Friday, June 3, 2022

Siperansiya wa Yezu, intumwa y’Urukundo nyampuhwe

Amazina Siperansiya wa Yezu (Esperance de Jésus) yiswe n’ababyeyi be Maria Josefa Alhama y Valera. Izina Siperansiya wa Yezu yaryiswe abaye umubikira. Yavukiye i Santomera, muri Espagne kuwa 29 Nzeri 1893. Yitabye Imana ari mu butaliyani i Collevalenza kuwa 8 Gashyantare 1983. Ni intumwa y’urukundo nyampuhwe (Apôtre de l'Amour miséricordieux), intumwa y’impuhwe z’Imana kimwe na  Fawustina Kowalska Misheli , Yohani Yozefu Lataste , Tereza w’Umwana Yezu , Yohani Pawulo wa II  na  Ludoviko Orione

Yashinze imiryango y’Abihayimana ibiri: uw’ababikira bitwa Abaja b’Urukundo nyampuhwe n’undi witwa Abahungu b’Urukundo nyampuhwe (servantes de l'Amour miséricordieux et des Fils de l'Amour miséricordieux).

Ushaka ku menya amateka y’abatagatifu batandukanye twateguye ? Nyura kuri buri umwe hasi aha, urabona amahuza (Links) akugeza ku nkuru zivuga kuri buri mutagatifu twanyujije kuri uru rubuga. Mutagatifu Alufonsi  ,   Mutagatifu Matilida  ,  Mutagatifu Jisela  ,  Mutagatifu FransiskoSipineli ]

Siperansiya wa Yezu yavukiye mu muryango ukennye w’abahinzi. Icyamushoboje kwiga ni ubwenge yari afite bwatumye yishingirwa na padiri mukuru wa paruwasi ye, amwitaho kugeza agize imyaka 21. Mu 1914, yinjiye mu muryango w’Abari ba Kaluvariyo (Filles du Calvaire), akora amasezerano yambere nyuma y’imyaka ibiri ku izina rya Siperansiya wa Yezu. Uyu muryango wari ugizwe ahanini n’ababikira bakuze bituma uhuzwa n’undi (missionnaires clarétines), na wo wita ku burezi, mu 1921. Afite imyaka 12 yabonekewe na mutagatifu Tereza w’Umwana Yezu amusaba kwamamaza ubuyoboke bwo kwiyambaza urukundo nyampuhwe (propager la dévotion à l'Amour miséricordieux). Bavuga ko yaba yarafatanije n’umudominikani Yohani Gonzalezi (Juan González Arintero) mu buryo busa n’ibanga.

Mu 1930 yavuye mu muryango yarimo ajya kwitangira abakene mu bikorwa by’urukundo binyuranye. Iyi yari inzira yo gushinga umuryango mushya, Abaja b’Urukundo nyampuhwe, wavutse kuri Noheli y’uwo mwaka, kugira ngo uhindure uko abakristu babonaga Imana nk’umucamanza, kurusha uko bayibona nk’umunyampuhwe ubabarira abanyabyaha kandi agakunda abantu kurusha ibindi byose. Uyu muryango wavukiye mu bukene bukabije nyamara ntibyaca intege abawugize n’abashakaga kuwugana. Ababikira baryamaga ku karago, bakisegura ibitabo kugeza ubwo ineza y’Imana ibashoboje gutera imbere kugeza n’ubwo bemewe ku rwego rwa Diyosezi mu 1935.

Mu 1940, Siperansiya wa Yezu yitabye i Roma kugira ngo asobanure ibyo yaregwaga n’abepiskopi n’abapadiri banyuranye bo muri Espagne. Aba ntibumvaga neza inzira-ngenzi ye ku rukundo nyampuhwe n’ibyamuvugwagaho by’amayobera (sa spiritualité de l'Amour miséricordieux et phénomènes mystiques) ; ukuri kwabyo n’uko yitwaraga. Ibi byaje gutuma yamburwa ububasha bwo kuyobora umuryango nk’umuyobozi mukuru, yibera mu rugo rw’i roma, ari umubikira nk’abandi bose. Nubwo byagenze bityo, Siperansiya wa Yezu ntiyigeze anenga abayobozi ba Kiliziya ku bw’ibyemezo bamufatiye, bimuheza mu kuyobora umuryango yashinze. Yakomeje kubaho neza, yakira, mu mtambara ya kabiri y’isi, impunzi za politiki, abasirikari, abayahudi n’abana benshi b’abakene kandi batawe. Ibyo kuyobora umuryango yabigarutsemo mu 1952 atowe n’inteko rusange. 

Mu 1951, Siperansiya wa Yezu yashinze undi muryango w’Abihayimana, ishami ry’abahungu kugira ngo bajye bafasha abasaseridoti ba diyosezi. Abo ni Abahungu b’Urukundo nyampuhwe (Fils de l'Amour miséricordieux). Abisabwe na Yezu, Siperansiya wa Yezu yubakishije ingoro i Collevalenza mu 1953, ihabwa umugisha na Karidinali Alfredo Ottaviani mu 1962. Iyi ngoro yagizwe Bazilika nto na mutagatifu Yohani Pawulo wa II kuwa 22 Ugushyingo 1981 ubwo yagendereraga i Collevalenza, agaha umugisha mama Siperansiya wa Yezu. Mu 1970. Karidinali Wojtyla, wari umushumba wa Arikodiyosezi ya Cracovie, yagiye kugisha inama Siperansiya wa Yezu ku bijyanye no gukwirakwiza ubutumwa bwa Fawustina, wabaye umutagatifu, intumwa y’impuhwe z’Imana.

Ubuzima mayobera (Vie mystique) bwa Siperansiya wa Yezu

Imibereho ye mu buryo butangaje, burenze ubumenyi bwa muntu igaragarira mu mabonekerwa menshi. Yabonekewe na Yezu, amumenyesha byinshi bijyanye n’impuhwe. Hari kandi kuba hari inshuro nyinshi yagiye aba ahantu habiri icyarimwe (bilocation) ndetse no gutwarwa buroho (extase) mu bihe bitandukanye. Siperansiya wa Yezu yarwanaga n’imyuka mibi yamuteraga, ikamukubita bikomeye. Kuburyo bugaragara, Siperansiya wa Yezu yagize uruhare ku bubabare bwa Yezu, bihamywa n’ibikomere nk’ibya Yezu (stigmates) yari afite ku mubiri. Hari n’ibindi byinshi byabaye nko kubona amafaranga yo kwishyura abakozi b’ingoro ku buryo bw’agatangaza no kuba Ishusho y’Umwana Yezu igenza nk’ikinyabuzima (l'animation pendant quelques instants) muri Misa y’ijoro rya Noheli.

Urugendo ku gushyirwa mu rwego rw’Abatagifu

Uru rugendo, ku rwego rwa diyosezi, rwatangiye kuwa 24 Mata 1988, rusozwa kuwa 11 Gashyantare 1990. Urwego rwa Kiliziya rubishinzwe rwemeje ko hari ibikorwa by’ubutwari byamuranze akiriho, bituma atangazwa nk’Umwubaha na mutagatifu Yohani Pawulo wa II, kuwa le 23 Mata 2002. Ni Papa Fransisko wemeje, kuwa 5 Nyakanga 2013, inyandiko imwemerera kujya mu rwego rw’Abahire. Kuwa 31 gicuransi 2014 nibwo yashyizwe mu rwego rw’Abahire na Karidinali Angelo Amato mu izina rya Papa Fransisko. Yibukwa kuwa 8 Gashyantare.

Umuhire Siperansiya wa Yezu, udusabire !

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...