Sunday, July 17, 2022

Kigali, Paruwasi 5 ku isonga mu kubyara Ababikira

Inyubako ya Cathédrale St Michel
Paruwasi ya Rwaza ya Diyosezi ya Ruhengeri ni yo umunyarwandakazi wa mbere, Mama Mariya Yohana Nyirabayovu, yakoremo amasezerano yo kwiha Imana mu muryango w’Abenebikira, kuwa 25/03/1919. Kuva ubwo, abanyarwandakazi bakomeje kugana iyo nzira yanyuzwe n’uwo mukuru wabo, ngo begukire kwitangira Kiliziya nta kibaziga. Magingo aya, muri kiliziya y’u Rwanda hari imiryango y’abihayimana isaga 100. Muri yo, harimo abihayimana kavukire benshi bafatanya na bagenzi babo b’abanyamahanga mu gukorera imbaga y’Imana, yo mubyeyi wa bose. Twifuje kubagezaho amaparuwasi 5 ya Arikidiyosezi ya Kigali, ahiga ayandi mu kubyara ababikira benshi. Dutegura iyi nkuru, twifashishije urubuga rwa Arikidiyosezi ya Kigali (https://archidiocesekigali.org), rwasuwe kuwa 7 Nakanga 2022, bikaba bigaragara ko aya makuru akenewe kuvugururwa.

1.     PARUWASI YA RULINDO 

Paruwasi ya Rulindo ni yo ihiga izindi mu mavuko, bitya ikaza imbere no mu kwibaruka abihayimana benshi. Yashinzwe kuwa 26 Mata1909, iragizwa Bikira Mariya Umubyeyi ubohora imbohe. Igizwe n’amasantarali 6 na Sikirisale 7 zose za Santarali ya Rulindo. Ikaba imaze kubyara amaparuwasi nka Byumba (1938), Rwankuba (1947), Nyagahanga (1947), Rushaki (1952), Bungwe (1954), Rutongo (1955), Rwesero (1959), Kabuye (1961), Muyanza (1961), Burehe (1962), Shyorongi (1967), Muhura (1969), Ruli (1970) na Rukomo (1980). Ni Paruwasi yavukiyemo imiryango y’abihayimana ibiri, ariyo INSHUTI Z’ABAKENE n’ABAJA BA MARIYA. Umubikira wambere uvuka i Rulindo ni Ni Sr. M.Huberta + (KARUGANDA Modesta), hagaheruka Sr. MUKESHIMANA Bernadette. Imaze kubyara ababikira 44, abapadiri 35 n’abafureri 5.

2.     PARUWASI YA NYAMATA 

Ku mwanya wa kabiri hari Nyamata yashinzwe mu 1957, ikaragizwa Bikira Mariya Mwamikazi w’Intumwa. Iyi Paruwasi yibarutse Paruwasi ya Ruhuha mu 1971, Rilima mu 1973 na Nkanga mu 2012. Ubu igizwe n’amasantrali 13 na Sikirisali 1. Ituwemo n’imiryango y’Abihayimana igera kuri 6, ikaba iri mu mwaka wa 65 (1957-2022), ifasha abakristu mu kwitagatifuza. Iyi Paruwasi ni iya kabiri mu kugira ababikira benshi. Umubikira wa nyuma ni Sr. Yacine DUSABIMANA, na ho uwubuhawe mbere ni Sr. Mariane MUKANTAGENGWA. Imaze kugeza ababikira 40, abapadiri 14 n’abafureri 5.

3.     PARUWASI YA SHYORONGI 

Ku mwanya wa gatatu haza Paruwasi ya Shyorongi, yashinzwe ku wa 27 Nyakanga 1967, ikitirirwa Bikira Mariya Utabara abakirisitu. Ibarizwa mu Karere k’icyenurabushyo Buriza-Bumbogo. Paruwasi shyorongi ihana imbibi na Paruwasi zikurikira: Paruwasi Rulindo, Muhondo, Kabuga (Diyosezi ya Kabgayi), Rutongo na Paruwasi y’umuryango mutagatifu. Paruwasi ishingwa, yahawe amasantarali atatu ya Paruwasi ya Rulindo; Nkanga, Nyabuko na Rwahi ndetse n’ane yo muri Paruwasi y’umuryango Mutagatifu: Shyorongi, Kanyinya, Rutonde na Nyundo. Umupadiri bwite wa Diyosezi wayiyoboye bwa mbere ni Mgr Michel RWABIGWI (1976-1979). Paruwasi ya Shyorongi ituwemo n’Imiryango y’abihayimana 2: Abapenitentes ba Mutagatifu Fransisiko wa Assize n’Inshuti z’abakene.

Amakuru ari ku rubuga rwa Arikidiyosezi ya Kigali avuga ko Paruwasi imaze kubyara abapadiri 3, abasemirari bakuru 2, abafureri 2, Ababikira 21 n’abandi bakiri mu irerero. Ariko ababikira bagaragzwa ni 14: Santarali ya Nkanga, iya Mboza na Nyabuko; buri Santrali ifite umubikira 1, Shyorongi yabyaye ababikira 9 bose baba mu bapenitente ba Mutagatifu Francisco w’Asizi naho Rwahi ibyara ababikira 2 mu gihe Kanyinya itarabyara uwhihayimana, yaba umufureri, umubikira cyangwa se umupadiri. Ikindi ni uko mu masantarali ayigize batagaragaza iya Rutonde, iboneka mu masantarali 7, Paruwasi Shyorongi yatangiranye.

4.     PARUWASI YA KABUGA

Iri ku mwanya wa kane hari Paruwasi ya Kabuga yashinzwe kuwa 01 Kamena 2003, ku munsi mukuru w’Asensiyo, iragizwa Kristu Nyirimpuhwe, ihabwa umuryango w’Abapadiri b’Abapalotini. Ihana imbibi na Paruwasi ya Ndera mu majyaruguru n’iburengerazuba, hakaba Paruwasi ya Masaka, mu majyepfo hari Paruwasi ya Musha na Kigarama iri mu burasirazuba. Mu 2010, havutse Ingoro y’Impuhwe z’Imana y’i Kabuga. Imiryango y’abiyeguriye Imana ikorera ubutumwa muri Paruwasi ya Kabuga ni 6; Abapalotini, Ababikira b’Abamalayika, Les Sœurs de la Sainte Famille d’Helmet, Les Sœurs de l’Assomption, Ababikira b’Umubyeyi ugira Inama Nziza n’Abenebikira. Abiyise “Intwarane za Yezu na Mariya” bahafunguye urugo kuri Pasika ya 2017, bakaba bagikurikiranwa. Paruwasi ya Kabuga ifite ababikira 14 mu bihayimana 17 yabyaye. Bavuka mu masantarali abiri muri ane ayigize. Muyumbu iherereye mu karere ka Rwamagana, yabyaye abihayimana 16, barimo ababikira 13, abafureri 2 n’umupadiri 1. Santarali ya Ruhanga, yabyaye sikirisali ya Gakenyeri, n’umubikira witwa Drocella Mukashyaka (Caritas Christi). Kabuga na Mbandazi.

5.     PARUWASI YA MUSHA

Ku mwanya wa gtanu haza Paruwasi ya Musha yitiriwe mutagatifu Dominiko Saviyo yashinzwe 1969, ikomotse kuri paruwasi ya Rwamagana. Iri mu karere k’ikenerabushyo ka MASAKA. Mu Majyaruguru, hari ikiyaga cya Muhazi kiyitandukanya na Paruwasi Rwamiko, Muhura na Kiziguro zo muri Diyosezi ya Byumba. Mu Majyepfo hari Paruwasi ya Kigarama, mu Burasizuba hari Paruwasi ya Rwamagana, mu Burengerazuba hari Paruwasi ya Ndera, na Kabuga. Mu mwaka wa 2008, Paruwasi ya Musha yari igizwe n’amasantarali 7 nyuma yo kubyara Paruwasi ya Kigarama; ubu igizwe n’amasantarali 4. Santarali ya Musha fite amasukurusale ane, ariyo: Musha, Duha, Cyimbazi na Rutoma. Santarali Gahengeri ifite amasukurusale abiri; Runyinya na kibare. Santarali Janjagiro na Santarali Nyagasambu. Paruwasi ya Musha ituwemo n’imiryango y’abihayimana ibiri: Umuryango w’ababikira b’umwana Yezu (les sœurs de l’enfant Jésus) n’Umuryango w’ababikira b’Inshuti z’abakene. Paruwasi ya Musha imaze kubyara ababikira 10, abapadiri 10 n’umfureri 1.

.......................................................Izindi nkuru..................................................................

Nyura kuri buri umwe hasi aha, urabona amahuza (Links) akugeza ku nkuru zivuga ku batagatifu twanyujije kuri uru rubuga :

 Mutagatifu Alufonsi  ,   Mutagatifu Matilida  ,  Mutagatifu Jisela  ,  MutagatifuFransisko ,  Jilberitiumukuru w’abihayimana , Visenti Feriye ,

Intumwa z’Uruhanga Rutagatifu rwa Yezu « apôtre de la Sainte Face » (Abantu 7 baharaniye ko kwiyambaza Uruhanga rutagatifu bimenywa kandi bigakorwa uko bikwiye na bose),

Umurage w’intumwa z’impuhwe z’Imana ; (ibyo twasigiwe n’abatagatifu 7 bafatwa nk’intumwa z’impuhwe z’Imana « apôtre de la miséricorde ».

Isakapulari y’Abakarumeli, isoko y’amahoro mu byago (iyi nkuru iragufasha kumenya ubwoko 16 bw’amasakapulari).

No comments:

Post a Comment

Mu mwaka umwe nk’Umwepiskopi wa Kabgayi

Umwaka urashize Diyosezi ya Kabgayi ibonye Umwepiskopi mushya. Hari kuwa 02 Gicurasi 2023, ubwo Nyirubutungane Papa Francis yatoye Padiri Ba...