Tuesday, June 30, 2026

Byumba: Hatangajwe aho abapadiri bazakorera ubutumwa 2026-2027

Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba Myr. Musengamana Papias yatanze ubutumwa ku basaseridoti b’iyi diyosezi mu byiciro bitandukanye. 

Inyandiko ya Diyosezi yo kuwa 30/6/2026 igaragaza uko abasaseridoti bahawe ubutumwa mu mwaka wa 2026-2027, igasaba ko abahawe ubutumwa bushya bagomba kuba bageze aho batumwe bitarenze kuwa 30/07/2026. Ushaka inyandiko igaragaza aho abapadiri bose batumwe, kanda AHA

Sunday, June 28, 2026

Gikongoro yatangaje aho abapadiri bazakorera ubutumwa mu mwaka wa 2026 - 2027

Diyosezi Gatolika ya Gikongoro yatangaje urutonde rw'iyimurwa n'ishyirwaho ry'abapadiri (nominations des prêtres) ruzagenga umwaka wa 2026–2027. Izi mpinduka zashyizweho n’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Gikongoro Myr Celestin HAKIZlMANA hagamijwe kurushaho kunoza umurimo w'iyogezabutumwa, no gusubiza ku bikenewe mu maparuwasi no mu nzego zitandukanye za Diyosezi.

Nk'uko bisanzwe mu Kiliziya Gatolika, urutonde rw'iyimurwa n'ishyirwaho ry'abapadiri rugena aho buri mupadiri azakorera, inshingano ahabwa ndetse n'igihe izo nshingano zizatangirira. Impinduka nk'izi zigamije kongera imbaraga mu butumwa bwa Kiliziya no gufasha abakristu kubona abashumba babegereye.

Muri iki gihe, Abakristu ba Diyosezi ya Gikongoro barasabwa kwakira neza abapadiri bahawe inshingano nshya, kubashyigikira no kubasabira kugira ngo bazasohoze neza ubutumwa bahawe. Abapadiri na bo basabwa gukomeza umurimo wabo barangwa n'ubwitange, ubufatanye n'urukundo bakorera Imana n'abayoboke bayo.

Niba ushaka urutonde rwose rw'abapadiri bose n'aho boherejwe mu mwaka wa 2026–2027, kanda AHA.

Friday, June 26, 2026

Religious Freedom: A Fundamental Human Right

Religious freedom is one of the most fundamental human rights and a cornerstone of human dignity. The Catholic Church, through the Second Vatican Council, reaffirmed its commitment to protecting this right in the Declaration Dignitatis Humanae, which proclaims the freedom of individuals and communities in matters of religion. 

According to the Church's teaching, every person has the right to seek the truth and to practice his or her faith without coercion. Faith, it emphasizes, cannot be imposed by force but must be embraced freely through the power of truth itself. Respect for human dignity requires that no individual be compelled to act against his or her conscience or prevented from living according to sincerely held religious beliefs. 

Religious freedom extends beyond the individual and has an important social dimension. It calls on governments and public institutions to recognize and protect this right within their legal systems. As a civil right, freedom of religion allows people to worship, teach, and share their faith while contributing positively to society. 

At the same time, the Church acknowledges that religious freedom, like other rights, is exercised within the framework of the common good. Laws and public policies should protect the rights of all citizens, preserve public order, and promote peaceful coexistence among people of different beliefs. 

The Second Vatican Council also underlined that even where a particular religion has historical or cultural significance within a nation, such recognition should never result in discrimination against other religious communities. Equal treatment and mutual respect are essential principles in a society governed by the rule of law and international human rights standards. 

Despite growing awareness of human rights worldwide, violations of religious freedom continue to occur in many countries. In some places, religious instruction, catechesis, or even the public practice of faith can lead to legal penalties. Such restrictions highlight the continuing need for dialogue, tolerance, and stronger protections for fundamental freedoms. 

As the world becomes increasingly diverse, safeguarding religious freedom remains essential for building peaceful and inclusive societies. By respecting the conscience and beliefs of every individual, nations strengthen the values of justice, human dignity, and social harmony. (Image: AI)

Thursday, June 18, 2026

25 Servants of God stepped to Sainthood

During the audience granted to His Most Reverend Eminence Cardinal Marcello Semeraro, Prefect of the Dicastery for the Causes of Saints, today on June 18,2026, the Supreme Pontiff authorized the same Dicastery to promulgate the Decrees regarding:

the martyrdom of 20 Servants of God and the heroic virtues of 5 Servants of God, including the Servant of God Júlio Maria De Lombaerde who founded 3 religious congregations.

the Dicastery for the Causes of Saints has been authorized to to promulgate the Decrees regarding:

- the martyrdom of the Servants of God Juan Torres Torres and 19 companions, diocesan priests, killed in hatred of the faith between August and September 1936, in the territory of the diocese of Ibiza, Spain, in the context of the same persecution;

- the heroic virtues of the Servant of God Júlio Maria De Lombaerde (né Júlio Emilio Alberto), professed priest of the Congregation of the Missionaries of the Holy Family and Founder of the Congregation of the Daughters of the Immaculate Heart of Mary, the Congregation of the Missionaries of Our Lady of the Most Blessed Sacrament, and the Congregation of the Sisters of Our Lady of the Blessed Sacrament, born in Waregem, Belgium, on 7 January 1878 and died near the present-day municipality of Alto Jequitibá, Brazil, on 24 December 1944;

- the heroic virtues of the Servant of God Mary Teresa Tallon (née Julia Teresa), founder of the Congregation of the Parish Visitors of Mary Immaculate, born on 6 May 1867 in Hanover, United States of America, and died on 10 March 1954 in Monroe, United States of America;

- the heroic virtues of the Servant of God Maria Agnese Tribbioli, professed religious sister and founder of the Congregation of the Pious Worker Sisters of Saint Joseph, born on 20 April 1879 in Florence, Italy, and died there on 27 January 1965;

- the heroic virtues of the Servant of God Clara Andreu y Malferit (née Barbara Onofria), professed nun of the Hieronymite Monastery of Saint Bartomeu of Inca, born on 4 December 1596 in Palma de Mallorca, Spain, and died on 24 June 1628 in Inca, Spain;

- the heroic virtues of the Servant of God Maria Petra Giordano (née Nicoletta), professed nun of the Order of Preachers, born on 4 July 1912 in Naples, Italy, and died on 21 June 2006 in Bibbiena, Italy.

Monday, June 15, 2026

YEZU KRISTU ADUSABA GUKUNDA ABATWANGA - Padiri Jeremie HABYARIMANA

Umupadiri uri kwigisha abakristu (Ifoto: AI)
Inyigisho yo ku wa kabiri w'icyumweru cya xi gisanzwe, umwaka a mbangikane

Isomo ryo mu gitabo cya mbere cy’Abami: 1 Bami 21, 17-29).

Zaburi: 51(50), 3-4, 5-6b, 11.16.

Ibangondirimbo ribanziriza ivanjili: Yh 13, 34.

Ivanjili: Mt 5, 43-48.

INYIGISHO yateguwe na Padiri Jeremie HABYARIMANA

Yezu Kristu akuzwe!

Uyu munsi Nyagasani Yezu wapfuye akazuka aje mu ijambo rye yuje urukundo. Kugira ngo na twe arutwuzuzemo akoresheje ijambo atubwira.

Mu isomo rya mbere, turabona Uhoraho uburyo ari umunyampuhwe, We utareka abanyabyaha ngo bapfe nta cyo yababwiye, ahubwo akababurira, akabereka inzira mbi barimo n’ingaruka zabyo zose ntacyo abakinze, kugira ngo bo ubwabo bihitiremo niba bagomba gukomeza gupfa, cyangwa se niba bagomba guhindukira kugira ngo ikiganza cye kibakingire urupfu. Ibyo rero turabibona nyine uko Uhoraho yohereza umuhanuzi Eliya na we agahagurukana ubutwari akajya gutangariza umwami ijambo rye. Ijambo ry’Uhoraho!

Mu by’ukuri Ijambo rya Nyagasani Uhoraho, umuntu yavuga ati “ntabwo rivugwa n’ibigwari.” Kuko ni ijambo riteye ubwoba, ni ijambo rifite imbaraga zirenze iza muntu. Kubwira umuntu ngo niba utaretse ibi urapfuye, cyangwa se kumurondorera ibigiye kumubaho bitewe n’ibikorwa bye bibi, bisaba ubutwari burenze ibyo umuntu yakwibwira. Cyane cyane iyo ari umuntu ukomeye mu maso y’abantu b’iyi si nka Akabu wari umwami ashobora kwica agakiza. Ni we wari itegeko, ni we wari ubucamanza, icyo yemezaga yaragikoraga mu byo yari ashoboye byose ku bo yari ayoboye. Ariko Eliya ibyo nta bwoba byari bimuteye.

Ku bahanuzi rero, ijambo ry’Uhoraho riruta ubuzima bwabo. Ntashobora kuriceceka. Ahitamo gupfa aho kugira ngo ariceceke. Ahitamo kurivuga bashaka bakamwivugana. Iyo ni Ingabire rero ya Roho Mutagatifu kandi Kiliziya yose igomba guhora isaba. Kiliziya yose! Kandi kiliziya yose ni abakristu bose, abemera Yezu bose, ntabwo ari abashinzwe kwigisha bonyine. Abakristu bagombye kuvugana ubwigenge, kuvugana umwidegembyo, kuvuga ijambo rigamije kugirira abantu akamaro, badatinye urupfu, badatinye inabi bashobora kugirirwa. Ahubwo bagatekereza ineza barimo bagirira abandi bavuga iryo jambo. Iryo jambo riburira ababi ribahamagarira guhinduka abo baba ari bo bose.

Umuhanuzi Eliya rero yuzuye ubwo bubasha bwa Roho Mutagatifu, aragenda abwira umwami amagambo atyaye Uhoraho yamwohereje kuvuga. Imbuto byeze, ni uko nyine Akabu yaciye bugufi. Akabu uyu munsi na we ni urugero Yezu Kristu atwereka. Kuko hari abantu benshi babwirwa ijambo nka ririya, aho kugira ngo bace bugufi, ahubwo bagashaka gucamo ibice cyangwa guconshomera abaribabwiye. Ni uko nyine ibitotezo bivuka. Kutihanganira ijambo ry’Uhoraho n’abarivuga. Bo bakakubwira ijambo ryiza ryagukiza, wowe ugatangira kubavuga nabi no kubasebya, cyangwa no kubagirira nabi no ku buryo bunyuranye. Abahanuzi nyine ni yo mpamvu igihe cyose babaye abantu badakunzwe na bose. Ndetse benshi muri bo niba atari bose, barishwe. Abenshi muri bo! Ikiri cyo ni uko bose bahuye n’ingorane. Kuko abantu bose ntibashobora kumva amagambo nk’ariya ngo bakureke ugende, kereka nta bubasha bagufiteho bwa hano ku isi.

Umuhanuzi Eliya rero, ibyo ari byo byose ububasha bwa Roho Mutagatifu bwaramwuzuye, ubutumwa bwe kandi bwera imbuto; Akabu arahinduka, Uhoraho amugirira impuhwe.

Ntabwo rero Uhoraho agamije gutungura abanyabyaha ngo abahitane, ahubwo arababurira igihe cyose. Nta muntu muri twe utaraburiwe. Niba ataraburirwa kandi, azaburirwa. Imburo izamugeraho byanze bikunze, kugira ngo ku munsi w’urubanza hatazagira ugira icyo yitwaza ngo “Ariko jyewe ibyo sinari narigeze mbyumva. Sinari nzi ko ari bibi.” Nyagasani udukunda akora uko ashoboye kugira ngo buri wese (…) yewe niba atanakoresheje n’abo bantu, nawe ubwawe azakubwirira mu mutima wawe akwereke urumuri rukwereka ko uri mu kugira nabi. 

Akabu rero atubere urugero. Twumve ko igihe Uhoraho atubwiye ko icyaha cyacu kizaduhitana, ataba agamije kutwica ahubwo aba agira ngo tukireke, hanyuma tubeho. Ni nde se uyobewe muri twe ko icyaha ari urupfu, kandi ko cyica? Ushobora kubyirengagiza ariko rero igihe ukuri kuzagu (…) igihe ifirimbi izakuvugiraho ni ho uzabona ko atari imikino. Icyaha ntabwo ari umikino.

Icyaha si umukino! Ntabwo ari icyo gukinishwa. Ibyo byose ni nde ubiyobewe? Icyo tubura ni ukuvuga tuti “Nyagasani Yezu turabiretse. Duhindure” (nko muri iyi Zaburi) “Mana yange ngirira imbabazi ukurikije ineza yawe. Kubera impuhwe zawe nyinshi umpanagureho ibyaha byange. Nyuhagira wese ibicumuro byange maze unkize icyaha nakoze. Nkiza. Ntandukanya n’uwo mwanda w’ibyaha, kandi unsukure umpe ubuzima bushya. Sinshaka kongera, ahubwo ni wowe nshaka gukurikira, gukunda kuruta byose na bose.”

Yezu rero aratwibutsa mu Ivanjili itegeko abakristu twebwe duhabwa rivugitse mu yandi magambo. Yezu yaravuze mu Ivanjili ya Yohana ati” Ni mukundane, kandi mukundane nk’uko nabakunze.”

Urwo rukundo rero imwe mu ntambwe ikomeye yarwo ni ‘Gukunda’ nk’uko Data nyine akunda. Mukundane nk’uko nabakunze. Hano ati” Mukundane nk’uko Data akunda.” Bigaragarire hehe se? Mu kugirira neza ababagirira nabi, mu gukunda ababanga. Ese ibyo abakristu turabyumva ra?

Uyu munsi rero Yezu arabitwibukije ibyo ari byo byose. Kandi ntabitwibutsa gusa, agamije kubiduhera imbaraga. Kubw’imbaraga za muntu, nta muntu ushobora gukunda umwanzi we nta we ubishoboye. Ariko Yezu Kristu wigize umuntu uzi intege nke zacu, niba tumusabye koko dukomeje kuduha ingabire y’urukundo, kuduha gukunda nk’uko Se akunda. Nk’uko we ubwe akunda, kuduha ingabire y’urukundo, ingabire ya Roho wabo, Roho Mutagatifu, Roho wa Yezu, Roho wa Data, azayiduha. Aduhe kubabarira. Ni yo mpamvu nta muntu ugomba kwihanukira ngo avuge ngo ibyo ntibishoboka. Ku bantu oya, ariko twebwe dufite ingabire. Roho Mutagatifu arahari. Ubwo rero birashoboka Kuri twe. Kandi rero Nyagasani Yezu Ntashobora kutwigisha ibyo abona ko bidashoboka mu buzima bwacu. Icyo gihe ntashobora kugita. Ibyo yatwigishije byose byose ni uko bishoboka. Ni uko bishobora gukurikizwa. Cyane cyane ko imbaraga ari ize, We ubwe uzitwihera.

Abantu rero bose bahembera inzangano mu bantu, bamenye ko baba bakora ubutumwa bwa sekibi. Ubutumwa bwa Yezu Kristu ni ubutumwa bw’impuhwe; Kubabarira abahemu, gukunda abantu bose kandi abo ari bo bose. Ibyo nta wundi wabishobora usibye uwo Yezu Kristu yabihaye, kandi nta n’undi ushobora kubyigisha usibye umukristu. Aha rwose ni umwihariko wacu twebwe abakristu; gukunda abanzi. Kandi igihe cyose tunaniwe gukunda abatwanga, tujye tumenya ko n’ubukristu bwatunaniye.

Nyagasani Yezu Kristu rero agiriye amasengesho ya Bikira Mariya aduhe Roho w’urukundo adusendere, adutandukanye burundu n’inzangano zose, aduhindure, adutagatifuze. Ngwino Roho wa Yezu.

Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka!

Mutima utagira inenge wa Bikira Mariya uturengere uturwaneho mu izina rya Yezu.

Padre JEREMIE HABYARIMANA

Sunday, June 14, 2026

Ruhengeri mu burezi, Iminsi mikuru yizihijwe muri Gicurasi

Umunsi w'Uburezi Gatolika muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri

Mu kwezi kwa Gicurasi 2026, Diyosezi ya Ruhengeri yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byo kwizihiza iminsi mikuru y’amashuri Gatolika, gutanga amasakramentu no gushimira uruhare rw’abarezi n’ababyeyi mu burere bw’urubyiruko. Ibyo birori byayobowe na Nyiricyubahiro Musenyeri Visenti Harolimana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Ruhengeri. 

Ku wa 1 Gicurasi 2026, École Saint-Marc Ruhengeri yizihije umunsi mukuru ngarukamwaka wayo. Ibirori byatangijwe na Misa Ntagatifu yabereye muri Katedrali ya Ruhengeri, iyobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, watanze amasakramentu y'ibanze kuri bamwe mu banyeshuri b’iki kigo. 

Ku wa 16 Gicurasi 2026, Seminari Nto ya Nkumba, yaragijwe Mutagatifu Yohani Intumwa, yizihije umunsi mukuru wayo ndetse inizihiza isabukuru y’imyaka 38 imaze ishinzwe. Misa yabimburiye ibyo birori yayobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, wagaragaje ko iyo seminari ikomeje kugira uruhare rukomeye mu gutegura abato mu rugendo rw’ihamagarwa n’uburere mboneragihugu. 

Ku wa 21 Gicurasi 2026, muri Paruwasi Katedrali ya Ruhengeri hizihijwe Umunsi Mukuru w’Uburezi Gatolika. Mu Misa yabereye ku Ngoro ya Bikira Mariya Mwamikazi wa Fatima, Musenyeri Visenti Harolimana yashimiye Imana ku migisha iha amashuri Gatolika ndetse anashimira ababyeyi, abarezi n’abayobozi b’inzego zitandukanye ku ruhare rwabo mu kurera urubyiruko. Yasabye abanyeshuri gukura nka Kristu i Nazareti “mu gihagararo, mu bwenge no mu busabaniramana,” anasaba abakorera ubutumwa mu mashuri Gatolika gukomeza kurangwa n’ubumwe n’ubufatanye mu kubaka umwana ushoboye kandi ushobotse.

Bukeye bwaho, ku wa 22 Gicurasi 2026, Groupe Scolaire Marie Reine Rwaza yizihije umunsi mukuru wayo ngarukamwaka. Mu Misa yayobowe na Musenyeri Harolimana, abanyeshuri 26 bahawe Isakramentu ry’Ugukomezwa, anasaba iri shuri gukomeza gushingira uburere bwaryo ku ndangagaciro za Bikira Mariya. 

Abanyeshuri ba ETEFOP bahawe Amasakramentu

Ku wa 23 Gicurasi 2026, ETEFOP TSS Ruhengeri yizihije umunsi mukuru wa Mutagatifu Karoli Lwanga, umurinzi wayo. Muri ibyo birori, Musenyeri Visenti Harolimana yatanze amasakramentu y’ibanze ku banyeshuri, abashishikariza gukomera ku ndangagaciro z’ubupfura, ukwemera n’umurava mu masomo. 

Ku wa 27 Gicurasi 2026, Umunsi Mukuru w’Uburezi Gatolika ku rwego rwa Diyosezi wahimbarijwe muri Groupe Scolaire Busogo II, muri Paruwasi ya Busogo, ishuri ryizihizaga Mutagatifu Antoni wa Paduwa. Ibirori byabimburiwe na Misa yayobowe na Musenyeri Visenti Harolimana, aho hatangiwe Isakramentu ry’Ugukomezwa ku banyeshuri 74, barimo abakobwa 46 n’abahungu 28, biga mu bigo bya Kiliziya Gatolika byo muri Paruwasi ya Busogo. 

Muri uwo muhango kandi, abarimu bamaze imyaka 25 bakora umurimo w’uburezi bahawe ishimwe ryihariye mu kwizihiza yubile yabo, hanatahwa inyubako nshya z’amashuri yubatswe muri GS Busogo II, zitezweho kurushaho guteza imbere ireme ry’uburezi. 

Ibi bikorwa byose bigaragaza umuhate wa Diyosezi ya Ruhengeri mu guteza imbere uburezi bushingiye ku ndangagaciro za Gikristu, guha urubyiruko uburere bufite ireme no gukomeza gufatanya n’ababyeyi, abarezi n’inzego z’ubuyobozi mu kubaka ejo hazaza heza h’abana b’u Rwanda.

Wednesday, June 3, 2026

Pope’s first visit to Spain: Catholic Church remains a major presence

 Image :Filippo Monteforte/AFP

The Holy See has released statistical data ahead of the seven-day Apostolic Journey of His Holiness Pope Leo XIV to Spain, scheduled for 6–12 June 2026. This Pope’s first visit to Spain, will take him to Madrid, Barcelona, Montserrat, Gran Canaria, and Tenerife, where he will meet civil authorities, clergy, religious, young people, migrants, and the faithful. 

The seven-day journey will include major liturgical celebrations, an address to Spain’s political institutions, the inauguration of the new Tower of Jesus Christ at Barcelona’s iconic Sagrada Família, and encounters with migrants in the Canary Islands. 

The Apostolic Journey is expected to strengthen the faith of Spanish Catholics while highlighting themes central to Pope Leo XIV’s pontificate, including evangelization, youth engagement, social solidarity, and support for migrants. 

What about statistics from the Central Office of Church in Spain 

The recent released statistics from the Central Office of Church reveal that the Catholic Church continues to play a significant role in Spanish society, with more than 45 million Catholics, thousands of parishes, and an extensive network of educational and charitable institutions operating across the country. 

As of 31 December 2024, Spain had a population of approximately 48.6 million people, of whom 45.3 million (93.25%) were identified as Catholics. The Church's pastoral structure comprises 71 ecclesiastical jurisdictions, 22,788 parishes, and 4,137 other pastoral centers, serving communities throughout the nation. 

A substantial workforce supports the Church’s pastoral mission. Spain counted 130 bishops (as of April 30, 2026), 18,113 priests, including 12,461 diocesan priests and 5,652 religious priests, as well as 601 permanent deacons. Religious life remains vibrant, with 32,996 professed women religious, 2,435 religious brothers and 96 lay missionaries. Additionally, 80,637 catechists assist in faith formation and evangelization. 

Despite ongoing challenges related to priestly vocations, Spain recorded 1,343 major seminarians preparing for the priesthood and 595 minor seminarians, indicating continued interest in ecclesiastical ministry. The Church also maintains a strong educational presence. Catholic institutions operate 3,773 primary schools, 1,885 secondary schools, and 104 higher education establishments. 

Beyond education, the Church remains one of the country's largest providers of social and charitable services. Catholic organizations manage 58 hospitals, 51 clinics, 848 homes for the elderly and disabled, 660 orphanages and nurseries, 226 family consultation centers, 197 rehabilitation and social education centers, and more than 3,051 other charitable institutions. 

The figures underscore the enduring influence of the Catholic Church in Spain, not only as a religious institution but also as a key contributor to education, healthcare, and social welfare across the country.

Diyoseze Nkuru ya Bujumbura: Iyatirwa mw'ibanga ry'ubudiyakoni bugana ubusaserdoti busuku

Abatiwe mw'ibanga ry'ubudiyakoni bugana ubusaserdoti busuku bangana 12. Umushingantahe wa Diyoseze amaze guhamagara abagira ngo bate...