Monday, June 15, 2026

YEZU KRISTU ADUSABA GUKUNDA ABATWANGA - Padiri Jeremie HABYARIMANA

Umupadiri uri kwigisha abakristu (Ifoto: AI)
Inyigisho yo ku wa kabiri w'icyumweru cya xi gisanzwe, umwaka a mbangikane

Isomo ryo mu gitabo cya mbere cy’Abami: 1 Bami 21, 17-29).

Zaburi: 51(50), 3-4, 5-6b, 11.16.

Ibangondirimbo ribanziriza ivanjili: Yh 13, 34.

Ivanjili: Mt 5, 43-48.

INYIGISHO yateguwe na Padiri Jeremie HABYARIMANA

Yezu Kristu akuzwe!

Uyu munsi Nyagasani Yezu wapfuye akazuka aje mu ijambo rye yuje urukundo. Kugira ngo na twe arutwuzuzemo akoresheje ijambo atubwira.

Mu isomo rya mbere, turabona Uhoraho uburyo ari umunyampuhwe, We utareka abanyabyaha ngo bapfe nta cyo yababwiye, ahubwo akababurira, akabereka inzira mbi barimo n’ingaruka zabyo zose ntacyo abakinze, kugira ngo bo ubwabo bihitiremo niba bagomba gukomeza gupfa, cyangwa se niba bagomba guhindukira kugira ngo ikiganza cye kibakingire urupfu. Ibyo rero turabibona nyine uko Uhoraho yohereza umuhanuzi Eliya na we agahagurukana ubutwari akajya gutangariza umwami ijambo rye. Ijambo ry’Uhoraho!

Mu by’ukuri Ijambo rya Nyagasani Uhoraho, umuntu yavuga ati “ntabwo rivugwa n’ibigwari.” Kuko ni ijambo riteye ubwoba, ni ijambo rifite imbaraga zirenze iza muntu. Kubwira umuntu ngo niba utaretse ibi urapfuye, cyangwa se kumurondorera ibigiye kumubaho bitewe n’ibikorwa bye bibi, bisaba ubutwari burenze ibyo umuntu yakwibwira. Cyane cyane iyo ari umuntu ukomeye mu maso y’abantu b’iyi si nka Akabu wari umwami ashobora kwica agakiza. Ni we wari itegeko, ni we wari ubucamanza, icyo yemezaga yaragikoraga mu byo yari ashoboye byose ku bo yari ayoboye. Ariko Eliya ibyo nta bwoba byari bimuteye.

Ku bahanuzi rero, ijambo ry’Uhoraho riruta ubuzima bwabo. Ntashobora kuriceceka. Ahitamo gupfa aho kugira ngo ariceceke. Ahitamo kurivuga bashaka bakamwivugana. Iyo ni Ingabire rero ya Roho Mutagatifu kandi Kiliziya yose igomba guhora isaba. Kiliziya yose! Kandi kiliziya yose ni abakristu bose, abemera Yezu bose, ntabwo ari abashinzwe kwigisha bonyine. Abakristu bagombye kuvugana ubwigenge, kuvugana umwidegembyo, kuvuga ijambo rigamije kugirira abantu akamaro, badatinye urupfu, badatinye inabi bashobora kugirirwa. Ahubwo bagatekereza ineza barimo bagirira abandi bavuga iryo jambo. Iryo jambo riburira ababi ribahamagarira guhinduka abo baba ari bo bose.

Umuhanuzi Eliya rero yuzuye ubwo bubasha bwa Roho Mutagatifu, aragenda abwira umwami amagambo atyaye Uhoraho yamwohereje kuvuga. Imbuto byeze, ni uko nyine Akabu yaciye bugufi. Akabu uyu munsi na we ni urugero Yezu Kristu atwereka. Kuko hari abantu benshi babwirwa ijambo nka ririya, aho kugira ngo bace bugufi, ahubwo bagashaka gucamo ibice cyangwa guconshomera abaribabwiye. Ni uko nyine ibitotezo bivuka. Kutihanganira ijambo ry’Uhoraho n’abarivuga. Bo bakakubwira ijambo ryiza ryagukiza, wowe ugatangira kubavuga nabi no kubasebya, cyangwa no kubagirira nabi no ku buryo bunyuranye. Abahanuzi nyine ni yo mpamvu igihe cyose babaye abantu badakunzwe na bose. Ndetse benshi muri bo niba atari bose, barishwe. Abenshi muri bo! Ikiri cyo ni uko bose bahuye n’ingorane. Kuko abantu bose ntibashobora kumva amagambo nk’ariya ngo bakureke ugende, kereka nta bubasha bagufiteho bwa hano ku isi.

Umuhanuzi Eliya rero, ibyo ari byo byose ububasha bwa Roho Mutagatifu bwaramwuzuye, ubutumwa bwe kandi bwera imbuto; Akabu arahinduka, Uhoraho amugirira impuhwe.

Ntabwo rero Uhoraho agamije gutungura abanyabyaha ngo abahitane, ahubwo arababurira igihe cyose. Nta muntu muri twe utaraburiwe. Niba ataraburirwa kandi, azaburirwa. Imburo izamugeraho byanze bikunze, kugira ngo ku munsi w’urubanza hatazagira ugira icyo yitwaza ngo “Ariko jyewe ibyo sinari narigeze mbyumva. Sinari nzi ko ari bibi.” Nyagasani udukunda akora uko ashoboye kugira ngo buri wese (…) yewe niba atanakoresheje n’abo bantu, nawe ubwawe azakubwirira mu mutima wawe akwereke urumuri rukwereka ko uri mu kugira nabi. 

Akabu rero atubere urugero. Twumve ko igihe Uhoraho atubwiye ko icyaha cyacu kizaduhitana, ataba agamije kutwica ahubwo aba agira ngo tukireke, hanyuma tubeho. Ni nde se uyobewe muri twe ko icyaha ari urupfu, kandi ko cyica? Ushobora kubyirengagiza ariko rero igihe ukuri kuzagu (…) igihe ifirimbi izakuvugiraho ni ho uzabona ko atari imikino. Icyaha ntabwo ari umikino.

Icyaha si umukino! Ntabwo ari icyo gukinishwa. Ibyo byose ni nde ubiyobewe? Icyo tubura ni ukuvuga tuti “Nyagasani Yezu turabiretse. Duhindure” (nko muri iyi Zaburi) “Mana yange ngirira imbabazi ukurikije ineza yawe. Kubera impuhwe zawe nyinshi umpanagureho ibyaha byange. Nyuhagira wese ibicumuro byange maze unkize icyaha nakoze. Nkiza. Ntandukanya n’uwo mwanda w’ibyaha, kandi unsukure umpe ubuzima bushya. Sinshaka kongera, ahubwo ni wowe nshaka gukurikira, gukunda kuruta byose na bose.”

Yezu rero aratwibutsa mu Ivanjili itegeko abakristu twebwe duhabwa rivugitse mu yandi magambo. Yezu yaravuze mu Ivanjili ya Yohana ati” Ni mukundane, kandi mukundane nk’uko nabakunze.”

Urwo rukundo rero imwe mu ntambwe ikomeye yarwo ni ‘Gukunda’ nk’uko Data nyine akunda. Mukundane nk’uko nabakunze. Hano ati” Mukundane nk’uko Data akunda.” Bigaragarire hehe se? Mu kugirira neza ababagirira nabi, mu gukunda ababanga. Ese ibyo abakristu turabyumva ra?

Uyu munsi rero Yezu arabitwibukije ibyo ari byo byose. Kandi ntabitwibutsa gusa, agamije kubiduhera imbaraga. Kubw’imbaraga za muntu, nta muntu ushobora gukunda umwanzi we nta we ubishoboye. Ariko Yezu Kristu wigize umuntu uzi intege nke zacu, niba tumusabye koko dukomeje kuduha ingabire y’urukundo, kuduha gukunda nk’uko Se akunda. Nk’uko we ubwe akunda, kuduha ingabire y’urukundo, ingabire ya Roho wabo, Roho Mutagatifu, Roho wa Yezu, Roho wa Data, azayiduha. Aduhe kubabarira. Ni yo mpamvu nta muntu ugomba kwihanukira ngo avuge ngo ibyo ntibishoboka. Ku bantu oya, ariko twebwe dufite ingabire. Roho Mutagatifu arahari. Ubwo rero birashoboka Kuri twe. Kandi rero Nyagasani Yezu Ntashobora kutwigisha ibyo abona ko bidashoboka mu buzima bwacu. Icyo gihe ntashobora kugita. Ibyo yatwigishije byose byose ni uko bishoboka. Ni uko bishobora gukurikizwa. Cyane cyane ko imbaraga ari ize, We ubwe uzitwihera.

Abantu rero bose bahembera inzangano mu bantu, bamenye ko baba bakora ubutumwa bwa sekibi. Ubutumwa bwa Yezu Kristu ni ubutumwa bw’impuhwe; Kubabarira abahemu, gukunda abantu bose kandi abo ari bo bose. Ibyo nta wundi wabishobora usibye uwo Yezu Kristu yabihaye, kandi nta n’undi ushobora kubyigisha usibye umukristu. Aha rwose ni umwihariko wacu twebwe abakristu; gukunda abanzi. Kandi igihe cyose tunaniwe gukunda abatwanga, tujye tumenya ko n’ubukristu bwatunaniye.

Nyagasani Yezu Kristu rero agiriye amasengesho ya Bikira Mariya aduhe Roho w’urukundo adusendere, adutandukanye burundu n’inzangano zose, aduhindure, adutagatifuze. Ngwino Roho wa Yezu.

Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka!

Mutima utagira inenge wa Bikira Mariya uturengere uturwaneho mu izina rya Yezu.

Padre JEREMIE HABYARIMANA

No comments:

Post a Comment

YEZU KRISTU ADUSABA GUKUNDA ABATWANGA - Padiri Jeremie HABYARIMANA

Umupadiri uri kwigisha abakristu (Ifoto: AI) Inyigisho yo ku wa kabiri w'icyumweru cya xi gisanzwe, umwaka a mbangikane Isomo ryo mu g...