Wednesday, May 18, 2022

Mutagatifu Diyoniziya (Denyse), umubikira wahowe Imana

Izina Diyoniziya risobanura ‘umwali w’Imana’. Mutagatifu Diyoniziya ni umubikira wapfanye n’abandi batagatifu barimo Petero, Andereya na Pawulo. Bapfiriye ahitwa Lampusake (Lampsaque), muri Turukiya y’ubu, ahagana mu mwaka wa 251, bikurikije uko igitabo cyitwa Maritiroloje kibivuga.

Muri icyo gihe, umutegetsi w’ako karere yategetse abo bakirisitu gutura igitambo ikigirwamana cyitwaga Venus. Nuko uwitwa Petero (utari Petero Intumwa) arasubiza ati: “icy’ingenzi kandi kintera ishema ni ugutura igitambo no gusenga Imana Nzima kandi Nyakuri”. Diyoniziya amaze kubwirwa inkuru mbi y’uko uwitwaga Nikomake amaze kwihakana Imana ku mugaragaro, atera hejuru ati: “nta kundi, Nikomake apfuye urwa burundu, ahombye ijuru, ubuziraherezo kubera kwihambira ku buzima bwo ku isi buzamara akanya gato…” Icyo gihe uwahakanaga ubukristu yasohokaga mu rukiko ahawe icyemezo cy’uko yahakanye Imana.

Abasirikare bari aho bumvise uwo mukobwa w’imyaka 16 avuga atyo, bamenya ko ari umukristukazi, ni ko guhita bamufata. Ubwo bahise bamujyana imbere ya guverineri. Diyoniziya yabwiye Guverineri ati: simfitiye ubwoba ibyo unkangisha ngo urangirira nabi, mfite incuti ikurusha imbaraga, iyo nshuti ni Imana yanjye. Ishobora kundwanaho muri ubwo bubabare bwose. Bahise batangira kumugirira nabi, barangije, bamuca umutwe. Apfa atyo ahowe Imana. Hari kuwa 15 Gicurasi 251, ku ngoma y’umwami w’abami witwaga Desi. Twizihiza Mutagatifu Diyoniziya kuwa 15 Gicurasi.

Aho byavuye :

·        DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. 143.

·        https://nominis.cef.fr/contenus/saint/1159/Sainte-Denise.html

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...