Friday, June 24, 2022

N’ubwo ushimwa si wowe ashaka

Si wowe akunda, ntiwibeshye, Ntiwibwire ko uri umwali, Umukobwa unyuze umukunzi, Kuko agushima aho muri hose. Arakurata ubwo bigatinda, Ati: uri mwiza, ubahiga bose, Uri akanyange no muri byose, Akagusingiza atiganda. Kugusingiza nibyo ashinzwe, Akabya kandi bimwe bisanzwe, Ngo wishimire ayo magambo, We yoroherwe n’umuteguro. Icyo agushimira si ikindi, Si umutima nk’uko akubeshya, Ni uko akubona, igihe abishaka, Ibyo wambaye ukabikura. Ni uko ugenza iyo muhuye, Ukabura kwifata uko bikwiye, Umwiyegurira uko abishatse, Witwaje ko yagukunze. Kurya ugenza muri byanyu, Si ryo zingiro ry’umubano, Ntiwibwire ko ari byo ashaka, Ku mukobwa bazabana.

Ko akubwira ngo aragukunda, Ese yakweretse uwo muryango, Ngo mwibwirane mwishimye, Baguhe ikaze mu rugo rwabo? Cyo humuka ukore igikwiye, Umwali mwiza wuje ibanga, Ukwiye urugo rwuje ineza, Uzarebe uko abyakira. Azakubwira ko utakimushaka, Ko utakimukunda kumwe bikwiye, Ntazitinda no kukwiyereka, Azaguhunga kuko umurenze. Ati: nagende naramubonye, Nzajya ahandi, nsange abandi, Ntiyibwire ko bingoye, Kuko n’ubundi hari n’abandi. Va mu byaha gana ubugingo, Garuka wegukire gusenga, Udusoni kobwa turakurange, Umenye kwifata muri byose. Uzagukunda abe anyurwa n’ibyo, N’aho abo bandi bo barakoshya, Bagushakira ibyishimo, Kurya ubegurira ubugingo. 

Garura ubwenge n’umuco ukwiye, Emera wumvire abakubyaye, Bagutoza kunyura Imana, Mu rugendo rugana Imana. Uri umunti nturi inkware, Imwe ishaka agaca kareba, Usibe none kubisubira, Hato utazisama usandara. Menya igikwiye n’ikidakwiye, Ukunde kandi uhundwe impundu, Urwanye kandi guhundwa induru, Indaro ntibe intaho yawe. Nubigenza kumwe bigomba, Uzabibona ko atagukunda, Muzashwana bishyire kera, Ntabwo azongera kukurata. Azagusingiza ibigusenya, Azagushinja kubona abandi, Ntaziyumvisha umukiro ushaka, Uzamureke ukomeze ibindi. Uzatuze ugarure ubwenge, Uhamye intego utsinde byose, Ibigusubiza hamwe wavuye, Uziturwa n’Iyaguhanze. Izakwinjira mu bugingo, Izakwamururaho ibyonnyi, Izaguhaza guhorana intsinzi, Ikwiture kuko uri uwayo.

No comments:

Post a Comment

Mata 2024: Abapadiri 24 batorewe kuba abepiskopi

Mu kwezi kwa Mata 2024, Papa yatoye abepiskopi bashya 19, bivuze ko hazaba ibirori 19 byo gushyira abo bapadiri mu rwego rw’abepiskopi, baga...