Thursday, December 19, 2024

Mutagatifu Izaki, mwene Abrahamu na Sara

Izaki aha umugisha Yakobo

Izina rye, Izaki risobanura “ARASETSE”, ryaturutse ku babyeyi be Abrahamu na Sara wasetse ubwo Umumalayika w’Uhoraho yari amubwiye ko agiye gusama kandi yaragejeje ku myaka 90 na ho Abrahamu we afite imyaka 100 (Intangiriro 17:17; 18:12). Izaki yari umuhungu wa kabiri wa Abrahamu. Uyu muhungu wa mbere wa Abrahamu yitwaga Isimayeli akaba yari yaramubyaranye na Hagara wari umuja wa Sara, ubwo Sara yari arambiwe no kutabyarira umugabo we umwana (Intang.16:1-2). Igihe Izaki yari amaze gukura, Sara yasabye Abrahamu ko yirukana Hagara n’umuhungu we ngo kugira ngo umurage wose w’umuryango uzahabwe Izaki (Intang.21:3-12).

Nyuma y’igihe, Abrahamu yagiye guturaho igitambo umuhungu Izaki ku musozi nk’uko yari yabisabwe n’Uhoraho (Intang.22:1-14). Abrahamu, Izaki n’abagaragu babiri bari babaherekeje n’indogobe, bakoze urugendo rw’iminsi itatu bagana kuri uwo musozi witwaga Moriya. Bageze munsi y’umusozi wa Moriya, Abrahamu n’umuhungu we Izaki bitwaje inkwi z’igitambo gitwikwa, icyuma n’urujyo rurimo amakara yaka, basize ba bagaragu aho, maze bababwira ko bagiye gusenga hanyuma barangiza bakagaruka. Kubera amatsiko Izaki yabajije se aho intama baratura iri. Abrahamu abwira umuhungu we ko Imana irabaha intama yo gutamba. Bageze aho baraturira igitambo hejuru y’umusozi, Abrahamu yubatse urutambiro maze ahambira Izaki amushyira hejuru y’urutambiro. Ubwo Abrahamu yiteguraga kwica Izaki ngo amutambe Umumalayika yaramubujije maze amwereka imfizi y’intama yo gutamba yari mu gihuru. Iki gitambo cya Abrahamu wari ugiye gutura umuhungu we Izaki gishushanya Uko Imana yemeye ko Umwana wayo Yezu Kristu atwitangira adupfira ku musaraba (Yohani 1:29; Abahebureyi 10).

Sara yitabye Imana ubwo Izaki yari afite imyaka mirongo itatu. Ubwo Izaki yari afite imyaka mirongo ine yashyingiranwe na mubyara we Rebeka (Intangiriro 25:20). Izaki agejeje ku myaka mirongo itandatu yabyaye abana b’impanga Yakobo na Ezawu. Rebeka yakundaga Yakobo maze bituma amuhesha umugisha wa Izaki wari ugenewe Ezawu.

Abrahamu yitabye Imana ubwo Izaki yari afite imyaka mirongo irindwi n’itanu amaze kumuraga ibye byose (Intangiriro 25:5).

Izaki atangwaho igitambo
Ubwo hari hateye amapfa muri Kanahani, Uhoraho yabujije Izaki kujya mu Misiri maze agasigara muri Kanahani. Imana yamusezeranyije kuzaha ubwo butaka urubyaro rwa Izaki. Ibyo byose Uhoraho yabigiriraga isezerano yari yaragiranye na Abrahamu ko azamugira se w’imbaga ingana n’umusenyi wo kunyanja cyangwa n’inyenyeri zo mu kirere (Intangiriro 26:1-6). Uhoraho yahaye izaki Umugisha areza, aratunga aratunganirwa.

Izaki yitabye Imana afite imyaka ijana na mirngo inani (180) ashyingurwa n’abahungu be bombi. Uhoraho yakomereje isezerano rye mu muhungu we Yakobo yaje kwita Isiraheli.

Ubwo Izaki amenye ko yabeshywe n’umuhungu we Yakobo akamuha umugisha wari ugenewe Ezawu, yabifashe nk’ugushaka kw’Imana. Nk’uko rero Izaki yabyumvise neza natwe tugomba guhora tuzirikana ko inzira z’Imana n’ibitekerezo byayo atari kimwe n’ibyacu. (Izayi 55:8).

Amateka ya Izaki agaragaza ubudahemuka bw’Uhoraho wari waragiriye Abrahamu isezerano ryo kuzamugira Sekuru w’amahanga, maze agakomereza iryo sezerano muri Izaki no mu muhungu we Yakobo. Bityo rero uko ibisekuruza byagiye bisimburana abayahudi bagiye bita Uhoraho Imana ya Abrahamu, Izaki na Yakobo. Kiliziya Gatolika yizihiza umunsi mukuru wa Mutagatifu Izaki ku wa 20 Ukuboza.  (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba, Paroisse Rwamiko. Tel: 0788757494).

No comments:

Post a Comment

Turahimbaza Umuhire Ewujeniya Smet (+1871)

Umuhire Ewujeniya Smet (izina ry’ububikira ni Marie de la Providence) yavutse kuwa 25 Werurwe 1825, avukira ahitwa Lille mu gihugu cy’Ubufar...