Saturday, January 17, 2026

Diyosezi ya Byumba: Batatu bahwe ubupadiri

Diyosezi ya Byumba yibarutse impanga z’abapadiri batatu mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2026. Ni inkuru isa n’itangaje kuko mu Rwanda bimenyerewe ko itangwa ry’ubupadiri rikunze kuba mu gihe cy’impeshyi.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Mutarama 2026, muri Paruwasi Katederali ya Byumba habereye Igitambo cy'Ukaristiya cyatangiwemo Isakaramentu ry'Ubusaseridoti, urwego rw’ubupadiri kuri Diyakoni Oscar Kwizera uvuka muri Paruwasi Katederali ya Byumba, Diyakoni Emmanuel Kavutse uvuka muri Paruwasi ya Nyagahanga na Diyakoni Jean de Dieu Nsabimana uvuka muri Paruwasi ya Nyarurema.

Iki gitambo cyayobowe na Musenyeri Papias Musengamana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba ari kumwe na Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba wa Diyosezi ya Byumba uri mu kiruhuko cy’izabukuru ndetse na Musenyeri KizitoBahujimihigo, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kibungo uri mu kiruhuko. 

(Indi nkuru wasoma : Menya Diyosezi ya Kibungo n’abashumba bayiragijwe)

Mu izina rya baganzi be, Padiri Emmanuel Kavutse yavuze ko bishimiye kuba barahamagawe n’Imana, kandi ko bazahora barata ubuhangange bwayo.

Yagize ati: ''Turashimira Imana yo mubyeyi udahemuka twabonye ineza yayo kandi tuzahora turata ubuhangange bwayo. Uduhamagara yatweretse ko uzamukomeraho ari we uzarokoka yarabitweretse ni ahabwe ikuzo.''

Mu butumwa bwe, Musenyeri Papias Musengamana, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Byumba, yashimiye Abapadiri bashya bemeye kumvira ijwi ry'Imana, abasaba kuzaba abasaseridoti beza ku mutima kandi bicisha bugufi birinda kuba ab'isi n'ubwo batumwe mu isi ahubwo bakazaharanira kuba ab'Imana.

Ati: “Muhawe ubusaserdoti mu ntangiriro z’uyu mwaka mushya wa 2026 nk’impano n’ingabire Imana ihaye Kiliziya na Diyosezi yacu ya Byumba. Turabifuriza kuzaba abasaserdoti beza bakunda Imana kandi bakayimenyesha abandi. Muhawe ubutumwa bwo kwamamaza Inkuru Nziza y’Ivanjiri, mutumwe hano ku isi ariko ntimuzabe ab’isi, muzabe ab’Imana. Ibyo muzabishobozwa n’isengesho.”

Agaruka ku nshingano abapadiri bashya bahwe, Musenyeri Papias yabibukije ko bagiye kwigisha Ijambo ry’Imana ritagira ikirihagariko, ko atari ibitekerezo byabo bwite bagomba kwigisha. Yagize ati:  “Ntimutumwe kwigisha ibitekerezo byanyu, ntimwatumwe kwigisha amagambo y’abantu cyangwa ibyifuzo byanyu bwite, ahubwo mutumwe kwigisha Ijambo ry’Imana ridashobora kugira ikirihagarika, kandi mukaryigisha mu izina rya Kiliziya. Yezu Kristu wabatoye azakomeza kubagenda iruhande rwanyu no kubayobora.”

Musenyeri Musengamana Papias yabibukije ko ubusaseridoti bugimba kuba ubuzima, abasaba guharanira kuba abanyabikorwa bashingiye kuri Yezu Kristu. 

Ati: “Ubusaserdoti si umurimo gusa, ni ubuzima. Mwahamagariwe kuba abasaserdoti mbere na mbere, ntimuri abakozi b’Imana, ahubwo muri intumwa za Kristu. Icyo muzaba muri cyo ni cyo kizagena ibyo mukora. Muzaharanire kuba abanyabikorwa bashingiye kuri Yezu Kristu.”

Musenyeri PapiasMusengamana yifurije abadiri bashya kuba abapadiri beza kandi barangwa no kwicisha bugufi nkuko Kristu wabatoye yaranzwe no kwicisha bugufi.

Yabageneye impano y’ibitabo bizajya bibafasha gutegura inyigisho yo kugeza ku bakiristu.

Izndi nkuru wasoma: 

Diyosezi ya Byumba 2025-2026: Abasaseriodti bahawe ubutumwa

Menya Abepiskopi 13 ba Kiliziya Gatolika mu Rwanda

No comments:

Post a Comment

Saint Sébastien, Martyr à Rome (+ v. 284)

Saint Sébastien, martyr romain de grande renommée, serait né à Narbonne , dans le sud de la France, et était d’origine italienne , de Milan ...