzu z’imbohe

Yohani Yozefu Lataste yavukiye mu bwami bw’Ubufaransa, kuwa 5 Nzeri 1832. Ni umupadiri w’umudominikani witangiye kwamamaza Ivanjili mu mbohe. Bityo ni intumwa y’inzu z’imbohe. Yitabye Imana kuwa 10 Werurwe 1869. Ni Papa Benedigito wa XVI wamutangaje nk’Umuhire kuwa 3 Kamena 2012. Tumwizihiza kuwa 5 Nzeri. Niba ushaka kumenya byinshi ku buzima bwe, kanda AHA.

Umurage w’Umuhire Yohani Yozefu Lataste

  • Yashnze, mu 1866, umuryango w’ababikira ba Dominiko b’i Betaniya (Sœurs dominicaines de Béthanie)
Bimwe mu bibitabo byinshi yanditse (uko byitwa mu gifaransa)
  • Les Réhabilitées (Paris - Poussielgue - 1866 - 76 p.)
  • Récit évangélique, Le Rosaire perpétuel (Paris - Poussielgue - 1866 - 50 p.)
  • La Bienheureuse Imelda Lambertini (Paris - Poussielgue - 1866 - 36 p. Cinq éditions de 1866 à 1875).

7.     Yohani Pawulo wa II

Yavukiye mu gihugu cya Polonye kuwa 18 Gacirasi 1920. Kuwa 1 Ugushyingo 1946, yahawe ubupadiri, ahabwa Ubwepiskopi kuwa 28 Nzeri 1958. Mu 1967, yagizwe Karidinali na Mutagatifu Papa Pawulo wa 6. Yatorewe kuba Papa kuwa 16 ukwakira 1978. Yatabarutse kuwa 2 Mata 2005.  Papa Yohani Pawulo wa II yashyizwe mu rwego rw’Abatagatifu na Papa Fransisko, kuwa 27 Mata 2014. Tumwizihiza kuwa kuwa 22 Ukwakira. Ni intumwa y’Impuhwe z’Imana, ndetse n’intumwa ya Rozali Ntagatifu. Ibindi kuri Mutagatifu Yohani Pawulo wa II, kanda AHA.

Umurage wa Mutagatifu Papa Yohani Pawulo wa II

  • Yashyizeho Icyumweru cy’Impuhwe z’Imana
  • Yashimangiye ko « Urugo rw’abakristu » ari « Kiliziya y’imuhira » (Eglise domestique)
  • Yatangije Amahuriro mpuzamahanga y’urubyiruko (JMJ) anadusigira n’Umusaraba wa Forum
  • Yadusigiye Amibukiro y’Urumuri akomeza gukungahaza Isengesho rya rozali

Mu murage we kandi, Mutagatifu Yohani Pawulo wa II yadusigiye inyandiko nyinshi zidufasha kurushaho gusabana n’Imana. Mu gihe yamaze ari umushumba wa Kiliziya, yavuze imbwirwahuhame 20 351. Inyandiko ze (écrits et textes de discours) zigize amapaji ibihumbi 80, harimo amabaruwa (Encyclique) 14 agenewe abashumba ba za diyosezi n’abakristu :

  • Ecclesia de Eucharistia: yo kuwa 17 Mata 2003, ivuga agaciro k’Ukaristiya muri Kiliziya
  • Fides et Ratio, yo kuwa 14 Nzeri 1998, ivuga ku isano iri hagati y’ukwemera n’ubuhanga (la foi et raison)
  • Ut Unum Sint, yo kuwa 25 Gicuransi 1995, ivuga ku bumwe bw’amadini (engagement œcuménique)
  • Evangelium vitæ, yo kuwa 25 Werurwe 1995, ivuga ku gaciro k’ubuzima  (la valeur et l'inviolabilité de la vie humaine)
  • Veritatis Splendor, yo kuwa 6 Kanama 1993, ku nyigisho mbonezamuco za Kiliziya sur (l'enseignement moral de l'Église)
  • Centesimus Annus, yo kuwa  1Gicuransi 1991, ivuga ku by’umubano (les connaissances et l'organisation sociale)
  • Redemptoris Missio, yo kuwa 7 Ukuboza 1990, ivuga ku bamisiyoneri (la valeur permanente du précepte missionnaire)
  • Sollicitudo Rei Socialis, yo kuwa 19 Gashyantare 1988, ivuga ku kibazo cy’imibereho myiza
  • Redemptoris Mater, yo kuwa 25 Werurwe 1987, ivuga ku mwanya wa Bikira Mariya mu kwemera
  • Dominum et Vivificantem, yo kuwa 30 Gicuransi 1986, ivuga kuri Roho Mutagatifu mu buzima bwa Kiliziya n’ubw’isi.
  • Slavorum Apostoli, yo kuwa 2  Nyakanga 1985, ivuga ku batagatifu  Sirilo  na Metodi ;
  • Laborem Exercens, yo kuwa 14 Nzeri 1981, ivuga ku murimo wa Muntu
  • Dives in Misericordia, yo kuwa 2 Gashyantare 1980, ivuga ku mpuhwe z’Imana
  • Redemptor Hominis, yo kuwa 4 Werurwe 1979, ivuga ku gaciro ka Muntu  (la dignité humaine).
  • Ibaruwa “Kiliziya Ibeshwaho n’Ukaristiya”, ahamya ibi : Kiliziya ibeshwaho y’Ukaristiya (Numero ya 1), Ukaristiya ni Isakaramentu ry’umukiro wacu (Numero ya 4),Ukaristiya ni Ibanga ryUkwemera (Numero ya 11), Ukaristiya yubaka Kiliziya, na Kiliziya ikarema Ukaristiya (Numero ya 21), Ukaristiya ni ishingiro ry’ubumwe bwa Kiliziya (Numero 34-45), Muri Ukaristiya, Kiliziya ihimbaza Urupfu n’Izuka rya Kristu (Numero 13-15),Mu kurangamira Ukaristiya tumenyeramo ubukungu twahawe na Nyagasani (Numero 61-62).

Intumwa z’Impuhwe z’Imana tuzigireho kurangamira Impuhwe z’Imana, umukiza w’abantu.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...