Padiri Goubeau Antoine
wari Padiri Mukuru wa Misiyoni ya Kabgayi yari amaze igihe yifuza ko mu Rwanda
habaho ikinyamakuru cya mbere. Yaje kugeza iki gitekerezo kuri padiri Endriatis
wari umwarimu mu Iseminari nkuru ya Kabgayi. Maze tariki 1 Nzeri 1933 batangiza
Kinyamateka bakajya bayandika bafatanyije n’Abafaratiri. Mu mwaka wayo wa
mbere, Kinyamateka yasohoraga ibinyamakuru 500, ikagura Sentime 50.
Mu mwaka wa 1935,
Kinyamateka yatangiye gucapwa muri imprimerie ya Kabgayi, icyo gihe yongereye
n’umubare w’ibinyamakuru biva kuri 500 bigera ku 2000. Kuva mu 1933 kugera mu
1940, Kinyamateka yakomeje kumenyekana ari na ko yongera inyandiko zitandukanye
zatumaga isubiza ibibazo by’iyogezabutumwa byariho. Muri izo nyandiko
twavugamo: Inyongezo: Yari igizwe n’Inyigisho za Misa zategurwaga na Padiri
Aloys Bigirumwami wari Padiri Mukuru wa Muramba, akaba yaraje kuba
n’Umwepiskopi wa Nyundo. Izi nyigisho zikaba zari zigenewe abapadiri
n’abakateshiste; Harimo kandi Ikinyamateka cy’abana cyaje kubyara Hobe, ikaba
yarandikwaga n’abarimu ba Seminari into ya Kabgayi.
Abasomye Kinyamateka muri
iyi myaka, bibuka inyandiko yitwaga Matabaro, yatumye abantu benshi bamenya
Kinyamateka kuko wasangaga aho abantu baganira bagaruka ku rwenya rwa Matabaro.
Kuva mu 1940 kugera mu 1945, hari mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi yose.
Kinyamateka muri icyo gihe yafashije abanyarwanda gukurikira ibyaberaga hirya
no hino ku isi, kugera tariki 7 Gicurasi 1945, ubwo Kinyamateka yakwizaga mu
gihugu hose inkuru ko Intambara y’Isi yarangiye dore ko icyo gihe nta yindi
Radio cyangwa Igitangazamakuru kindi cyariho ngo kibivuge.
Mu mwaka wa 1946,
Kinyamateka yahimbajwe no kugeza ku banyarwanda ibirori bikomeye by’u Rwanda
ruturwa Kristu Umwami. Mu mwaka wa 1954, Kinyamateka yibarutse Hobe,
Akanyamakuru k’Urubyiruko katangijwe na Myr Aloys Bigirumwami. Mu mwaka wa
1955, Kinyamateka yatangiye gutanga ibitekerezo mu bya Politiki bigenda
biyiviramo kutarebwa neza n’ubutegetsi bwaiho. Mu mwaka wa 1958, Kinyamateka
yahagaze igihe cy’amezi atatu, nyuma y’aho Padiri MAIDA Enzo wayiyoboraga
yirukanywe mu gihugu n’uwo bakoranaga agafungwa.
Nyuma padiri Rugayampunzi
yagerageje kuyibyutsa, ndetse ikomeza no gutanga ibitekerezo mu bya Politiki,
kugeza ubwo mu 1968, Ubutegetsi bwariho bwashatse kuyisesa. Aho Repubulika ya
mbere Iviriyeho, Igasimburwa n’iya kabiri, Kinyamateka yakomeje kwamagana
akarengane n’irondabwoko, kugera ubwo ifatwa nk’iyarwanyaga ubutegetsi buriho
ndetse abayobozi n’abanyamakuru bayo bagatotezwa. Muri iyo myaka, Kinyamateka
yanagejeje ku bakristu ibyaberaga I Kibeho, mu mabonekerwa yabaye mu 1981.
Mu 1984, Kinyamateka
yizihije Yubile y’imyaka 50, inatangira kwandikirwa mu Icapiro rya Pallotti
Presse I Gikondo. Kinyamateka yakurikiranye kandi iby’uruzinduko rwa Papa
Yohani Pawulo wa II, mu 1990, na Yubile y’imyaka 100 Ivanjili igeze mu Rwanda
yatangiye muri 2000 igasozwa muri 2001. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi
muri Mata 1994, Kinyamateka yahagaze igihe cy’amezi atanu, yongera gusubukura
muri Nzeri 1994. Kuva ubwo, Kinyamateka yafashije umuryango nyarwanda kongera
kwiyubaka no kubaka igihugu mu bukungu, ubumwe n’ubwiyunge, imibereho myiza,
ubutabera, uburezi n’umuco bimurikiwe n’ukwemera. (Iyi nkuru ni iya Kinyamateka,
yanditswe kuri X, kuwa 1 Nzeri 2025).
No comments:
Post a Comment