Sunday, June 19, 2022

Mutagatifu Yohani Fransikiko Rejisi, umusaseridoti wa Kristu

… akababwira ati: “Abantu b’umutima mwiza bazashobora kwegera isakaramentu ry’imbabazi, kandi umunani wanjye ni intama zatereranywe.’’…ati: “Nimuze bana banjye nkunda, muri ubukungu bwanjye mukaba n’ihirwe ry’umutima wanjye.’’ Amaze kuvuga nk’uko Yezu Kristu yavuze ati: “Nyagasani nshyize roho yanjye mu biganza byawe’’, Nyagasani yakira roho ye.

Yohani Faransisiko Rejisi yavukiye i Fontcouverte (‘Fonkuverite’’) mu karere ka Aude (Ode), ka diyosezi ya Narbonne, mu gihugu cy’Ubufaransa, mu 1597. Afite imyaka 19 nibwo yinjiye mu bihayimana b’abayezuwiti, atangira Novisiya i Tuluze. Yahawe ubupadiri ku wa 16 Kamena 1630. Faransisiko Rejisi ni umwe mu birangirire by’abamisiyoneri b’Abapadiri b’abayezuwiti babayeho, n’ubwo ingendo ze mu kwamamaza Ivanjili zitarenze Ubufaransa. Yabaye indahemuka mu mirimo yo kwamamaza Ivanjili, akiri mu mashuri makuru n’aho aherewe ubusaseridoti arushaho kubuhugukira no gutunganira Imana.

Icyemezo cyo kwiyegurira Imana yagifashe nyuma yo gukira indwara yagombaga kumuhitana, akayikira mu buryo bw’igitangaza. Igihe yari mu mashuri makuru, bagenzi be bari baramuhimbye izina rya Malayika wa Koleji. Ageze no muri Novisiya, aba intangarugero muri byose, cyane cyane mu gukora ibikorwa by’urukundo, na ho bamwita Malayika wa Novisiya. Ubutumwa bwa mbere nk’umusaseridoti yabukoreye ahitwa Tournon. Ku cyumweru, yazengurukaga imidugudu iri hafi ya paruwasi, agakusanya abana benshi, akabigisha uko bakunda Yezu Kristu. Yakoranye ubwitange, yifashisha ijambo ry’Imana n’amasakramentu, yamurura ubusinzi, kurahira izina ry’Imana mu busa no mu binyoma n’ubusambayi byari byarahawe intebe mu maparuwasi menshi.

Agihabwa ubupadiri, Yohani Faransisiko Rejisi yatangije amatsinda yo gushengerera Isakaramentu ritagatifu. Icyo gikorwa gitagatifu, yatangije akiri umupadiri mushya cyamwigishije ko agomba kumvira kurushaho. Icyo gihe yari afite imyaka 22. Yabaye intumwa y’Imana mu turere dutandukanye twa Vivarais (Vivare), Forez (Fore) na Velay (Vele), akorana umurava umurimo wo kwita ku bumwe muri Kiliziya no kwamamaza Ivanjili mu byaro. Amaze imyaka umunani mu butumwa bwa gisaseridoti nk’umupadiri, yafashe umwaka w’umwiherero, afata umugambi ukomeye wo gukiza roho z’abantu. Nuko atangirira ku kwamamaza Ivanjili i Fontcouverte (Fonkuverte), paruwasi yavukiyemo. Mu byo yakoze harimo: kwigisha gatigisimu, gutanga isakaramentu rya Penetensiya, gusura abarwayi, no Kwigisha Ijambo ry’Imana. Ibi bikorwa yakoreraga imbaga y’Imana umuryango avukamo ntiwabibonaga neza, wumvaga usebejwe no kubona akora ibikorwa biciye bugufi.

Bavuga ko umuryango we wigeze kurakazwa no kumubona azaniye umurwayi ibyatsi byiza byo kumusasira ngo abirareho. Ariko kandi umubare munini w’abahindukaga bakemera Imana kubera ubutumwa bunyuranye Rejisi yakoze, wari igisubizo ku muryango we n’abandi bibazaga ibyo arimo bikabayobera. Akenshi bamubonaga yiriwe mu ntebe ya Penetensiya atanga iryo sakaramentu, umugoroba ukagera akicaye, ataragira icyo arya. We akababwira ati: “Abantu b’umutima mwiza bazashobora kwegera isakaramentu ry’imbabazi, kandi umunani wanjye ni intama zatereranywe.’’ Yishimiraga ubutumwa bwe cyane kuko yabonagamo umurage we n’ubukungu akeneye. Yabwiraga imbaga y’Imana ati: “Nimuze bana banjye nkunda, muri ubukungu bwanjye mukaba n’ihirwe ry’umutima wanjye.’’

Ubutumwa bwe nk’umusaseridoti yabumazemo igihe gito, imyaka icumi. Muri icyo gihe, Rejisi yakoranye imbaraga ze zose imirimo myinshi y’agatangaza: yaranzwe no kwigomwa, kugera ahantu henshi yamamaza Inkuru nziza no guhindura abantu benshi bakemera, kandi anakora ibitangaza byinshi! Inshuro nyinshi yageraga aho ubuzima bwe bujya mu makuba kubera kwitangira abandi. Umunsi umwe, yagiye mu butumwa mu misozi nuko avunika ukuguru ku buryo bukabije, ariko, muri iryo joro, bucya yakize kandi nta muti yafashe. Rejisi yitabye Imana yagiye mu butumwa ahitwa Louvesc (Luvesiki). Yicwa n’umunaniro n’imbeho, amaze kuvuga nk’uko Yezu Kristu yavuze ati: “Nyagasani nshyize roho yanjye mu biganza byawe’’. Arangije kuvuga atyo, arisinzirira, Nyagasani yakira roho ye mu bwami bwe. Hari ku itariki 31 Ukuboza 1640, aha i Luveski hakaba ariho hari imva ye, n’abakristu bakaba bahaza bakamwiyambaza. Tumwizihiza kuwa 16 Kamena. Mutagatifu Yohani Fransikiko Rejisi udusabire!

Izi nyandiko zagufasha kumenya byinshi:

  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013. P.176-177.
  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri. Nzeri 2015. P.171.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.284.
  • http://www.sanctoral.com/fr/saints/saint_jean-francois_regis.html
  • https://nominis.cef.fr/contenus/saint/9847/Saint-Jean-Francois-Regis.html

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...