Thursday, November 28, 2024

Twiyambaze Bikira Mariya Umwamikazi Wa Kibeho

… Bikira Mariya yabonekeye i Kibeho kuwa 28 Ugushyingo 1981 ndetse no mu mezi yakurikiye. Amabonekerwa ntacyo yongera ku Ijambo ry’Imana riri mu Byanditswe bitagatifu, kuko aba yibutsa inyigisho za Kiliziya abakristu bari baribagiwe…

Bikira Mariya Nyina w’Imana. Tumwiyambaza ku buryo bw’umwihariko, ku buryo Mutagatifu Tomasi wa Akwini amwita Ikiremwa cyubashywe kurusha ibindi biremwa byose. Muri Kiliziya Gatolika no mu bakristu b’aba Ortodogisi ni ho dusanga cyane umuco wo kwiyambaza Bikira Mariya Nyina w’Imana, ku mugaragaro no mu buryo bw’umuntu ku giti cye.

Muri Kiliziya gatolika rero twizihiza amatariki amwe n’amwe akomeye mu buzima bwa Bikira Mariya, ayo matariki akaba afite uruhare runini cyane mu gucungurwa kwacu. Ayo matariki akomeye twizihiza muri Kiliziya y’isi yose ni aya: Tariki 8 Ukuboza: twizihiza Umunsi mukuru w’Ubutarasamanywe icyaha bwa Bikira Mariya. Ni ukuvuga ko, mu isamwa rye mu nda ya nyina, Imana yamurinze icyaha cy’inkomoko. Tariki 8 Nzeri, twibuka ivuka rye nk’umuyahudikazi uvuka mu muryango w’umwami Dawudi. Tariki 21 Ugushyingo, twibuka ko ababyeyi ba Bikira Mariya bamutuye Imana mu ngoro y’i Yeruzalemu.

Tariki 25 Werurwe, twizihiza umunsi mukuru ukomeye wa Malayika Gabriyeli Mutagatifu abwira Bikira Mariya ko azabyara Umwana w’Imana. Tariki 31 Gicuransi, twibuka Bikira Mariya ajya gusura Elizabeti Mutagatifu nyina wa Yohani Batisita. Tariki 15 Kanama, twizihiza umunsi Mukuru ukomeye w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya, yarakujijwe, ajyanwa mu ijuru, na roho ye n’umubiri we. Uyu munsi mukuru rero kimwe n’umunsi mukuru wa Bikira Mariya Nyina w’Imana twizihiza ku ya 1 Mutarama isobanura cyane by’umwihariko ukuntu Kiliziya Gatolika iha agaciro Bikira Mariya mu gucungurwa kwa muntu.

Alfonsina MUMUREKE
wabonekewe
Iyi minsi tuvuze by’umwihariko, kimwe n’indi minsi twavuze haruguru twibukaho cyangwa twizihizaho Bikira Mariya, irerekana ukuntu Bikira Mariya yafashije Imana mu mugambi wayo wo kudukiza, ikerekana isano y’umwihariko Bikira Mariya afitanye n’Umwana we Yezu Kristu. Iyi minsi kandi iratwigisha ukuntu Bikira Mariya ari irebero mu nzira yo kuyoboka Imana. Bikira Mariya yiyambajwe kuva mu ntangiriro za Kiliziya. Abakuru ba mbere muri Kiliziya bamwigishijeho kandi bandika inyandiko nyinshi zishyigikira ukumwiyambaza.

Buri gihugu na buri diyosezi muri Kiliziya, bifite umwihariko wabo wo kwiyambaza Bikira Mariya. Ibyo bituma huzuzwa ubuhanuzi dusanga mu Ivanjili bugira buti: “Amasekuruza yose azanyita umuhire”. (Lk 1:48). Amashusho menshi ajyanye n’amabonekerwa ya Bikira Mariya, atanga ubutumwa butandukanye Uwo Mubyeyi yatuzaniye kandi akanatwigisha byinshi ku buzima bwe. Akenshi Bikira Mariya yagiye yigaragaza akikiye Umwana Yezu.

Musenyeri Misago wari umwepisikopi wa Gikongoro yahamije ko Bikira Mariya yabonekeye i Kibeho muri aya magambo : « ni byo koko, Bikira Mariya yabonekeye i Kibeho ku itariki 28 Ugushyingo 1981 ndetse no mu mezi yakurikiye. Hari impamvu nyinshi kandi zinyuze mu mucyo zituma tubyemera. Kuri iyo mpamvu, abo Kiliziya yemeza ko babonekewe na Bikira Mariya ni abakobwa batatu ba mbere babonekewe.

Nathalie Mukamazimpaka
Abo ni Alfonsina MUMUREKE, Nataliya MUKAMAZIMPAKA, Mariya Klara MUKANGANGO. Bikira Mariya yabiyeretse yitwa « NYINA WA JAMBO ». bishaka kuvuga ko ari « Umubyeyi w’Imana » nk’uko ubwe yabisobanuye. Aba bakobwa ni bo bujuje ingingo Kiliziya yashyizeho zigaragaza uwabonekewe na Bikira Mariya. 

Ku buryo bugaragara, ayo mabonekerwa yarangiye mu w’1983. Ibyavuzwe nyuma yaho nta gishyashya byazanye ». Musenyeri Misago yakomeje avuga ko amabonekerwa atuma abantu bakunda isengesho kandi n’abasaseridoti bakabona imfashanyigisho ikomeye.

Ariko amabonekerwa ntacyo yongera ku Ijambo ry’Imana riri mu Byanditswe bitagatifu, kuko aba yibutsa inyigisho za Kiliziya abakristu bari baribagiwe. Bikira Mariya wabonekeye i Kibeho ni we Nyina w’Imana, Nyina wa Jambo. Tukaba twibuka ububabare bwe burindwi. Bikira Mariya wa Kibeho atwibutsa ububabare burindwi yagize mu mibereho ye hano ku isi, bityo afasha Yezu mu gucungura abantu. Bikira Mariya yaje i Kibeho kutwibutsa ngo dusenge, dusenge, dusenge ubutarambirwa kandi duhinduke inzira zikigendwa.

Marie Claire Mukangango
wabonekewe
Yadusabye kandi kwicuza no kugira ubuzima bwavuguruwe n’Ijambo ry’Imana, n’ibikorwa by’urukundo ndetse n’iby’ubutungane…. Yavuze izina rye rya Nyina wa Jambo kugira ngo tumenye ko ari Nyina w’Imana, ko yabyaye Imana, bityo tureke kumwitiranya n’abandi babyeyi. Yezu Kirisitu yaraducunguye. Bikira Mariya ni Umuvugizi wacu kuri Yezu akaba yarafashije Yezu Kristu kuducungura. Icyo Bikira Mariya yatsindagiye muri ayo mabonekerwa ni uko twakwanga icyaha twivuye inyuma, kandi tugasenga ubutarambirwa. Iryo sengesho rituma dukomeza kunga ubumwe n’Ubutatu Butagatifu. Twizihiza umunsi mukuru wa Bikira Mariya Umwamikazi wa Kibeho ku itariki 28 Ugushyingo.

 (Byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, Diocese Byumba).

No comments:

Post a Comment

Turahimbaza Umuhire Ewujeniya Smet (+1871)

Umuhire Ewujeniya Smet (izina ry’ububikira ni Marie de la Providence) yavutse kuwa 25 Werurwe 1825, avukira ahitwa Lille mu gihugu cy’Ubufar...