Monday, August 16, 2021

Aho ivoma ubuzima; Kiliziya, umuteguro wayo

Kiliziya ni iki?














FRATRI Alexis RUSIMBUKANDE uvuka muri Paruwasi ya BUNGWE ahabwa ubudiyakoni I Nyakibanda 11/04/2021, Photo/internet

Kiliziya ni umuryango w’abana b’Imana, abasangiramurage na Kristu babikesheje Isakaramentu rya Batisimu, bityo ikaba koko irembo ry’ubugingo kuko uyobowe n’ukwemera ayibonamo icyangombwa kimuhesha ubuzima butazima nk’uko Mutagatifu Irene yabivuze muri aya magambo; “Kiliziya ni irembo ry’ubugingo. Singombwa gushakira ahandi ukuri kuboneka byoroshye muri Kiliziya. muri Kiliziya, Intumwa zahashize icy’ukuri cyose ku buryo buri muntu ubishaka ayibonamo icyangombwa ku buzima (S. Irénéé de Lyon. Contre les hérésies, III.4)”. Twibuke ko amsakaramentu ariyo Kristu akoresha ayiha ubuzima nk’uko dukunda kubiririmba: “Yezu ugira ubuntu bwinshi, wiremeye Kiliziya, uyiha amasakramentu, ayiha ubugingo bwawe (indirimbo kuzwa iteka Yezu mwiza).” Uwo muryango w’abana b’Imana ubonera ubuzima mu rupfu n’izuka bya Yezu Kristu uduhuriza mu rukundo n’ubumwe by’abemera.

Ishingwa rya Kiliziya ryateguwe n’ubuzima bwa Yezu nyuma yo kubatizwa na Yohani mu mazi ya Yorudani (sa fondation s’est préparée dans la vie christique publique), igihe ahamagariye abantu kumukurikira bityo bagakora itsinda ryabaye umutima We ubwe azaheraho akubaka Kiliziya ye. Ni ba cumi na babiri Yezu yahisemo, akabahamagara mu mazina yabo kandi akabagira intumwa ze (Lk.6,12), bakamubera abahamya b’ubuzima, inyigisho n’ibitangaza bye. Kiliziya ku ikubitiro yaragijwe Petero nk’umukuru mu bandi kugira ngo ikomeze kunga ubumwe no guhamya ibirindiro, ibyo bigaragarira mu gisubizo Yezu yahaye Petero nyuma yo guhamya ukwemera kwe (Mt.16,10-19).

Igikorwa cya Kristu cyo kohereza ku isi Roho Mutagatifu cyari gikenewe cyane kuko cyatumye intumwa zisohoka mu nzu y’umwijima, ubwoba, kwiheba no gutakaza ukwemera hanyuma zikinjira mu isi yo gukomera mu kwemera, mu kwizera no mu kwamamaza Uwazutse bizira kurangwa no kugengwa n’ubwoba. Cyaje kandi kuba iherezo ryo gushinga Kiliziya kuko cyakurikiye urupfu rwa Kristu abantu batiyumvishaga neza, urupfu benshi bafataga nk’ugutsindwa kwa Kristu n’abamwemera ndetse n’izuka ryabaye icyizere kubemera Kristu n’abamukurikira by’umwihariko. Kandi abemeye kumukurikira bagomba kwihatira kumva Kiliziya n’ibyo ibasaba byose.  Biratunganye ko twese turebera ku muhanzi Sipiriyani RUGAMBA waririmbye ati “Kiliziya yawe Mwami watwihaye, turayigutuye maze isugire, igwize abashumba n’abayoboke, bajye baguhabwa bagushimire (Indirimbo Umwami watwihaye),” bityo duhorane umuco wo gusabira Kiliziya yacu, ari nako twihatira gukurikiza amategeko yayo.


Uriho ni we uhamagarwa!

Abavokasiyoneri 2017, Photo/ Elias T
Umuntu ahamagarirwa mbere na mbere kubaho. Ntawemerewe kuvutsa mugenzi we ubuzima mu buryo ubwo ari bwo bwose; ubuzima ni umuhamagaro muntu asubiza iyo yemeye kubaho, akabaho yubaha ubuzima bwe n’ubwa mugenzi we, agahitamo kubaho ubuzima butabera, burangwa n’urukundo rutarobanura, ubuvandimwe n’amahoro. Koko rero “ubona mu mutima we urwango yanga umuntu uwo ari we wese, yitwaje igicumuro icyo ari cyo cyose yagiriwe, aba ari umunyamahanga mu rukundo rw’Imana. Kuko urukundo rw’Imana rutihanganira na gato kwanga umuntu. (S. Maxime le Confesseur. Centuries sur l'amour, 1.15)”. Mu butumwa muntu yahawe harimo gukunda no gutanga ubuzima (Yh.15,12-13.17; Intg.2,28) ariko ntiharimo kwica. Itegeko rya gatanu mu mategeko y’Imana riragira riti “Ntuzice!” Ntibikwiriye ko umuntu yakwica mugenzi we kuko na we aba yikururira akaga ku munsi w’urubanza, akishyira aho atakwivana nyamara yibwiraga ko ari kugira neza afasha mugenzi we kuva mu miruho y’isi. Mu buzima bwa gikristu, uriho ni we uhamagarwa, agahamagarirwa gukurikira Yezu Kristu; uyu muhamagaro usaba ko uhamagarwa ahinduka, agahindura imibereho ye, kandi agatangira urugendo ndetse bikaba byanamuviramo kwitwa umunyamahanga mu be bitewe no kuba batagihuza mu mvugo no mu ngiro.

Nyagasani ni we ubwe wikomereza abemeye guhara byose, bakamukurikira bamushakaho ubuhungiro, kandi akanabagororera. Ni byo yizeza abamukurikira agira ati “Ndababwira ukuri, nta we uzaba yarasize urugo, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa nyina, cyangwa se, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, ari jye abigirira n’Inkuru Nziza, ngo abure kwiturwa karijana muri iki gihe, ari amazu, ari abavandimwe, ari na bashiki be, ari na ba nyina, n’abana, n’amasambu ariko n’ibitotezo bitabuze, kandi no mu gihe kizaza, akaziturwa ubugingo bw’iteka (Mk 10,29-30).” Kuba umukristu ni umuhamagaro. Imana iduhamagarira ubukristu kugira ngo tugire uruhare ku buzima bwayo kandi tube abana bayo. Ni umuhamagaro w’abantu bose wigaragariza muri Yezu, ukabonerwa igisubuzo mu cyemezo cyo kumukurikira, gutandukana n’ibyahise, kwitwara nka We no gusanisha ubuzima bwawe n’ubwe.

 Imihamagaro itandukanye muri Kiliziya

Bushinga yasuye Bungwe, 23/07/2017 Photo/ Elias T


Kuvuga ku mihamagaro itandukanye ya gikristu ntibijya kure yo kuvuga ku buryo bwo kubaho (les états de la vie); hari ubuzima bwo kwiha Imana, ubuzima bwo kwiyegurira Imana n’ubuzima bw’abalayiki (la vie religieuse, le ministère ordonné et le laicat). Muri iki gihe, usanga abantu bibanda cyane ku byishimo umuntu aronkera mu muhamagaro wo gushinga urugo, ntibiyumvishe neza agaciro ku kubaho udashatse (le célibat) ubigiriye Ingoma y’Imana. Ababatijwe twese duhamagariwe kuba intungane, tukuzuzanya muri iyo mibereho n’impano bitandukanye. Abihayimana, abiyeguriyimana n’abalayiki, iyo basangiye ubukungu bwabo (iyo bakoresheje impano zabo mu bwuzuzanye) bafasha Kiliziya gusobanura neza ubusendere bw’iyobera ryayo no gusohoza ubutumwa bwayo mu isi. Ni byo koko, nk’uko tubiririmba, “Dufite ingabire zinyuranye, ariko zose ni iza Roho umwe, uzigaba uko yazigennye, ngo zibe zubaka Kiliziya (indirimbo Uri Imana koko).” Muri Kiliziya gatolika, bamwe bemera nta gahato gusezerana ubukene, kumvira ndetse n’ubumanzi (ubusugi kuri bashiki bacu), akaba ari yo mpamvu badashaka kugira ngo biborohere kwirundurira mu Mana nta birantega yo kwita ku muryango uharanira iby’isi biwutunga. Icyiza mu mihamagaro yose ni ukunyurwa n’uwo uri we, ubutumwa bwawe n’aho ubukorera. Twibuke ko mbere ya byose umuntu ahamagrirwa kubaho, akabaho anyuzwe, yishimye, yikunda nk’uko akunda bagenzi be kandi yitangira Ivanjili

Monday, August 9, 2021

Paruwasi ya Bungwe; uko bamwe mu basaseridoti bayivukamo bahawe ubutumwa 2020/2021

Ordination diaconale et sacerdotal, Bungwe. 2015 photo/internet

Paruwasi ya Bungwe yitirirwa "Regina Pacis" yashinzwe mu mwaka w'1954 iherereye mu karere-nkenurabushyo ka Muyanza. Ni paruwasi ifite abakristu basaga 62% by’abaturage bayituye nk’uko bigaragazwa n’ibarura ryo muwaka wa 2014 ryagaragazaga ko ababatijwe ari 58729 hamwe n'abigishwa 2941 nta kabuza impinduka zarabaye. Iyi paruwasi ifite kandi abakristu bakunda Kiliziya bikagaragzwa n’ibikorwa by’ubwitange bakora no kuyitura abana babo kugira ngo bayegukire batizigamye bakorera Imana mu bantu. Yibarutse abihayimana batandukanye; abasaseridoti barimo n’umusenyeri watabarutse, Thaddée Nsengiyumva, abafureri n’ababikira, aba bose bakaba bitagatifuriza mu miryango inyuranye yemewe na Kiliziya.

Dore uko bamwe mu basaseridoti bayivukamo bahawe ubutumwa mu mwaka wa 2020/2021

1. Padiri ALEXANDRE NIYONSABA: avuka muri central ya Bungwe akaba ari umunyamabanga wa diyosezi

2. Padiri AUBERT ARAMBE: avuka muri central ya BUSHINGA, ubu ni umunyakigega wa diosezi, ni we ushinzwe ibijyanye n’umutungo byose

3. Padiri JMV DUSHIMIYIMANA: ukomoka muri central ya MANYAGIRO ni we uhagarariye Caritas muri diosezi

4. Padiri SAFARI VIATEUR: yahawe ubutumwa bwo kongera ubumenyi mu BUTALIYANI

5. Padiri CLET NAHAYO uvuka muri central ya KIVUYE yahawe ubutumwa bwo kongera ubumenyi mu bubiligi, nyuma y’uko akuwe mu iseminari nto ya Rwesero aho yari umuyobozi wa roho.

6. Padiri THEOPHILE TWAGIRAYEZU uvuka muri central ya BUNGWE yatumwe gukirikirana imyitwarire mu kigo cya SANTA MARIA KARAMBO

7. Padiri EDOUARD SENTARURE uvuka muri central ya BUSHINGA akorera ubutumwa muri FRANCE (FIDEI DONUM)

8. Padiri Florent MWISENEZA avuka muri central ya MANYAGIRO akorera ubutumwa mu BUTALIYANI (fidei donum)

9. Padiri Jean d'amour DUSENGUMUREMYI uvuka muri central ya KIVUYE yatumwe kongera ubumenyi muri USA

10. Padiri PRINCIPE NIYITANGA uvuka muri central ya KIVUYE yatumwe kuyobora GS BYUMBA


Uhereye iburyo Diacre Fulgence Dunia ahabwa ubupadiri, abafaratiri Macedoine NIYIZINZIRAZE, Fidele NDEREYIMANA na Aubert ARAMBE bahabwa ubudiyakini kuri stade ya Paruwwasi BUNGWE, 2015 photo/internet

Hari abahawe kuyobora amaparuwasi abandi bungiriza abapadiri bakuru

1. Padiri MACEDOINE NIYIZINZIRAZE uvuka muri central ya Bungwe ayobora Paruwasi ya RWAMIKO

2. Padiri FULGENCE DUNIA uvuka muri succursal ya MUDUGARI ayobora Paruwasi ya BUREHE

3. Padiri WALTER UKURIKIYIMFURA uvuka muri central ya bungwe ayobora Paruwasi ya RUSHAKI, akabana na FRATRI JMV NDINDIRIYIMANA uhakorera stage, bombi bavuka muri nama imwe.

4.  Padiri FIDELE NDEREYIMANA uvuka muri central ya Bungwe ni VICAIRE muri Paruwasi ya MATIMBA

5. Padiri FAUSTIN MUNGARURIYE uvuka muri succursal ya MUDUGARI ni VICAIRE muri Paruwasi ya MUTETE 

Imana ibakomereze ukwemera, bo gutezuka ku butumwa bwabo, bubahirize amasezerano bagiranye na Kiliziya!


MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...