Sunday, August 23, 2020

NTUGAHUBUKE - INKURUNYIGISHO

 

Habyeho umuntu wari ufite imbwa yinyangamugayo yizeraga  kuburyo yayisigiraga umwana we akajya mu yindi mirimo. Yaragarukaga  agasanga umwana  ameze neza, imbwa imuri iruhande imucungiye umutekano. umunsi umwe haje kuba ikintu kidasanzwe. Umugore nkibisanzwe yasize umwana we yizeye ko imbwa imurinda hanyuma ajya guhaha. Agarutse, yasanze hari ibintu biteye ubwoba; Imyambaro y'umwana yacagaguritse, n'amaraso menshi mu cyumba yari yasizemo umwana.

Byaramurenze, atangira gushakisha umwana ariko mu gihe ataramubona ahita abona ya mbwa iri munsi yigitanda, umunwa wayo wuzuyeho amaraso abona ko nta gushidikanya yamuririye umwana. Nta kuzuyaza nkuko benshi muri twe bahita babigenza, yafashe inkoni akubita ya mbwa kugeza ipfuye. Arangije kwica imbwa ashakisha mu nzu hose agirango byibura arebe ko yabona ibisigazwa byumubiri wumwana we imbwa yari yariye. Ageze hafi yigitanda, yaje kubona ko umwana ameze neza, ari ku buriri ndetse ntacyo yabaye, ahita anabona ibice byinzoka yapfuye, asobanukirwa neza ko imbwa ye yari amaze kwica ari yo yarwanye ninzoka iyirinda kuba yamurira umwana, ariko nyine uwo mugiraneza (imbwa) yari yamaze gupfa. Ntacyo yari agishoboye gukora kuko imbwa yahamubereye, ikamurindira umwana adahari, ikitanga ku bwikibondo cye, yari yahubutse ayica ataramenya neza niba ibyo yibwira ari ukuri. Amarira yatangiye kuzenga mu maso, aricuza bikomeye.

ISOMO: Si byiza mu buzima ko wihutira gucira abandi urubanza, ngo utangire kubavugaho ibibi cyangwa kubatekerezaho ibibi nyamara utazi ukuri kose kwikibyihishe inyuma.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...