Thursday, July 11, 2024

Duhimbaze Mutagatifu Olga

 … “Olga urahirwa mu bagore bose ba Kiyevu-Rusiya kubera ko wakunze urumuri ukitandukanya n’ibikorwa by’umwijima”. … 

Olga wa Kiev, wari igikomangomakazi cya Kiev, yavutse hagati y’umwaka wa 890 na 925. Yavukiye kandi akurira Pskov ahahoze ari mu Burasirazuba bw’umugabane w’Uburayi. Olga yayoboye ubwo bwami kuva mu mwaka wa 945 kugeza mu mwaka wa 960.

Ni bike bizwi ku buzima bwa Olga bwa mbere y’uko ashyingirwa igikomangoma Igor wa Mbere (Igor I) wa Kiev n’ivuka ry’umwana wabo w’umuhungu Svyatoslav. 

Nyuma y’urupfu rwa Igor wa Mbere mu mwaka wa 945, Olga yategetse ubwo bwami bwategekeraga i Kiev ategekera umuhungu we Svyatoslav wari ukuri muto. Icyo gihe Svyatoslav yari afite imyaka itatu gusa. Nta byinshi bivugwa ku buryo Olga yayoboye gusa ikizwi cyo ni uko yihoreye ku ba Drevlians bari barishe umugabo we. Olga yayoboye neza maze akomeza gushyigikirwa n’ingabo ze ndetse n’abaturage.

Hari abandi bami bamusabaga ngo bashyingiranwe ariko we akabangira kuko yari ashishikazwe no kurinda abaturage be abanzi bari babakikije.  Mu mwaka wa 950 ubwo Olga yari arimo gutemberera i Konstantinople, hari umurwa mukuru w’ubwami bwa Roma y’Iburasirazuba, agiye gusura umwami w’abami w’aho witwaga Constantine VII. Aho i Konstantinople ni ho Olga yamenyeye Yezu Kristu maze arahinduka aba umukristu abifashijwemo n’umwami w’abami ndetse n’umwepiskopi. Maze nyuma aza no kubatizwa.

Mu kubatizwa umwamikazi Olga yahawe izina rya Helena. Ubwo Olga yari akimara kubatizwa, Urumuri rwa Roho Mutagatifu rwaramurasiye maze asendera ibyishimo kuri roho no ku umubiri. Umwepiskopi wari umaze kumubatiza yaramubwiye ati: “Olga urahirwa mu bagore bose ba Kiyevu-Rusiya kubera ko wakunze urumuri ukitandukanya n’ibikorwa by’umwijima”.

Olga w'i Kiev
Olga asubiye muri Kiyevu-Rusiya yahise yihatira kurangwa n’imico ya gikristu. Cyane cyane yakundaga isengesho, akigomwa, akarangwa n’urukundo no gufasha abakene, kandi akomeza no kwifata ku umubiri. Yagerageje guhindura muhungu we ngo abatizwe aranga ariko avuga ko atazigera atoteza abandi bazemera Yezu Kristu. Olga yubatse za kiliziya nyinshi muri Kiev, Pskov, ndetse n’ahandi. Olga yitabye Imana mu mwaka wa 969 yishwe n’indwara.

Icyifuzo cya Olga cyo guhindura Kiev yose ikaba iya Kristu uhereye no ku mwami cyashyizwe mu bikorwa n’umwuzukuru we Vladimir mu mwaka wa 988. Olga yaranzwe n’ubutagatifu abaho mu kwemera n’ubwo yari akikijwe n’abapagani benshi bari baranangiye umutima barimo n’umuhungu we Svyatoslav.

Olga yabaye umugore w’intwari, ushimwa na benshi kubera ibikorwa by’indashyikirwa byamuranze. Mu 1988, hizihizwa isabukuru y’imyaka 1000 y’ubukristu mu Burusiya bw’icyo gihe, Kiliziya y’Aborutodogisi (Eglise orthodoxe) yashizeho umudali w’ishimwe (L’Ordre de la princesse Olga), ugenewe abagore bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu rwego rwa Kiliziya. Mu 1997, mu gihugu cya Ukraine, umudali w’ishimwe witiriwe Olga (L’Ordre de la princesse Olga), wemejwe nk’ugenewe abagore bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu burezi no mu iterambere ry’igihugu.

Kiliziya Gatolika yizihiza Mutagatifu Olga, kuwa 11 Nyakanga.

(Iyi nkuru ishingiye ku byakusanijwe n’itsinda Spes Mea, Diocese Byumba/ Paroisse Rwamiko. Secretariat ya SPES MEA: 0784411535/0782889963)

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...