Tuesday, May 10, 2022

Mutagatifu Evode, Umwepisikopi wahowe Imana

“… Evode ni we wambere wadukanye ijambo “aba Kristu” avuga abigishwa ba Yezu…”

Bivugwa ko Evode yavukiye mu bapagani, akaba yarakiriye ubukristu yigishijwe na Mutagatifu Petero Intumwa, anamuha n’ubwepisikopi. Mutagatifu Petero Intumwa yabanje kuba umwepisikopi wa Antiyokiya, igihe agiye i Roma, asiga ahaye Evode ubwepisikopi, ndeste amusiga i Antiyokiya ngo amusimbure. Ntawe uzi neza igihe Evode yapfiriye n’aho yaguye. Bavuga ko yaba yarasimbuwe na Mutagatifu Inyasi wa Antiyokiya mu mwaka 69. Icyo kikaba ari cyo gihe Evode yapfiriyemo. Hari abemeza ko yaguye i Galuba.

Mutagatifu Inyasi wa Antiyokiya wamusimbuye yamwanditseho amusingiza, mu ibaruwa yandikiye abakristu, ngo “mwigishijwe n’Intumwa Petero na Pawulo ubwabo, ntimuzibagirwe rero inyigisho ntagatifu mwashinzwe. Mujye mwibuka kandi n’umuhire Evode umushumba wanyu wabaragiye abahawe n’Intumwa. Twerekane iteka ko uwo mubyeyi mwiza atarumbije.” Mutagatifu Inyasi ubwe kandi avuga ko Evode yahowe Imana.

Evode ni we wambere wadukanye ijambo “aba Kristu” avuga abigishwa ba Yezu. Muri icyo gihe, ijambo “aba Kristu” ni we warikoresheje bwambere kubari abigishwa ba Yezu. Tumwizihiza mutagatifu Evode wa Antiyokiya kuwa 6 Gicurasi.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...