Sunday, June 28, 2026

Gikongoro yatangaje aho abapadiri bazakorera ubutumwa mu mwaka wa 2026 - 2027

Diyosezi Gatolika ya Gikongoro yatangaje urutonde rw'iyimurwa n'ishyirwaho ry'abapadiri (nominations des prĂȘtres) ruzagenga umwaka wa 2026–2027. Izi mpinduka zashyizweho n’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Gikongoro Myr Celestin HAKIZlMANA hagamijwe kurushaho kunoza umurimo w'iyogezabutumwa, no gusubiza ku bikenewe mu maparuwasi no mu nzego zitandukanye za Diyosezi.

Nk'uko bisanzwe mu Kiliziya Gatolika, urutonde rw'iyimurwa n'ishyirwaho ry'abapadiri rugena aho buri mupadiri azakorera, inshingano ahabwa ndetse n'igihe izo nshingano zizatangirira. Impinduka nk'izi zigamije kongera imbaraga mu butumwa bwa Kiliziya no gufasha abakristu kubona abashumba babegereye.

Muri iki gihe, Abakristu ba Diyosezi ya Gikongoro barasabwa kwakira neza abapadiri bahawe inshingano nshya, kubashyigikira no kubasabira kugira ngo bazasohoze neza ubutumwa bahawe. Abapadiri na bo basabwa gukomeza umurimo wabo barangwa n'ubwitange, ubufatanye n'urukundo bakorera Imana n'abayoboke bayo.

Niba ushaka urutonde rwose rw'abapadiri bose n'aho boherejwe mu mwaka wa 2026–2027, kanda AHA.

No comments:

Post a Comment

Gikongoro yatangaje aho abapadiri bazakorera ubutumwa mu mwaka wa 2026 - 2027

Diyosezi Gatolika ya Gikongoro yatangaje urutonde rw'iyimurwa n'ishyirwaho ry'abapadiri (nominations des prĂȘtres) ruzagenga umwa...