Tuesday, March 8, 2022

Amateka y’Umuhire Antoniya (Antoinette de Florence)

Antoinette de Florence

Antoniya yavukiye i Florence mu Butaliyani mu 1400. Yashyingiwe afite imyaka 15 y’amvuko. Ariko urushako ntirwamuhira kuko yapfakye abyaye uburiza ndetse n’uwo yongeye gushaka na we agapfa. Ayo magorwa yose, Antoniya we yayafataga nk’umugambi wihariye w’Imana. Nyuma yaje kujya kwiha Imana mu muryango w’ababikira b’Abaklarisa, nuko ababera urugero rwiza mu mico ikomeye y’ubutagatifu, hanyuma bamwohereza mu rundi rugo rwabo, i Forigoli. Mu 1433, yatangije urugo rw’Akwila kandi yemera kuba umuyobozi warwo, abyumvikanyeho na Mutagatifu Yohani Kapistrani wari umuyobozi we. Yahayoboye imyaka cy’imyaka 14.

Antoniya, wakundaga gutwarwa buroho, yateje imbere ababikira yari ashinzwe n’abakirisitu b’ako gace mu by’ubutagatifu, bituma haboneka benshi bashaka kwiha Imana. Hari ubwo bagenzi be bigeze kumubona yatwawe mu isengesho, azengurutswe ku mutwe n’ikamba ry’ikuzo (Auréole). Ariko kandi akagira n’umwana witwa Batisita, wamubereye ikigoryi, agahora ateza ibibazo ari nako asesagura umutungo w’umuryango. Ibyo byose Antoniya akabitura Imana. Yahoraga amusabira, nuko uwo mwana arahinduka na we yegurira Imana mu muryango w’abafransiskani. Umunsi umwe Bikra Mariya yabonekeye Antoniya, amushimira ibyo yagiriraga abakene, abamugaye n’imbabare yakundaga gufasha, akabigirana umutima mwiza. Yabagaho mu bwicishe bugufi, agukunda imyanya y’inyuma haba ku meza barya cyangwa muri korali baririmba. Ntiyakundaga kwibonekeza kandi n’uburyo yambaraga nabwo si ubusanzwe. Yambaraga imyambaro ishaje, imwe bagenzi be batatinyuka kwikoza.

Yapfuye ku itariki ya 29 Gashyantare 1472. Ni Papa Piyo wa IX wemeje ko bamwita umuhire, ku itariki ya 17 Nzeri 1847. Kiliziya imwizihiza kuwa 29 Gashyantare cyangwa kuwa 28 iyo uku kwezi kurangirira kuri iyi tariki.

Wasoma ibi bitabo kugira ngo umenye byinshi:

  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015. P86.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols, 1991.p.58

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...