Igihe Yakobo yari akiri
mu nda ya nyina Rebeka hamwe na Ezawu, abo bana babyiganiraga mu nda ya nyina,
maze akavuga ati : « kuki ari njyewe ibi bibayeho?» nuko ajya guhanuza Uhoraho,
uhoraho aramusubiza ati : « inda yawe irimo amahanga abiri ; mu bura bwawe
hazasohoka amoko abiri. Ubwoko bumwe buzarusha ubundi amaboko ; umukuru akazaba
umugaragu w’umuto.» (Intg, 25 :22). Igihe rero bavutse, se Izaki yari afite
imyaka 60. Se wakundaga umuhiigo, yikundiraga Ezawu kuko yari umuhigi. Naho
Rebeka agakunda Yakobo kuko yari atuje kandi agakunda gufasha nyina imirimo yo
mu rugo. Yakobo yatwaye umugisha wa mukuru we ariko atawibye kuko mukuru we
Ezawu yari yaramugurishije uburenganzira bwe bwo kwitwa ‘uburiza’ cyangwa
‘imfura’.
Nyuma yo guhabwa
umugisha, nyina yamugiriye inama yo guhungira kwa nyirarume Labani kuko mukuru
we Ezawu yashakaga kumwica. Yakobo yakoreye nyirarume imyaka igera kuri
makumyabiri, maze nyirarume amushyingira abakobwa be babiri Leya na Rasheli.
Abo bagore babiri hamwe n’abaja babo Zilipa na Biliha bamubyariye abahungu cumi
na babiri n’umukobwa umwe witwaga Dina. Yakobo yaje gusubira mu gihugu cya se,
yiyunga na mukuru we. Igihe yari mu nzira agana i Harani kwa Labani, yaraye i
Beteli, afata ibuye araryisegura, maze araryama. Aza kurota abona urwego
rushinze ku isi rukagera ku ijuru, abamalayika b’Imana barumanukaho,
bakaruzamukaho. Nuko abona ng’uyu Uhoraho amuhagaze iruhande, amubwira ati «
Ndi Uhoraho, Imana ya so Abrahamu, Imana ya Izaki. Ubutaka uryamyeho nzabuguha,
mbuhe n’urubyaro rwawe…. Amoko yose y’isi azaherwa umugisha muri wowe no mu
rubyaro rwawe. Dore, ndi kumwe nawe ; nzakurinda aho uzajya hose, kandi
nzakugarura muri iki gihugu. Sinzagutererana, kugeza ubwo nzaba nujuje ibyo
nakubwiye byose. » (Intg 28,10-15)
Igihe Yakobo yari mu
rugendo agarutse mu gihugu cya se ari kumwe n’abagore be babiri, n’abaja be
babiri n’abana 11, n’ibyo yari atunze byose, yaje kohereza abo bantu be imbere
asigara wenyine, maze mu ijoro haza umugabo akirana na we kugeza mu museke.
Abonye ko adashoboye gutsinda Yakobo, amukora ku mutsi wo ku nyonga y’itako
igihe bari hasi ku butaka, itako rirakuka, rikuka bagikirana. Wa mugabo
aramubwira ati « Ndekura ngende, dore umuseke urakebye ». Yakobo ati «
sinkurekura utampaye umugisha. » undi aramubaza ati « witwa nde ? » Ati « Nitwa
Yakobo. » Undi ati « Ntibazongere kukwita Yakobo, ahubwo Israheli, kuko
wakiranye n’Imana n’abantu, kandi ugatsinda. » (Intg, 32,23-32). Yakobo ahura na Ezawu
Yakobo yaje guhura
n’ikindi kigeragezo, aho umwe mu bahungu be witwaga Yozefu yanzwe n’abavandimwe
be bamuziza ko se amukunda, maze bamaze kumugurisha bucakara akajyanwa mu
gihugu cya Misiri, bamenyesheje se Yakobo ko yapfuye. Hashize imyaka 22 ni bwo
se yamusanze mu Misiri ari we wungirije umwami Farawo wa Misiri. Yakobo yitabye
Imana ari mu Misiri, ariko yaje gushyingurwa mu gihugu cye cya Kanahani, mu
buvumo buri mu murima wa Abrahamu, i Makipela. Abahungu 12 ba Yakobo rero nibo
abayahudi bakomokaho.
Birasa nk’aho ari Yezu
Kristu ubwe wanditse Abrahamu, Izaki na Yakobo mu gitabo cy’abatagatifu bo mu
Ijuru, igihe yavugaga ko Uhoraho ari Imana ya Abrahamu, Izaki na Yakobo, kandi
Ikaba ari Imana y’abazima, ko atari iy’abapfuye. Ku itariki 25 Gicurasi 2011,
papa Benedigito wa XVI yigishije ko Yakobo yaranzwe no kumvira, no guca bugufi,
kandi ikimenyetso cyo guca bugufi cyamuhesheje gutsinda, bikagaragara kandi n’
igihe uwo bakiranye yamuhaye izina rishya, akamuha umugisha, akemeza ko Yakobo
yatsinze. Izina rya Yakobo ryagarukaga ku bwana bwe n’ukuntu yakoresheje
uburyarya ngo asimbure mukuru we. Ariko izina rya Israheli Uhoraho yarimuhaye
ngo rimusubize isura nziza kuko risobanura ngo « Imana y’inyembaraga kandi
itsinda ». Umugisha Uhoraho yamuhaye bamaze gukirana ni impano ikomeye
yamwihereye ku buntu.
Ku itariki 25 Gicurasi
2011 Papa Benedigito wa XVI yigishije kandi ko ubuzima bwacu ari nk’ijoro
rirerire ry’imirwano n’isengesho nk’uko byagendekeye Yakobo. Tugomba kubaho
muri iryo joro dufite amizero yo guhabwa umugisha n’Imana, umugisha dushobora
guhabwa nyuma yo gukoresha imbaraga, ariko kandi dushobora guhabwa dufite
ukwicisha bugufi, tukawuhabwa ku buntu nk’impano y’uko twemera Imana. Iyo
duhawe uwo mugisha, ubuzima bwacu buhinduka ukundi tugahabwa izina rishya hamwe
n’umugisha w’Imana. Tumwizihiza mutagatifu Yakobo ku itariki 20 Ukuboza. (Byakusanyijwe
na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba, Paroisse Rwamiko. Tel:
0788757494).
No comments:
Post a Comment