Friday, August 17, 2018

‘GUMANA NATWE NYAGASANI’ Ubutumwa ndemamutima


Bavandimwe, hano dutuye si iwacu, iyi si tuyituye turi abagenzi bagana, ahasendereye ibyiza. Ni mu ijuru nk’uko tubiririmba tuvuga tuti “twaremewe kuzajya mu ijuru niho twese tuzishima iteka.” Isi itwakira tuvuka, ikaducumbikira bamwe mu byishimo, abandi mu magorwa no muri byombi. Uko twabaho kose iherezo ni rimwe; urupfu rutuvana kuri iyi si, tukajya mu bundi buzima. Ibyo bigatera abasigaye umwijima n’agahinda, bugasa nk’aho bugorobye iwabo, aha ni ngombwa ko twibuka gutumira Nyagasani ngo abane natwe, abe mu rugo rwacu, mu buzima bwacu no mu bikorwa byacu. “Gumana natwe...(Lk.24,29)”.  Koko Yezu Kristu atanga ibyishimo kandi ‘nta muntu uhejwe ku byishimo Nyagasani atuzanira’[1]. Ni We bugingo. Igihe imibereho itwerekeje mu kababaro, dukomere, twakirane gikristu uwo musaraba. Ntibitubere impamvu yo gucika intege no guhunga Umukiza ahubwo tube nka Simoni Petero wavuze ati “Nyagasani twasanga nde wundi ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo (Yh.6,68).” Twe twaremeye kandi tuzi ko Yezu ari isoko y’ibyiza byose bibaho, aba hafi y’abashavuye, ab’intege nke, intabwa, insuzugurwa n’abarengana, bamwiyambaza. “Nimusubize amaso mu bisekuruza bya kera, murebe: ni nde wiringiye Uhoraho, maze agakorwa n’ikimwaro? cyangwa ni nde watinye Uhoraho maze akamutererana? ni nde wamwiyambaje akamusuzugura? (Sir.2,10)” Nta n’umwe, Imana yacu irashoboye!

Ibigeragezo bica intege nyamara kubikomeramo ni byo Nyagasani adusaba kandi birashoboka. “Koko uwiringiye Imana agera kubyo we yabonaga ko bidashoboka, kabone n’iyo yaterwa ubwoba ate, ntiyigera acika intege na busa (Mtg.Filomena).” Intumwa n’abahanuzi, abahowe Imana n’abatagatifu barabishoboye. Bikira Mariya natubere urugero mu kuba inshuti z’umusaraba kuko yabaye hafi y’Umwana we mu bubabare n’urupfu bye. Yezu twemeye ni we rugero rwacu rudasumbwa. Ibigeragezo ni byo musaraba wacu. Nk’uko uwa Yezu wamugejeje ku mukiro w’izuka, ni nako bizatugendekera niduheka iyacu nka we, tukarangwa n’isengesho, urukundo n’ubwiyoroshye tumurangamiye, koko rero, Nyagasani yabwiye Mtg.Veronika ati “uwiyoroshya nzamutuza mu mutima wanjye” (Diario, t. ler, p. 373). Nimukomere ku ijambo ry’Imana kuko ari irinyabuzima, (Heb.4,12) kandi muhugukire kubaho mumurikiwe n’Ivanjili, “icyo twifuza ni uko buri wese yakomeza iryo shyaka rizamugeza ku ndunduro y’ibyo yizeye (Heb.6,11)”. Bavandimwe, nimukomere, muzirikane ko Yezu yatsinze urupfu akazuka; “nk’uko twemera ko Yezu yapfuye kandi ko yazutse, ni nako abapfuye bamwizera, Imana izabazura maze ikabashyira hamwe na We. Murajye rero muhumurizanya muri bene ayo magambo (1Tes.4,14.18)”. Muterane inkunga mu ntege nke zanyu kandi “Mujye muhora mwishimye, musenga ubudahwema, mushimire Imana muri byose kuko ari byo ibashakaho muri Yezu Kristu (1Tes.5,16-18)!”

Nimukomere kandi mukomere ku masezerano ya Batisimu yo shingiro ry’andi yose. Muzirikane ko ‘kubera batisimu twahawe, twiyemeje kuba abogezabutumwa (Echo-Mission, no64, P.15)’, bityo twiyimbire niba tutamamaje Ivanjili. Nimwihatire gutsinda ibigeragezo bikereye kubaca intege no kubatatanya, muhanze amaso Kristu utaraheranwe n’urupfu. muzirikane ko ukwitagatifuza nyako kudatana n’ibigeragezo kuko arimo kwigaragariza. “ukwitagatifuza kw’ukuri, nk’uko Yezu Kristu yabibwiye Umuhire Anna Maria Taïgi, ni ukwihanganira ibigeragezo by’imbere -ibya roho-n’ibyinyuma -iby’umubiri.” (Vie par Mgr Luquet, ch.13’)[2]. Bavandimwe, ‘reka twishyire mu maboko y’Uhoraho, twoye kwiringira abantu, kuko ari we Nyir’ububasha, akaba na Nyir’impuhwe’ (Sir.2,18)! Kandi nitugera aho tubona ko isi itwibasiye, tuzazirikane aya magambo y’umuhanuzi Izayi; “Nimujye imigambi ariko izapfa ubusa. Muvuge ayo mushatse yose ariko nta cyo bizabamarira kuko Imana turi kumwe (Iz.8.10)”. Imana ishobora byose ibane namwe mu bihe byose na hose; ububasha bwayo nibubabere ikiramiro! Gumana natwe Nyagasani!




           


[1] PaUL VI, Exhort. Apost. Gaudete in Domino (9 Mai 1975), n. 22: AAS 67 (1975), 297.
[2] Abbé Auguste Saudreau, o.p. Recueil d'Apparitions de Jésus aux Saints et aux Mystiques, livre édité en 1882 sous le titre : Les Divines Paroles ou ce que le Seigneur a dit à ses disciples dans le cours des siècles chrétiens, CHAP. XVII no 34

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...