Wednesday, May 18, 2022

Mutagatifu Petero Selesitini (1221-1296), Papa

Izina rya Petero Selesitini yaryiswe nyuma. Izina rya se n’abakurambere be ryari Muro. Ubwo rero yagombaga kwitwa Petero Muro. Aho akuriye ni ho bamwise Selesitini bivuga ‘umwana w’Ijuru’. Yari umwana wa 11 mu bavandimwe 12. Ababyeyi be bari abataliyani b’abakene. Barushaho kuba abakene aho se apfiriye. Ariko Petero Selesitini yarushije abavandimwe be amahirwe yo kubona amashuri. Akiri muto, yajyaga abonekerwa n’abamalayika na Bikira Mariya, agakunda kubibwira abandi. Banze kumwemera ati: “nimuze mbahe ikimenyetso. Nuko bajya mu murima w’ingano zitari zanaraba. Urugano asoromye rwose rukaba ihundo ryiza. Kuva ubwo nyina yemera ko aziha Imana.

Petero Selesitini ahera ubwo ajya kwiha Imana, ntiyabanza ariko mu bamonaki. Arabanza ajya mu ishyamba ahamara iminsi itandatu, asiba, asenga kandi yibabaza kwinshi. Iminsi itandatu ishize arahava ajya mu buvumo bwiherereye cyane butari buzwi. Akarara ku butaka gusa. Umwambaro we wari nk’ikigunira gihanda nabi. Ahamara imyaka itatu yose ari na ko shitani imwibasira, imutera ibishuko byo kwiheba, by’ingeso mbi cyangwa byo kujya gushaka umugore. Abamalayika baramukiza kuko bamubonekeraga kenshi. Hanyuma yemera kujya kwigira ubusaseridoti kugira ngo misa azajya avuga izajye imufasha gutsinda ibyo bishuko.

Ubutagatifu bwe butuma abakristu benshi baza kumugisha inama. Bamwe abemerera kubana na we. Ni ko umuryango wa Kiliziya witwa ‘Abaselesitini’ watangiye. Bari bariyubakiye utuzu tw’ibyatsi bakatubamo. Umukiro wabo wari uko babanye gusa n’Imana yabohererezaga abamalayika bayo kubasura kenshi. Petero Selesitini yari atunzwe gusa n’umugati mubi washiririjwe, ukomeye cyane byo kuba wakura amenyo. Ubundi akarya ibyatsi abonye byose ku gasozi, cyane cyane mu gisibo. Yararaga ku gitanda cy’icyuma kizira isaso, nta karago cyangwa akaringiti. Akavuga ko gisusuruka kurusha ubutaka bwumye. Imana ariko irabimubuza kuko yari akabije mu kwibabaza kwe.

Nuko Papa atanze hashira amezi 27 nta wundi utowe, bitarigeze biba. Nyuma y’urupfu rwa Papa Nikola IV mu mwaka w’1292, abakalidinali ntibashoboye kumvikana ku itorwa ry’umusimbura we. Nibwo nyuma y’impaka ndende batoye umuntu udafite aho abogamiye kandi uzwiho ubutagatifu, batora umumonaki w’imyaka 72 witwa Petero. Yiberaga mu mpinga y’umusozi wa Morone aho yari yarashatse kwihererera ngo arusheho gusabana n’Imana, hashize imyaka ibiri. Abakalidinali baje kumushaka ngo bamujyane kumwimika, na ho we abyumvise arabatakambira abapfukama imbere ngo bamureke yigumire mu mwiherero we n’Imana.

Bakomeza rero kubimuhata ndetse baramujyana, nuko amaze kuba papa yitwa Celestin V arihangana amara amezi atanu, hanyuma asaba kwegura avuga ko adashoboye uwo murimo. Benshi byarabababaje kuko bamukundaga, bituma ndetse uwamusimbuye amugirira ishyari aramufungisha agwa mu buroko ku wa 19 Gicurasi 1296. Twizihiza Mutagatifu Selesitini ku itariki 19 Gicurasi.

Aho byavuye:

  • IGITABO CY’UMUKIRISITU, Editions Pallotti Presse, 2012. p.224.
  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.143-144.
  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, 2eme ed. sept. 2015. p.146.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.112.
  • http://www.sanctoral.com/fr/saints/saint_pierre-celestin.html   
  • http://www.introibo.fr/19-05-St-Pierre-Celestin-pape-et   

Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko twakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963/ (ubunyamabanga bwa SPES MEA).

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...