Sunday, August 23, 2020

Uzajya ambona ambonemo ko narerewe mu ntama za Yezu

 Uzajya ambona ambonemo ko narerewe mu ntama za Yezu

Ni icyifuzo cyiza usangana abana bakereye kwitagatifuriza mu itsinda ry’intama za Yezu rikorera muri Paruwasi ya Bungwe. Abana bagaragaza ko iryo tsinda ryaje rikenewe kuko ryabafashije guhindura imyifatire yabo ari nako ribinjiza mu isengesho n’ibindi bikorwa bishyigikira ubusabane bwabo n’Imana. Aha twavuga nk’ibikorwa by’urukundo binyuranye, gusangira ijambo ry’Imana, indirimbo n’ibindi bigira mu mihuro yabo.  Abarererwa mu itsinda ry’intama za Yezu bahuriye ku mugambi umwe rukumbi wo kutazigera bahemukira itsinda kuko ribigisha kubaha abantu bose n’ibindi byiza byinshi.

UMURERWA Alice ni umwe mu barererwa mu ntama za Yezu, nawe afite umugambi wo kutazarihemukira kubera ibyo arikesha. Aha niho alice yahereye ashishikariza abana bose kugana iri tsinda; kuko yivugira ko rimutoza kuba intangarugero mubo babana n’ahandi hose. Ati: “nifuzako uzajya ambona, ajye ambonamo ko narerewe mu itsinda ry’intama za Yezu.” Ikindi ni uko muri iryo tsinda yafatiyemo umugambi wo kurushaho kubana n’Imana, kuko asanga agomba “kwitagatifuriza muri byose” kugira ngo anyure Imana na bagenzi be. Nimuhore muzirikana aya magamboi: “Ntihazagire ugusuzugurira ko ukiri muto. Ahubwo uzabere abayoboke urugero, ari mu magambo, ari mu migenzereze, mu rukundo, mu kwemera no mu budakemwa (1Tim.4,12).”

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...