Tuesday, March 29, 2022

Mutagatifu Lujeri, Umwepiskopi

Mutagatifu Lujeri (Ludger) yavutse muri 743, avukira mu muryango ukomeye w’i Frize mu Buholandi.   N’ubwo ababyeyi be bamureze gikirisitu, ukwemera kwe yagize kuva akiri muto yagukomoye ahanini ku mibereho y’abatagatufu Bonifasi na Gerigori, bo babaye inkingi y’ubukristu aho iwabo. Lujeri yabanje kwigishwa n’abamonaki ba Utrekti mu Buholandi, akagira. umutima ucengera amabanga y ’iby’Imana kandi akiri muto yari afite. Yakundaga rwose gusoma ibitabo by’abatagatifu, ndestse aho abereye umwepiskopi, inyigisho ze zumvikanagamo cyane ibyo yari yarasomye mu bitabo byinshi bivuga ku batagatifu, kandi izo nyigisho zahinduye roho nyinshi.

Akiri umudiyakoni, yoherejwe mu butumwa kuzahura kiliziya y’ i Deventeri mu Buholandi, aho abasagisoni (Saxons) b’abapagani bari barayijujubije. Ahageze, yarabigishije, barahinduka, asiga nta bupagani bukiharangwa. Kuva ubwo, atangira kwamamaza Ivanjili mu Budage no mu Buholandi, i Frize, ahindura abapagani, ahari ibigirwamana ahashinga umusaraba, ndetse n ’abigishabinyoma barahinduka binjira muri Kiliziya ari benshi. Nyuma, umukuru wabo amwohereza kurangiriza amashuri mu Bwongereza aho yigishijwe na Alkwini wari umwarimu w’ikirangirire. Asohotse mu mashuri yagiye kwigisha i Monsteri (Münster) ho mu Budage nyuma ajya i Kolonye ari na ho yaherewe ubupadiri. Nuko akomeza kwitangira umurimo wo kwamamaza Ivanjili, adakanzwe n’umunaniro cyangwa ngo ibitotezo bimuce intege. Yubakishije ibigo byinshi by’abihayimana, arabigisha kandi abashishikariza gukurikiza uko bikwiye Ivanjili.

Aho bigeze, umutware waho witwaga Witikind yari yiyemeje kumwica, nuko Lujeri ahungira I Mokanse (Mont Cassin) mu Butaliyani. Ahageze yiga amategeko ya mutagatifu Benedigito ari kumwe na mutagatifu Hildegrini yari yarakurikiye muri icyo kigo cy’ abamonaki baho. Aho agiriye i Roma Papa Adriyani wa mbere yaramwakiriye, amutorera kuba umwepisikopi wa mbere wa diyosezi ya Monsteri yo mu Budage, iyo yari igizwe n’igice kinini cy’igihugu cyitwaga Westifali (Westphalie). Lujeri yitanze atizigama muri uwo murimo ukomeye, avugurura abakristu benshi barushaho kuyoboka inzira igana Imana. Yari umuntu ukunda gusenga byahebuje, kubera cyane cyane icyubahiro yagiriraga Nyagasani, nuko kubera gusenga, kwibabaza, no gukunda abakene bye, abatumvaga ibye, bamugirira ishyari, bajya kumurega ibwami ngo atagaguza umutungo wa Kiliziya.

Umunsi umwe umwami Karoli w’imfura (Charlemagne) yamutumyeho ngo amwitabe, yisobanure ku byo bamurega. Abo yamutumyeho bamusanga asenga, arababwira ati: “nindangiza gusenga ndaza.” Umwami agera ubwo amutumaho inshuro ya kabiri ariko asubiza aho arangirije gusenga. Aragenda n’ibwami, umwami amubonye aramutonganya ngo yamusuzuguye. Nuko Lujeri aramusubiza ati: “biratangaje cyane ko ugira ngo nze kukwitaba ntarangije gusenga Imana; ntiwibuka se ko igihe uhisemo ko mba umwepiskopi wansabye ukomeje ko mpitamo mbere na mbere umurimo w’Imana, Umwami ugenga abami bose, aho guhitamo abantu ndetse n’umwami ubwe”? Umwami yumva koko amubwiye ukuri nuko ashira uburakari.

Buri munsi Lujeri yagiraga amasaha ageneweho gusenga, ayo kwihana n’ayo yageneye imirimo ya kiliziya. Mu gihe yiteguraga kujya kwamamaza Ivanjili mu bihugu bya Danemarike na Norveje, nibwo Imana yamuhamagaye. Yitabye Imana ku itariki 26 werurwe mu mwaka wa 809 asize ibikorwa byinshi byiza. Bimwe mu bitangaza yakoze, ni uko yigeze guhumura impumyi ayikoreyeho ikimenyetso cy’umusaraba ku maso. Indi mpumyi yahumutse igihe yasabaga Lujeri kuyikiza agiriye urukundo rw’Imana, mu gihe agitangarira ibyo iyo mpumyi ivuze, iba irahumutse. Tumwizihiza ku itariki 26 Werurwe.

 Aho byavuye:

  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.92.
  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015. P.107.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991.p.320.

 

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...