Sunday, November 27, 2022

Kiyonza TSS; Uwacu, inkesha ku murimo

Bimwe mu byigirwa muri Kiyonza TSS, harimo ubutetsi. Twakira abanyeshuri, tukabatoza guteka mu gihe cy’umwaka umwe. Ese umuntu yakwiga guteka, uwo si umurimo umwana atozwa n’ababyeyi be? Yego! Umuntu yakwiga guteka, akazobera mu butetsi bwa kinyamwuga. Ibyo bamwe bamenyereye, uwize ubutetsi abyise ukundi ntiyaba asebanya. Ntitwigisha guteka imvange y’ibishyimbo, impungure, ibirayi n’ibijumba bipfundikije amakoma. Dutoza abatugana guteka kinyamwuga, bamwe bita gisirimu. Uwigiye ubutetsi muri Kiyonza TSS, iyo aguteguriye ifunguro, ariguhana umutima mwiza. Urifungura umwenyura kuko ryuje ubwiza n’uburyohe rikesha umuteguro w’ababigize umwuga.

Abarimu b’inzobere nibo bafasha abanyeshuri kwihugura muri uyu mwuga. Ni umwe mu myuga myiza ihesha umuntu icyubahiro, igikundiro n’ubwamamare kuko ufite umwihariko mu kurengera bya hafi ubuzima bwa muntu. Uwabiteramo urwenya yavuga ko abiga ubutetsi ari abakozi bashinzwe kurengera…..! Uwacu muri uyu mwuga ni isoko y’ibyishimo n’imbaraga kubo ahaye serivisi. Aho ari ku murimo ni inkesha mu bakesha. Ni we uharirwa kubanza ngo yerekere abandi, na bo bakamwigera mu ngiro, no mu ntambwe ntibahuguke. Nimutugane mu Karere ka Nyaruguru, umurenge wa Ngoma.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...