Monday, August 26, 2019

Ushaka kumbera umugaragu nankurikire


Ushaka kumbera umugaragu nankurikire

Ubuzima ni urugendo; turavuka, tugakura, tugapfa. Abakristu tugaharanira kuzabona Imana, twishimiye kubana na yo ; ni byo koko twemera ubugingo bw’iteka. Bamwe mu banyarwanda bagaragariza icyo cyifuzo mu mazina baterura abana babo – Nzabonimana, cyangwa Nzasangamariya kuko duhamya ko Bikira Mariya yagiye mu ijuru. Ubuzima bwacu kuri iyi si busorezwa mu Mana, aho tuzabaho ukundi. Ningombwa rero gukurikira Yezu kugira ngo tuzashobore kugera ku Mana kuko ariwe nzira, ukuri n’ubugingo (Yh.14,6). Kubusanya na we mu rugendo ni uguhunga Imana, ni ukubura ubuzima, ni ukwegukira umwijima w’urupfu.


































Nubwo hari ubwo twiziba amatwi, nyamara Yezu we ntahwema kutureshya kubw’urukundo adukunda. Ni we utubwira ati ‘Ushaka kumbera umugaragu nankurikire, maze aho ndi, abe ari na ho umugaragu wanjye azaba.’ Akatwibutsa ko Se azubahiriza umugaragira wese (Soma Yh.12,26). Ibi tuzabishobozwa no guhorana umutima urarikiye icyiza, wisunze impuhwe z’Imana, tugaharanira kuba abagaragu beza bacunga neza ibyo bashinzwe na shebuja, Data uri mu ijuru.

Bavandimwe, gukurikira Kristu ni ukumukurikiza, bijyana n’ubuhamya bw’imibereho ya buri munsi, bikajyana no guharanira ubutungane – dusabe inema yo gutunganira Imana. Ushaka kuba umugaragu wa Kristu : namukurikize muri byose na hose. Nahore yisunze Roho Mutagatifu, we mbaraga z’abamera. Natungwe n’isengesho ndetse n’amasakaramentu. Naharanire kumurikirwa n’Ivanjili mu mibereho ye yose kandi ahugukire kubona Imana muri mugenzi we, kabone n’ubwo uwo muvandimwe yaba ageze aho rubanda rutazi Imana rutakimwifuza! Kugaragira Kristu nibihorane n’iki cyifuzo; kubaho mu budahemuka.





Ushaka kuba umugaragu wa Kristu agomba kumukurikira mu bihe byiza no mu makuba, azirikana ko hamwe na Yezu ububabare bw’umubiri budasimbura ibyishimo bya roho yemera kwisunga Umukiza Kristu wababajwe n’inabi ya muntu. Umusaraba wa kristu wamugejeje ku ikuzo, natwe abemera guheka umusaraba wacu tumwisunze ntahandii uwo duhetse utugeza hatari mu ikuzo. Dusabe inema yo kwemera icyo Imana idutegetse no kutinubira ibyago.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...