Wednesday, May 18, 2022

MUTAGATIFU IVO (Yves), Umusaseridoti

MUTAGATIFU IVO (Yves), Umusaseridoti n’umwunganizi w’abakene.

Mutagatifu Ivo umuvugizi w’abakene, abapfakazi n’imfubyi yavukiye mu karere ka Bretanye (Bretagne) mu gihugu cy’Ubufaransa, mu mwaka w’1253. Yari umwana w’umutware wayoboraga Kermartini (Kermartin) hafi ya Tregiye (Treguier). Agejeje imyaka 14, ababyeyi be bamwohereje kwiga Filozofiya, Iyobokamana n’amategeko ya Kiliziya, i Parisi mu Bufaransa. Amategeko ya gisivili yayigiye i Oruleya (Orleans), nuko arangiye asubira muri Bretanye. Nyuma yaho umwepisikopi wa Rene (Rennes) yamugize umucamanza mu rukiko rwa Kiliziya rwo muri iyo diyosezi ya Rene. Nyuma yaho Ivo yahawe ibice bya mbere bibanziriza ubupadiri. Umwepisikopi we, wayoboraga diyosezi ya Tregiye yamusabye kuza guca imanza muri uwo mujyi, mbese agakora nk’ibyo yakoraga muri diyosezi ya Rene.

Mu w’1285, Ivo yahawe ubupadiri, maze agirwa padiri mukuru wa Tredirezi (Trédrez). Kugira ngo abashe gukora neza uwo murimo, yeguye ku murimo wo guca imanza. Ivo yabaye intangarugero mu bashumba baragiye ubushyo bw’Imana muri Kiliziya. Yicishaga bugufi cyane ku buryo yirindaga ikintu cyose cyatuma bamuha ikuzo. Igihe cyose yajyaga gusura abakristu, yagendaga ku maguru, kandi yagendaga yambaye inkweto z’imikoba (rugabire) nk’uko abafureri b’abafaransisikani babigenzaga. Ariko n’ubusanzwe yari yarinjiye muri uwo muryango, mu gice cyawo cy’abataba mu bigo (Tiers-Ordre). Akiri umunyeshuri i Paris, yari yarafashe icyemezo cyo kwigomwa inyama. Ageze i Orleya, yafashe icyemezo cyo kureka kunywa inzoga ahubwo afata umugambi wo gusiba kurya buri wa gatanu.

Uko iminsi yagendaga ni ko yarushagaho kongera uburyo bunyuranye bwo kwibabaza. Byageze aho afata icyemezo cyo gusiba kurya buri wa gatatu, buri wa gatanu na buri wa gatandatu. Yaryamaga ku buriri bushasheho utwatsi dukeya cyane tugeretse ku biti akisegura Bibiliya cyangwa ibuye. Abakene yabahaga ibyo yungutse ndetse n’ibisanzwe bivuye mu mutungo we bwite. Ntiyifuzaga kubona abakene bambaye ubusa. Umunsi umwe yasuye ibitaro ahasanga abakene benshi bambaye ibicwabari nuko abaha imyambaro ye yose. Umunsi umwe, umudozi yari ari kumupimira umwambaro mushya, maze arabukwa umukene wambaye utwambaro dushaje cyane, maze aramuhamagara amwihera uwo mushya, maze agumana ishaje. Ariko icyatumye Ivo amenyekana cyane ni ukuntu yakoze neza cyane umurimo we wo guca imanza zitabera.

Yihatiraga cyane kunga abafitanye urubanza, bakiyunga bataragera imbere y’ubucamanza. Kandi iyo yacaga imanza, yihatiraga gusubiza uwabujijwe uburenganzira bwe ku biburanirwa. Mu manza zose yabaga arimo nk’umucamanza cyangwa nk’umwunganizi, nta na rumwe rwigeze rugaragaramo akarengane. Igihe yari umucamanza, rimwe na rimwe yahindukaga umuvugizi w’abakene n’imfubyi. Ivo yitabye Imana ku itariki 19 Gicurasi mu mwaka w’1303 afite imyaka 50. Nuko abakene, imfubyi, abapfakazi n’indushyi baramuririra cyane nk’umubyeyi wabo, umuvugizi wabo n’umurengezi wabo. Twizihiza mutagatifu Ivo ku itariki 19 Gicurasi.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...