Saturday, March 12, 2022

Igihe tukiriho, Imana ijye iturokora

Ku munsi wo gusigwa ivu- Photo, Internet 

Imana yo Muremyi wa byose ni nziza. Yisesuyeho ubwiza, urukundo, ikuzo n’ububasha ubu n’iteka ryose. Natwe abo yaremye duhamagarirwa kuba muri ubwo bwiza bwayo; tugomba kuba beza, tugakundana kandi tukemera kuyoborwa no Roho Mutagatifu kuko abayoborwa na We ari bo bana b’Imana (Rom.8,14). Uwo Roho w’Imana udutuyemo, ni we ugomba kutuyobora, tugakora igitunganiye Imana dufatanije na We. Ntihakagire uwibwira ko byose bikorwa na Roho w’Imana gusa, ko muntu ntacyo agomba. Ibyo si byo! Hakenewe intambwe yacu maze Imana igatera nyinshi idusanga. Koko rero ‘Roho uwo nyine afatanya na roho yacu guhamya ko turi abana b’Imana (Rom.8,16). Bavandimwe, mwibuke ko imibiri yacu ari Ingoro ya Roho Mutagatifu udutuyemo, kandi ukomoka ku Mana nk’uko abanyakorinti babyibukijwe (1 Kor 6,19). Nimuharanira kumwumvira, Uwamwohereje na we azabitura. Ni bwo muzasenga Imana mwemye, mugira muti: ‘Impuhwe nizitugumemo ubudatezuka, kandi igihe tukiriho ijye iturokora’ (Sir.50, 24), idukize ibyago kandi iduhe amahoro.

Impuhwe nizitugumemo ubudatezuka

Imana idukunda ni yo yabanje kudukunda. N’igihe muntu ayiteye umugongo, yo ntiyigeze imwitura ahubwo yakomeje kumukunda, imugirira impuhwe z’igisagipane. Nibwo yohereje Umwana wayo w’ikinege ngo muntu adaheranwa n’urupfu yikururiye igihe acumuye. Harakabaho impuhwe z’Imana dukesha uburokorwe! Nimuyo tuziyambaze ubudatezuka, ku rugamba, umutuzo w’ukuri utangwa n’intsinzi, naho ubundi wakwisanga n’aho wari ufashe uhanyazwe. “Twebwe ntituri abantu bo gutezuka ngo bitumen tworama, ahubwo turi abantu bafite ukwemera kuzaduhesha uburokorwe (Heb.10,39).” Kudatezuka mu kwiyambaza impuhwe z’Imana ntibitana no kudatezuka mu kubaho mu muhamagaro wo kugirira abantu bose impuhwe, igihe cyose na hose. “Nimube abanyampuhwe nk’uko So ari umunyampuhwe (Lk.6,36).” Uyu muhamagaro udufasha kurushaho kuzirikana urugero rwo kugira impuhwe rw’Umubyeyi wemeye gutanga Umwana we, urugero rwa Yezu wumviye Se, akamera kwigabiza umusaraba. Mbega ngo muntu ngo aragirirwa impuhwe zihebuje! Iyo neza y’Imana ukomeje kugirirwa si Ibanga. Umukiro w’Imana si ubwiru kuko ugenewe abantu bose bemeye kuwakira, bityo rero ibyiza by’Imana ntibikakugarukireho. Oya! Ahubwo urakabe umuhuza w’abantu n’impuhwe z’Imana, uwo abahuye na we bose bagasanganirwa n’ ineza Imana yishakiye kumunyuzaho ngo ibiyereke, ibagirire neza.

Imana ijye iturokora

Kimwe mu ngaruka z’icyaha ni ukuvumwa ku butaka. Kimwe mu ngaruka z’ibikorwa bya muntu ni ihumana ry’ikirere, isoko y’ibiza bihitana ubuzima. Ibiza iyo bije ntibitoranya; uwo bisanze ni we bihitana. Ni ngombwa ko muntu ashyiraho ake mu kwirinda uko ashoboye ariko akazirikana ko Imana ifite ububasha bwo kurengera intungane yayo, umugaragu wayo uyitakambiye. Nimwibuke uko Imana yarokoye Nowa umwuzure (Intg.7,1-24), uko yarokoye Loti mu gihe cy’irimbuka rya Sodoma (Intg.19,1-29), uko yakijije abayisraheli, ikabacira icyambu mu nyanja basumbirijwe n’abanyamisiri (Iyim.14,1-31), uko yarokoye Yozefu, Daniyeli n’abandi. Na we komeza uyibere indahemuka, kandi ujye wibuka no kuyitakambira uyisaba ku kurokora kuko ibyago bidateguza, bikagutera utagize uruhare mu kubizana.

Uwo Imana iriburokore iramurwanirira kandi ni intaneshwa. Mwibuke uko Musa yabihamirije Abayisraheli, ati: “Uhoraho ni we uri burwane mu kigwi cyanyu, naho mwebwe mwigaramiye (Iyim.14, 14)”. Imana yarabikoze, irokora umuryango wayo. Muvandimwe, ntukihebe kuko ufite Imana igukunda ; yitakambire kandi wemere ugushaka kwayo kuganze mu buzima bwawe. Nibwo uzarushaho kubona uburyo Imana igukunda kandi ikurinda byinshi, ikakunyuza mu bikomeye ngo bigukomeze. Nimutunganire Imana kandi muhore mwambaza muti : “Uhoraho, tugirire imuhwe ! turakwiringiye. Utubere imbaraga buri gitondo, n’agakiza igihe cy’amage (Iz.33, 2).”

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...