Tuesday, May 10, 2022

Mutagatifu Solanje, isugi yiyeguriye Kristu (860-878)

«…Bavuga ko Solanje afite imyaka irindwi yaba yarumvise ijwi rimubwira riti : « ngwino tuzibanire ubuziraherezo » nuko ararisubiza, ati : « ndi uwawe ngwino unjyane Nyagasani ». Iryo jambo ryo kwiha Nyagasani, Solanje yarikomeyeho cyane… »

Solanje yavukiye i Vilemo (Villemont), mu Bufransa. Yarezwe neza n’ababyeyi be bari abahinzi, bamutoza kare imico myiza ya gikiristu no gukunda umurimo. Iyo yabaga ajya kuvoma cyangwa aragiye amatungo, isengesho ni ryo ryabaga rimuri ku mutima. Mu gihe cye, hari ubukristu bukomeye n’ubuhakanamana butarahabwa intebe. Icyo gihe kandi Ababyeyi bareraga abana babo mu gitinyiro cya Nyagasani, ku mugoroba bamaze gufungura bakababwira ku mibereho y’abatagatifu. Bavuga ko Solanje afite imyaka irindwi yaba yarumvise ijwi rimubwira riti : « ngwino tuzibanire ubuziraherezo » nuko ararisubiza, ati : « ndi uwawe ngwino unjyane Nyagasani ». Iryo jambo ryo kwiha Nyagasani, Solanje yarikomeyeho cyane.

Solanje yakundaga umurimo kuburyo imirimo yose yasabwe gukora yayikoranaga urukundo. Yangaga cyane ubwirasi, ku buryo igihe yabaga ari kwireba mu mazi yahitaga asibanganya iyo ndorerwamo ya kamere, ngo hato itaza kumukururira ubwibone. Solanje yabayeho yirinda imyitwarire yatuma asamara, kandi nta wigeze amubona mu dutsiko tw’urubyiruko twatwawe n’iby’isi. We yakundaga Imana cyane agakunda n’abantu.

Uko yari mwiza ku mutima ni nako yari mwiza ku mubiri ; ubwo bwiza bwo ku mubiri ni bwo bwatumye umuhungu w’umwami amubenguka, ashaka kumusaba nyuma ndetse agera aho kubizira. Umunsi umwe, uwo musore yasanze Solanje aho aragiye amatungo, aramubwira ati : “ndifuza kukurongora tukibanira” Solanje aramusubiza ati : “narangije guhitamo byararangiye, nahisemo Yezu Kristu Umwami wanjye”. 

Undi munsi uwo musore azanana umugambi ntakuka, aramufata amujugunya ku ifarasi, amwirukankana cyane atitaye ko yanamutura hasi. Nuko Solanje abonye ko agomba kumucika, asimbuka ku ifarasi iri kwiruka, agerageza guhunga uwo mubisha. Wa musore aramukurikira, afata inkota ye, ayimutera mu mutima amutsinda aho. Nguko uko Solanje yapfuye ari isugi yahowe Kristu.

Bavuga ko umubiri we wakomeje gukora ibitangaza byinshi aho i Beri yapfiriye n’ahandi henshi abakristu bamwiyambazaga. Twizihiza mutagatifu Solanje kuwa 10 Gicurasi.

Aho byavuye:

  1. ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.135. 
  2. DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p. 465.
  3. http://www.sanctoral.com/fr/saints/sainte_solange.html

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...