Thursday, June 6, 2024

Inama ya Buzurora

MINIKUMU

ISHAMI RISHINZWE KUBA NO KUBAHO

ISHURI RY’UBUZIMA

ISOMO RY’IMIBEREHO N’IMIBANIRE

UMWAKA W’AMASOMO: IGIHE CYOSE URIHO


IKIZAMINI CY’IMIBEREHO N’IMIBANIRE MU BANTU    /Amanota 20

Umwandiko

(igice cy’umwandiko ‘Inama ya Buzurora’)

Buzurora yaryamanye ibakwe, abyukana ubunebwe, aricara yubika umutwe mu maguru ngo yiyungure ubwenge. Nibwo yibwiye ati: “Reka ngenderere za nshuti zanjye Rubandibibona na Bakoshabadahannye nkunda cyane, tube tugagura akanwa, ndeke kwicurikira ubwenge kandi buhenda.” Buzurora ahaguruka ubwo, agenda atarora hirya, atarora hino,  nk’aho hari umukurikije induru.

Ku bw’amahirwe ye, yasanze inkoramutima ze zaramukiye hamwe. Ngo amare kuzibwira ikimugenza, bemeranya bose kuzerera.  Nuko bose barabuyera, nuko bose barirwa mu gakungu, barashubera bishyira kera kuko badakangwa n’ijoro. Bidatinze, Buzurora anyurwa n’ibyo, aba indatwa mu bitegwajoro, byakirizwa n’amahiri, impundu zabo zikaba induru. …

I.                IBIBAZO BYO KUMVA UMWANDIKO

1.     Rubandibibona ni nde? / Amanota 5

2.     Bakoshabadahannye uvugwa muri uyu mwandiko ni nde? / Amanota 5

II.              IBIBAZO BY’UBUMENYI RUSANJYE

3.     Andika mu magambo arambuye iyi mpine: MINIKUMU /Amanota 4

Hitamo igisubizo cy’ukuri 

4.     Iyo bavuze “Buzurora” wumva ari ubuki? /Amanota 2

a.      Ububwanebwe

b.     Ubusambo

c.      Ubwenge

d.     Byose ni byo

5.     Ukurikije ibisuzo by’ibibazo byo kumva umwandiko, gorora iyi nteruro:   Amanota 4

Nuko bose barirwa mu gakungu: 

 

Amahirwe masa!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...