Thursday, December 19, 2024

Mutagatifu Abrahamu, Umukurambere w’abemera Imana

Abrahamu ni Umukurambere w’Abemera bose. Yabayeho mu myaka ibihumbi bibiri mbere y’Ivuka rya Yezu Kristu. Mbere yitwaga Abram bisobanura “data”. Ariko iryo zina rye ryaje nyuma guhindurwa n’Uhoraho amwita Abrahamu bisobanura “Se w’imbaga”.  Akomoka ku mukurambere witwaga Semu mwene Nowa. Se wa Abrahamu yitwaga Tera. Abrahamu yavukanaga n’abavandimwe bandi babiri : Nahori na Harani. Harani ni se wa Loti. Umugore wa Abrahamu, Sara, na we yari mubyara we.

Igihe Abrahamu yavaga mu mujyi wa Uri yo mu gihugu cy’Abakarideya, abisabwe n’Imana, yari afite imyaka 75. Icyo gihe yari kumwe kandi n’umuvandimwe we Harani se wa Loti. Bageze mu nzira Harani arapfa, akomezanya urugendo n’umugore we Sarayi uzitwa Sara, hamwe na Loti, n’abashumba babo n’amatungo yabo. Baragiye bagera mu gihugu cya Kanahani, ahitwa Sikemu, nyuma bajya gutura ku mishishi ya Mambure; aha ni ho Imana yamubwiriye ko icyo gihugu izagiha abazamukumokaho. Yaje kuva aho ajya gutura hagati ya Beteli na Ayi, atura kandi i Negevu, nuko muri icyo gihugu hatera inzara maze ajya mu gihugu cya Misiri.

Ageze mu nzira abwira Sara ngo nibagera mu Misiri azavuge ko ari mushiki we kugira ngo azafatwe neza. Kuko Sara yari mwiza, yakekaga ko nibamenya ko Sara ari umugore we abanyamisiri bazica Abrahamu kugira ngo bacyure umugore we. Bageze mu Misiri, umwami waho Farawo acyura Sara, Abrahamu ahabwa impano nyinshi cyane. Ariko Uhoraho. Ahanira Farawo icyaha cye cyo gucyura umugore wa Abrahamu. Farawo yaje kumenya impamvu y’igihano cye nuko asubiza Abrahamu umugore we.

Abrahamu yasubiye Kanahani, ajya gutura hahandi ku mishishi ya Mambure hafi y’i Heburoni Igihe kimwe umwami wa Alamu yaje gutera akarere ka Sodoma. Mu bajyanywe bunyago atwaramo na Loti. Abrahamu ajyana n’abagaragu be 318 ajya kubohoza izo mfungwa na Loti arimo, barwana ijoro ryose kugeza i Damasi muri Siriya. Agarutse, amaze gutsinda abanzi be ni bwo Melkisedeki, umuherezabitambo w’Imana akaba n’umwami w’i Salemu amuhaye umugisha, na Abrahamu atura icy’icumi ku byo yari afite byose. Nyuma y’ibyo, Uhoraho abonekera Abrahamu bagirana n’isezerano.

Abrahamu aganyira Imana ko nta mwana afite azaraga ibye, ko ahubwo azabisigira Eliyezeri w’i Damasi. Uhoraho amwemeza ko uzamusimbura ari umwana wo mu maraso ye. Nyuma yaho, Abrahamu yemeye inama yagiriwe n’umugore we Sara ngo abyarane n’umuja we Hagara w’umunyamisiri. Babyarana Isimaheli. Nyuma y’imyaka 13, afite imyaka 99, Abramu nibwo Imana yamwise ‘Abrahamu’. Kuri iyo myaka 99 kandi ni bwo Abrahamu yakiriye abamalayika b’Uhoraho. Kuri uwo munsi Uhoraho amusezeranya ko umwaka utaha, Sara umugore wa Abrahamu azaba akikiye umwana w’umuhungu.

Muri iyo minsi kandi ni bwo Abrahamu yatakambiye Uhoraho ngo agirire impuhwe intungane zo mu mijyi ya Sodoma na Gomora, yaje kurimbuka kubera icyaha cyabo gikabije. Abrahamu yabyaye Izaaki afite imyaka 100. Nyuma y’urupfu rwa Sara umugore wa Abrahamu, yashatse kandi undi mugore witwa Ketura, babyarana abana batandatu abaha imitungo ihagije, nyuma abohereza gutura kure, mu burasirazuba, kure ya Izaaki. Abrahamu yitabye Imana afite imyaka 175. Izaaki na Ismaheli bamushyingura mu buvumo bwa Makpela, iruhande rwa Sara.

Abrahamu yabaye urugero rw’ubuntu bw’Imana Data wa twese yatanze Umwana wayo Yezu Kristu ngo aducungure. Abrahamu na we yasabwe n’Imana gutamba umwana we Izaki. Abrahamu yarabyemeye kuko yari abisabwe n’Uhoraho. Imana ibonye ukwemera kwe, yamubujije gutamba umwana we, ahubwo imwereka imfizi y’intama ngo abe ariyo atamba mu kimbo cy’umwana we Izaki. Twizihiza Mutagatifu Abrahamu ku itariki 20 Ukuboza. (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, diocese Byumba, Paroisse Rwamiko. Tel: 0788757494).

No comments:

Post a Comment

Turahimbaza Umuhire Ewujeniya Smet (+1871)

Umuhire Ewujeniya Smet (izina ry’ububikira ni Marie de la Providence) yavutse kuwa 25 Werurwe 1825, avukira ahitwa Lille mu gihugu cy’Ubufar...