Inyandiko ya Diyosezi yo kuwa 30/6/2026 igaragaza uko abasaseridoti bahawe ubutumwa mu mwaka wa 2026-2027, igasaba ko abahawe ubutumwa bushya bagomba kuba bageze aho batumwe bitarenze kuwa 30/07/2026. Ushaka inyandiko igaragaza aho abapadiri bose batumwe, kanda AHA
Tuesday, June 30, 2026
Byumba: Hatangajwe aho abapadiri bazakorera ubutumwa 2026-2027
Sunday, June 28, 2026
Gikongoro yatangaje aho abapadiri bazakorera ubutumwa mu mwaka wa 2026 - 2027
Nk'uko bisanzwe mu
Kiliziya Gatolika, urutonde rw'iyimurwa n'ishyirwaho ry'abapadiri rugena aho
buri mupadiri azakorera, inshingano ahabwa ndetse n'igihe izo nshingano
zizatangirira. Impinduka nk'izi zigamije kongera imbaraga mu butumwa bwa
Kiliziya no gufasha abakristu kubona abashumba babegereye.
Muri iki gihe, Abakristu
ba Diyosezi ya Gikongoro barasabwa kwakira neza abapadiri bahawe inshingano
nshya, kubashyigikira no kubasabira kugira ngo bazasohoze neza ubutumwa bahawe.
Abapadiri na bo basabwa gukomeza umurimo wabo barangwa n'ubwitange, ubufatanye
n'urukundo bakorera Imana n'abayoboke bayo.
Niba ushaka urutonde
rwose rw'abapadiri bose n'aho boherejwe mu mwaka wa 2026–2027, kanda AHA.
Friday, June 26, 2026
Religious Freedom: A Fundamental Human Right
Religious freedom is one of the most fundamental human rights and a cornerstone of human dignity. The Catholic Church, through the Second Vatican Council, reaffirmed its commitment to protecting this right in the Declaration Dignitatis Humanae, which proclaims the freedom of individuals and communities in matters of religion.
According to the Church's teaching, every person has the right to seek the truth and to practice his or her faith without coercion. Faith, it emphasizes, cannot be imposed by force but must be embraced freely through the power of truth itself. Respect for human dignity requires that no individual be compelled to act against his or her conscience or prevented from living according to sincerely held religious beliefs.
Religious freedom extends beyond the individual and has an important social dimension. It calls on governments and public institutions to recognize and protect this right within their legal systems. As a civil right, freedom of religion allows people to worship, teach, and share their faith while contributing positively to society.
At the same time, the Church acknowledges that religious freedom, like other rights, is exercised within the framework of the common good. Laws and public policies should protect the rights of all citizens, preserve public order, and promote peaceful coexistence among people of different beliefs.
The Second Vatican Council also underlined that even where a particular religion has historical or cultural significance within a nation, such recognition should never result in discrimination against other religious communities. Equal treatment and mutual respect are essential principles in a society governed by the rule of law and international human rights standards.
Despite growing awareness of human rights worldwide, violations of religious freedom continue to occur in many countries. In some places, religious instruction, catechesis, or even the public practice of faith can lead to legal penalties. Such restrictions highlight the continuing need for dialogue, tolerance, and stronger protections for fundamental freedoms.
As the world becomes increasingly diverse, safeguarding religious freedom remains essential for building peaceful and inclusive societies. By respecting the conscience and beliefs of every individual, nations strengthen the values of justice, human dignity, and social harmony. (Image: AI)
Thursday, June 18, 2026
25 Servants of God stepped to Sainthood
During the audience granted to His Most Reverend Eminence Cardinal Marcello Semeraro, Prefect of the Dicastery for the Causes of Saints, today on June 18,2026, the Supreme Pontiff authorized the same Dicastery to promulgate the Decrees regarding:
the martyrdom of 20 Servants of God and the heroic virtues of 5 Servants of God, including the Servant of God Júlio Maria De Lombaerde who founded 3 religious congregations.
the Dicastery for the Causes of Saints has been authorized to to promulgate the Decrees regarding:
- the martyrdom of the Servants of God Juan Torres Torres and 19 companions, diocesan priests, killed in hatred of the faith between August and September 1936, in the territory of the diocese of Ibiza, Spain, in the context of the same persecution;
- the heroic virtues of the Servant of God Júlio Maria De Lombaerde (né Júlio Emilio Alberto), professed priest of the Congregation of the Missionaries of the Holy Family and Founder of the Congregation of the Daughters of the Immaculate Heart of Mary, the Congregation of the Missionaries of Our Lady of the Most Blessed Sacrament, and the Congregation of the Sisters of Our Lady of the Blessed Sacrament, born in Waregem, Belgium, on 7 January 1878 and died near the present-day municipality of Alto Jequitibá, Brazil, on 24 December 1944;
- the heroic virtues of the Servant of God Mary Teresa Tallon (née Julia Teresa), founder of the Congregation of the Parish Visitors of Mary Immaculate, born on 6 May 1867 in Hanover, United States of America, and died on 10 March 1954 in Monroe, United States of America;
- the heroic virtues of the Servant of God Maria Agnese Tribbioli, professed religious sister and founder of the Congregation of the Pious Worker Sisters of Saint Joseph, born on 20 April 1879 in Florence, Italy, and died there on 27 January 1965;
- the heroic virtues of the Servant of God Clara Andreu y Malferit (née Barbara Onofria), professed nun of the Hieronymite Monastery of Saint Bartomeu of Inca, born on 4 December 1596 in Palma de Mallorca, Spain, and died on 24 June 1628 in Inca, Spain;
- the heroic virtues of the Servant of God Maria Petra Giordano (née Nicoletta), professed nun of the Order of Preachers, born on 4 July 1912 in Naples, Italy, and died on 21 June 2006 in Bibbiena, Italy.
Monday, June 15, 2026
YEZU KRISTU ADUSABA GUKUNDA ABATWANGA - Padiri Jeremie HABYARIMANA
Inyigisho yo ku wa
kabiri w'icyumweru cya xi gisanzwe, umwaka a mbangikane
Umupadiri uri kwigisha abakristu (Ifoto: AI)
Isomo ryo mu gitabo cya mbere cy’Abami: 1 Bami 21, 17-29).
Zaburi: 51(50), 3-4,
5-6b, 11.16.
Ibangondirimbo
ribanziriza ivanjili: Yh 13, 34.
Ivanjili: Mt 5,
43-48.
INYIGISHO yateguwe na Padiri Jeremie HABYARIMANA
Yezu Kristu akuzwe!
Uyu munsi Nyagasani
Yezu wapfuye akazuka aje mu ijambo rye yuje urukundo. Kugira ngo na twe
arutwuzuzemo akoresheje ijambo atubwira.
Mu isomo rya mbere,
turabona Uhoraho uburyo ari umunyampuhwe, We utareka abanyabyaha ngo bapfe nta
cyo yababwiye, ahubwo akababurira, akabereka inzira mbi barimo n’ingaruka zabyo
zose ntacyo abakinze, kugira ngo bo ubwabo bihitiremo niba bagomba gukomeza
gupfa, cyangwa se niba bagomba guhindukira kugira ngo ikiganza cye kibakingire
urupfu. Ibyo rero turabibona nyine uko Uhoraho yohereza umuhanuzi Eliya na we
agahagurukana ubutwari akajya gutangariza umwami ijambo rye. Ijambo ry’Uhoraho!
Mu by’ukuri Ijambo
rya Nyagasani Uhoraho, umuntu yavuga ati “ntabwo rivugwa n’ibigwari.” Kuko ni
ijambo riteye ubwoba, ni ijambo rifite imbaraga zirenze iza muntu. Kubwira
umuntu ngo niba utaretse ibi urapfuye, cyangwa se kumurondorera ibigiye
kumubaho bitewe n’ibikorwa bye bibi, bisaba ubutwari burenze ibyo umuntu
yakwibwira. Cyane cyane iyo ari umuntu ukomeye mu maso y’abantu b’iyi si nka
Akabu wari umwami ashobora kwica agakiza. Ni we wari itegeko, ni we wari
ubucamanza, icyo yemezaga yaragikoraga mu byo yari ashoboye byose ku bo yari
ayoboye. Ariko Eliya ibyo nta bwoba byari bimuteye.
Ku bahanuzi rero,
ijambo ry’Uhoraho riruta ubuzima bwabo. Ntashobora kuriceceka. Ahitamo gupfa
aho kugira ngo ariceceke. Ahitamo kurivuga bashaka bakamwivugana. Iyo ni
Ingabire rero ya Roho Mutagatifu kandi Kiliziya yose igomba guhora isaba.
Kiliziya yose! Kandi kiliziya yose ni abakristu bose, abemera Yezu bose, ntabwo
ari abashinzwe kwigisha bonyine. Abakristu bagombye kuvugana ubwigenge,
kuvugana umwidegembyo, kuvuga ijambo rigamije kugirira abantu akamaro,
badatinye urupfu, badatinye inabi bashobora kugirirwa. Ahubwo bagatekereza
ineza barimo bagirira abandi bavuga iryo jambo. Iryo jambo riburira ababi
ribahamagarira guhinduka abo baba ari bo bose.
Umuhanuzi Eliya rero
yuzuye ubwo bubasha bwa Roho Mutagatifu, aragenda abwira umwami amagambo atyaye
Uhoraho yamwohereje kuvuga. Imbuto byeze, ni uko nyine Akabu yaciye bugufi.
Akabu uyu munsi na we ni urugero Yezu Kristu atwereka. Kuko hari abantu benshi
babwirwa ijambo nka ririya, aho kugira ngo bace bugufi, ahubwo bagashaka gucamo
ibice cyangwa guconshomera abaribabwiye. Ni uko nyine ibitotezo bivuka.
Kutihanganira ijambo ry’Uhoraho n’abarivuga. Bo bakakubwira ijambo ryiza
ryagukiza, wowe ugatangira kubavuga nabi no kubasebya, cyangwa no kubagirira
nabi no ku buryo bunyuranye. Abahanuzi nyine ni yo mpamvu igihe cyose babaye
abantu badakunzwe na bose. Ndetse benshi muri bo niba atari bose, barishwe.
Abenshi muri bo! Ikiri cyo ni uko bose bahuye n’ingorane. Kuko abantu bose
ntibashobora kumva amagambo nk’ariya ngo bakureke ugende, kereka nta bubasha
bagufiteho bwa hano ku isi.
Umuhanuzi Eliya
rero, ibyo ari byo byose ububasha bwa Roho Mutagatifu bwaramwuzuye, ubutumwa
bwe kandi bwera imbuto; Akabu arahinduka, Uhoraho amugirira impuhwe.
Ntabwo rero Uhoraho agamije gutungura abanyabyaha ngo abahitane, ahubwo arababurira igihe cyose. Nta muntu muri twe utaraburiwe. Niba ataraburirwa kandi, azaburirwa. Imburo izamugeraho byanze bikunze, kugira ngo ku munsi w’urubanza hatazagira ugira icyo yitwaza ngo “Ariko jyewe ibyo sinari narigeze mbyumva. Sinari nzi ko ari bibi.” Nyagasani udukunda akora uko ashoboye kugira ngo buri wese (…) yewe niba atanakoresheje n’abo bantu, nawe ubwawe azakubwirira mu mutima wawe akwereke urumuri rukwereka ko uri mu kugira nabi.
Akabu rero atubere
urugero. Twumve ko igihe Uhoraho atubwiye ko icyaha cyacu kizaduhitana, ataba
agamije kutwica ahubwo aba agira ngo tukireke, hanyuma tubeho. Ni nde se
uyobewe muri twe ko icyaha ari urupfu, kandi ko cyica? Ushobora kubyirengagiza
ariko rero igihe ukuri kuzagu (…) igihe ifirimbi izakuvugiraho ni ho uzabona ko
atari imikino. Icyaha ntabwo ari umikino.
Icyaha si umukino!
Ntabwo ari icyo gukinishwa. Ibyo byose ni nde ubiyobewe? Icyo tubura ni ukuvuga
tuti “Nyagasani Yezu turabiretse. Duhindure” (nko muri iyi Zaburi) “Mana yange
ngirira imbabazi ukurikije ineza yawe. Kubera impuhwe zawe nyinshi umpanagureho
ibyaha byange. Nyuhagira wese ibicumuro byange maze unkize icyaha nakoze.
Nkiza. Ntandukanya n’uwo mwanda w’ibyaha, kandi unsukure umpe ubuzima bushya.
Sinshaka kongera, ahubwo ni wowe nshaka gukurikira, gukunda kuruta byose na
bose.”
Yezu rero
aratwibutsa mu Ivanjili itegeko abakristu twebwe duhabwa rivugitse mu yandi
magambo. Yezu yaravuze mu Ivanjili ya Yohana ati” Ni mukundane, kandi mukundane
nk’uko nabakunze.”
Urwo rukundo rero
imwe mu ntambwe ikomeye yarwo ni ‘Gukunda’ nk’uko Data nyine akunda. Mukundane
nk’uko nabakunze. Hano ati” Mukundane nk’uko Data akunda.” Bigaragarire hehe
se? Mu kugirira neza ababagirira nabi, mu gukunda ababanga. Ese ibyo abakristu
turabyumva ra?
Uyu munsi rero Yezu
arabitwibukije ibyo ari byo byose. Kandi ntabitwibutsa gusa, agamije kubiduhera
imbaraga. Kubw’imbaraga za muntu, nta muntu ushobora gukunda umwanzi we nta we
ubishoboye. Ariko Yezu Kristu wigize umuntu uzi intege nke zacu, niba tumusabye
koko dukomeje kuduha ingabire y’urukundo, kuduha gukunda nk’uko Se akunda.
Nk’uko we ubwe akunda, kuduha ingabire y’urukundo, ingabire ya Roho wabo, Roho
Mutagatifu, Roho wa Yezu, Roho wa Data, azayiduha. Aduhe kubabarira. Ni yo
mpamvu nta muntu ugomba kwihanukira ngo avuge ngo ibyo ntibishoboka. Ku bantu
oya, ariko twebwe dufite ingabire. Roho Mutagatifu arahari. Ubwo rero
birashoboka Kuri twe. Kandi rero Nyagasani Yezu Ntashobora kutwigisha ibyo
abona ko bidashoboka mu buzima bwacu. Icyo gihe ntashobora kugita. Ibyo yatwigishije
byose byose ni uko bishoboka. Ni uko bishobora gukurikizwa. Cyane cyane ko
imbaraga ari ize, We ubwe uzitwihera.
Abantu rero bose
bahembera inzangano mu bantu, bamenye ko baba bakora ubutumwa bwa sekibi.
Ubutumwa bwa Yezu Kristu ni ubutumwa bw’impuhwe; Kubabarira abahemu, gukunda
abantu bose kandi abo ari bo bose. Ibyo nta wundi wabishobora usibye uwo Yezu
Kristu yabihaye, kandi nta n’undi ushobora kubyigisha usibye umukristu. Aha
rwose ni umwihariko wacu twebwe abakristu; gukunda abanzi. Kandi igihe cyose
tunaniwe gukunda abatwanga, tujye tumenya ko n’ubukristu bwatunaniye.
Nyagasani Yezu
Kristu rero agiriye amasengesho ya Bikira Mariya aduhe Roho w’urukundo
adusendere, adutandukanye burundu n’inzangano zose, aduhindure, adutagatifuze.
Ngwino Roho wa Yezu.
Singizwa Yezu Kristu
wadupfiriye ukazuka!
Mutima utagira
inenge wa Bikira Mariya uturengere uturwaneho mu izina rya Yezu.
Padre JEREMIE
HABYARIMANA
Sunday, June 14, 2026
Ruhengeri mu burezi, Iminsi mikuru yizihijwe muri Gicurasi

Umunsi w'Uburezi Gatolika muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri
Ku wa 1 Gicurasi 2026, École Saint-Marc Ruhengeri yizihije umunsi mukuru ngarukamwaka wayo. Ibirori byatangijwe na Misa Ntagatifu yabereye muri Katedrali ya Ruhengeri, iyobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, watanze amasakramentu y'ibanze kuri bamwe mu banyeshuri b’iki kigo.
Ku wa 16 Gicurasi 2026, Seminari Nto ya Nkumba, yaragijwe Mutagatifu Yohani Intumwa, yizihije umunsi mukuru wayo ndetse inizihiza isabukuru y’imyaka 38 imaze ishinzwe. Misa yabimburiye ibyo birori yayobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, wagaragaje ko iyo seminari ikomeje kugira uruhare rukomeye mu gutegura abato mu rugendo rw’ihamagarwa n’uburere mboneragihugu.
Bukeye bwaho, ku wa 22 Gicurasi 2026, Groupe Scolaire Marie Reine Rwaza yizihije umunsi mukuru wayo ngarukamwaka. Mu Misa yayobowe na Musenyeri Harolimana, abanyeshuri 26 bahawe Isakramentu ry’Ugukomezwa, anasaba iri shuri gukomeza gushingira uburere bwaryo ku ndangagaciro za Bikira Mariya.

Abanyeshuri ba ETEFOP bahawe Amasakramentu
Ku wa 23
Gicurasi 2026, ETEFOP TSS Ruhengeri yizihije umunsi mukuru wa Mutagatifu Karoli
Lwanga, umurinzi wayo. Muri ibyo birori, Musenyeri Visenti Harolimana yatanze
amasakramentu y’ibanze ku banyeshuri, abashishikariza gukomera ku ndangagaciro
z’ubupfura, ukwemera n’umurava mu masomo.
Ku wa 27 Gicurasi 2026, Umunsi Mukuru w’Uburezi Gatolika ku rwego rwa Diyosezi wahimbarijwe muri Groupe Scolaire Busogo II, muri Paruwasi ya Busogo, ishuri ryizihizaga Mutagatifu Antoni wa Paduwa. Ibirori byabimburiwe na Misa yayobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, aho hatangiwe Isakramentu ry’Ugukomezwa ku banyeshuri 74, barimo abakobwa 46 n’abahungu 28, biga mu bigo bya Kiliziya Gatolika byo muri Paruwasi ya Busogo.
Muri uwo muhango kandi, abarimu bamaze imyaka 25 bakora umurimo w’uburezi bahawe ishimwe ryihariye mu kwizihiza yubile yabo, hanatahwa inyubako nshya z’amashuri yubatswe muri GS Busogo II, zitezweho kurushaho guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ibi bikorwa byose bigaragaza umuhate wa Diyosezi ya Ruhengeri mu guteza imbere uburezi bushingiye ku ndangagaciro za Gikristu, guha urubyiruko uburere bufite ireme no gukomeza gufatanya n’ababyeyi, abarezi n’inzego z’ubuyobozi mu kubaka ejo hazaza heza h’abana b’u Rwanda.
Wednesday, June 3, 2026
Pope’s first visit to Spain: Catholic Church remains a major presence
The seven-day journey will include major liturgical celebrations, an address to Spain’s political institutions, the inauguration of the new Tower of Jesus Christ at Barcelona’s iconic Sagrada Família, and encounters with migrants in the Canary Islands.
The Apostolic Journey is expected to strengthen the faith of Spanish Catholics while highlighting themes central to Pope Leo XIV’s pontificate, including evangelization, youth engagement, social solidarity, and support for migrants.
What about statistics from the Central Office of Church in Spain
The recent released statistics from the Central Office of Church reveal that the Catholic Church continues to play a significant role in Spanish society, with more than 45 million Catholics, thousands of parishes, and an extensive network of educational and charitable institutions operating across the country.
As of 31 December 2024, Spain had a population of approximately 48.6 million people, of whom 45.3 million (93.25%) were identified as Catholics. The Church's pastoral structure comprises 71 ecclesiastical jurisdictions, 22,788 parishes, and 4,137 other pastoral centers, serving communities throughout the nation.
A substantial workforce supports the Church’s pastoral mission. Spain counted 130 bishops (as of April 30, 2026), 18,113 priests, including 12,461 diocesan priests and 5,652 religious priests, as well as 601 permanent deacons. Religious life remains vibrant, with 32,996 professed women religious, 2,435 religious brothers and 96 lay missionaries. Additionally, 80,637 catechists assist in faith formation and evangelization.
Despite ongoing challenges related to priestly vocations, Spain recorded 1,343 major seminarians preparing for the priesthood and 595 minor seminarians, indicating continued interest in ecclesiastical ministry. The Church also maintains a strong educational presence. Catholic institutions operate 3,773 primary schools, 1,885 secondary schools, and 104 higher education establishments.
Beyond education, the Church remains one of the country's largest providers of social and charitable services. Catholic organizations manage 58 hospitals, 51 clinics, 848 homes for the elderly and disabled, 660 orphanages and nurseries, 226 family consultation centers, 197 rehabilitation and social education centers, and more than 3,051 other charitable institutions.
The figures underscore the enduring influence of the Catholic Church in Spain, not only as a religious institution but also as a key contributor to education, healthcare, and social welfare across the country.
Diyoseze Nkuru ya Bujumbura: Iyatirwa mw'ibanga ry'ubudiyakoni bugana ubusaserdoti busuku
Abatiwe mw'ibanga ry'ubudiyakoni bugana ubusaserdoti busuku bangana 12. Umushingantahe wa Diyoseze amaze guhamagara abagira ngo bate...
-
Mu nzira bataha, abanyeshuri bose bagenda bavuga ko Ramba na Rere baberanye ak'umutemeri n'ikibo! Bati "komereza aho mukundan...
-
Rere yasubiye kuri watsapu asanga ubutumwa yoherereje Mpano ntibwagiye nuko arongera arabwohereza. Agerekaho na we umuvugo w’imikararago mir...
-
Ubwo Ramba yasezerwagaho mu marira n'umukunzi we, yanahawe agafoto. Iyo foto yatanzwe mu gihe cy'amarira y'urukundo, yaharekejwe...
-
I Roccoporena mu Butaliyani ni ho Rita yavukiye mu 1381. Ubusanzwe yitwaga Marigarita, nuko abaturage bahina izina rye bamwita RITA. Nyina w...






