Friday, May 27, 2022

Mutagatifu Odeta, umubikira

Uyu Odeta ni we bitaga nanone Oda. Odeta yavukiye mu muryango ukomeye wari utuye i Buraba (Brabant) mu gihugu cy’Ububiligi. Ababyeyi be ntibakozwaga ibyo kwiha Imana kwe, ahubwo bo bashakaga kuzamushyingira umutware witwaga Simoni. Odeta we nttiyabishakaga. Igihe cyo gusezerana cyigeze, baramukururanye, bamujyana mu kiliziya ku gahato. Agezeyo, igihe cyo kwakira amasezerano y’abageni, Odeta yabwiye padiri uri kubasezeranya ati: “simbishaka”. Nuko yongeraho ati: “kubera ko mukomeje guhatiriza mushaka kumenya niba nifuza gushyingiranwa n’uyu musore w’umunyacyubahiro, mumenye neza ko yaba we cyangwa undi wundi, nta n’umwe muri bo nzemera. Urukundo rwanjye n’ukwemera kwanjye nabyeguriye Yezu Kristu. Namuragije kandi ubusugi bwanjye. Nta kintu, ndetse nta n’umuntu n’umwe uzadutandukanya.” Nguko uko Simoni yabengewe mu kiliziya!

Odeta yari afite ubwiza butangaje, ibyo bikamukururira abasore benshi bazaga kumurambagiza. Nuko afata icyemezo cyo kwiyangiza izuru kugira ngo ase nabi. Yibwiraga ko byagabanya abaza kumurambagiza. Nyuma y’ibyo ajya kwiha Imana mu muryango w’ababikira b’aba premontire, i Rivurele cyangwa Rivureye (Rivroelles ou Rivreuilles) mu Bubiligi, mu kigo cyitwaga “ikigo cy’Amizero Meza” (couvent de Bonne Esperance). Nyuma yaho yaje gutorerwa kuyobora icyo kigo nuko aba mameya wacyo. Aho ni ho yapfiriye mu 1158. Hari abemeza ko yari afite imyaka 23, abandi bakavuga 25. Kiliziya ihimbaza umuhire Odeta kuwa 20 Mata. Usomye izi nyandiko zagufasha kumenya byinshi:

DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols, 1991. P.378; https://eglise.catholique.fr/saint-du-jour/20/04/sainte-odette/ ; https://nominis.cef.fr/contenus/saint/1010/Bienheureuse-Odette.html

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...