Friday, April 14, 2023

Ibyo wamenya kuri Diyosezi ya Nyundo, impanga ya Kabgayi

ABAPADIRI BA NYUNDO BABUHAWE MURI 2022
Myr Aloyizi Bigirumwami wamaze imyaka 18 ari Padiri mukuru wa Paruwasi ya Muramba ni we mushumba wambere wa Diyosezi ya Nyundo icyitwa Vikariyati. Abepiskopi bagera kuri 5 ni bo…

Ni Papa Piyo wa XII washinze Vikariyati ya Nyundo kuwa 14, Gashyantare 1952. Icyo gihe, icyitwa diyosezi ubu, cyitwaga Vikariyati, intara y’iyogezabutumwa, (Apostolic Vicariate). Yo na Kabgayi zavukiye kimwe, zibyawe n’intara y’iyogezabutumwa ya Ruanda yari igabanijwemo kabiri. Iyi intara y’iyogezabutumwa ya Ruanda yashinzwe kuwa 25 Mata 1922, ikuwe ku majyaruguru y’iya Kivu. Kuwa 10 Ugushyingo 1959, byemejwe na Papa Yohani wa XXIII, icyitwaga Vikariyati cyahindutse diyosezi, n’icyitwaga misiyoni gihinduka paruwasi. Vikariyati ya Nyundo yashingiwe igihe kimwe na Vikariyati ya Kabgayi. Ibarizwa ku buso bw’ibirometero kare 4000. Abepiskopi bagera kuri 5 ni bo bayoboye diyosezi ya Nyundo.

1.     Myr Aloyizi BIGIRUMWAMI (Nyundo, Vikariyati na Diyosezi :1952 - 1973) 

Myr Aloyizi BIGIRUMWAMI yavukiye i Zaza, kuwa 22 Ukuboza 1904, abatizwa kuri Noheli y’uwo mwaka. Ni mwene Yozefu Rukamba, wabaye umwe mu bakristu ba mbere ba Misiyoni ya Zaza, wabatijwe kuri Noheli yo mu 1903. Ese uyu Yozefu Rukamba ni we sekuru wa Myr Filipo Rukamba?  Aloyizi yari imfura mu bana 12; abahungu 6 n’abakobwa 6. Yize mu iseminari nto ya Kabgayi. Mu 1921 nibwo yatangiye iseminari nkuru ya Kabgayi yoherejwe na Myr Yohani Yozefu HIRTH, ufatwa nk’uwashinze Kiliziya Gatolika mu Rwanda.  Aloyizi BIGIRUMWAMI Yahawe ubusaserdoti na Myr Lewo Pawulo CLASSE, kuwa 26 Gicurasi 1929. Yatorewe kuba umushumba wa Vikariyati nshya ya Nyundo yari imaze gushingwa kuwa 14 Gashyantare 1952, ahabwa ubwepiskopi, ku munsi wa Penekositi, kuwa 1 Kamena 1952, mu biganza bya Myr Lawurenti Fransisko DEPRIMOZ wari Vikeri apostoliki wa Kabgayi (apostolic vicar of Kabgayi vicariate).

Imihango yo kumwimika nka Vikeri apostoliki wa Nyundo yabereye i Kabgayi, yitabirwa n’umwami Mutara Rudahigwa hanwe imbaga nyamwinshi kandi bituma Nyuno yunguka abantu ibihumbi 20 bemeye Ivanjili. Kuwa 10 Ugushyingo 1959 nibwo icyitwaga vikariyati cyahindutse diyosezi, bityo Aloyizi BIGIRUMWAMI, Vikeri apostoliki ahinduka umushumba, umwepiskopi wa diyosezi.

Imirimo y’ubushumba bwa Diyosezi ayisoza kuwa wa 17 Ukuboza 1973, ubwo Papa mutagatifu Pawulo wa VI yemeraga ubwegure bwe. Mu rugamba rwo kwigisha ivanjili yamagana ubupagani, BIGIRUMWAMI yumvaga ko nihaboneka abapadiri bahagije muri buri bilometero 10, bitazatwara igihe ngo ubupagani bucike. (He once stated, "With enough priests to station one every ten kilometers, it would not take too long."). BIGIRUMWAMI ni we munyafurika wambere wabaye umwepiskopi mu karere kategekwaga n’ ububiligi (Belgian colonies; Rwanda, Burundi and Congo). Ni we washinze Hobe, Akanyamakuru k’urubyiruko, mu Kuboza 1954, agamije kubungabunga umuco nyarwanda, mu gihe benshi bumvaga ko urutwa n’iby’amahanga. (Western civilization). Yitabye Imana ku wa 3 Kamena 1986 mu bitaro bya Ruhengeri, azize indawara y’umutima.

Mu butumwa bwinshi yakoze, harimo:

  • Mu 1929 yigishije mu Iseminari Nto ya Kabgayi
  • Mu 1930 yakoze ubutumwa nka padiri wungirije muri Misiyoni ya Kabgayi n’iya Murunda
  • Mu 1931 yakoze ubutumwa nka padiri wungirije muri muri Misiyoni ya Sainte Famille
  • Mu 1932 yakoze ubutumwa nka padiri wungirije muri muri Misiyoni ya Rulindo 
  • Kuwa 30 Mutarama 1933 yatangiye ubutumwa nka padiri mukuru wa muri Misiyoni ya Muramba mu gihe cy’imyaka 18 (30/1/1933 - 17/1/1951)
  • Mu 1947 ni we munyarwanda wambere wahawe ubutumwa bwo kuba mu nteko y’abajyanama ya Vikariyati (the council of the vicariate).
  • Mu 1951 yakoze ubutumwa nka padiri mukuru wa muri Misiyoni ya Nyundo 

2.     Myr Vicent NSENGIYUMVA (Nyundo:1973 - 1976)

Myr Visenti NSENGIYUMVA
Yavukiye i Rwaza muri diyosezi ya Ruhengeri, kuwa 10 Gashyantare 1936, ahabwa ubupadiri kuwa 18 Kamena 1966. Kuwa 17 Ukubobza 1973, nibwo Papa mutagatifu Pawulo wa VI yamutoreye kuba umushumba wa diyosezi ya Nyundo, asimbuye Myr Aloys BIGIRUMWAMI wari ugiye mu kiruhuko. Yahawe ubwepiskopi kuwa 2 Kamena 1974, mu biganza bya Kardinali Laurean RUGAMBWA, Arikiyepiskopi wa Dar-es-Salaam (Tanzaniya),wari ukikijwe na Myr Aloys BIGIRUMWAMI hamwe na Myr Andereya PERRAUDINMafr, Arikiyepiskopi wa Kabgayi. Yabaye Arikiyepiskopi wa Kigali kuva mu 1976 kugeza yitabye Imana kuko yatorewe kuba umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali kuwa 10 Mata 1976. Yitabye Imana kuwa 7 Kamena 1994, i Kabgayi, hamwe na bagenzi be mu bwepiskopi babiri n’abapadiri 10.

3.     Myr Wenceslas KALIBUSHI (Nyundo: 1976 - 1997)

Myr Wenceslas KALIBUSHI, ubanza,
na Myr Aloys BIGIRUMWAMI
Netherlands mu 1968
Yavutse kuwa 29 Kamena 1919, avukira i Byimana. Yahawe ubupadiri kuwa 25 Nyakanga 1947, atorerwa kuba umushumba wa diyosezi ya Nyundo kuwa 9 Ukuboza 1976. Myr Visenti NSENGIYUMVA wari umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali ni we wamwinjije mu rugaga rw’abepiskopi, kuwa 27 Werurwe 1977, agaragiwe na Arikiyepiskopi Andereya PERRAUDIN wa Kabgayi hamwe na Myr Aloys BIGIRUMWAMI umushumba wa diyosezi ya Nyundo wari mu kiruhuko. Kuwa 2 Mutarama 1997 nibwo yagiye mu kuhuko. Yitabye Imana kuwa 20 Ukuboza 1997.




4.     Myr Alexis HABIYAMBERE, SJ (Nyundo: 1997 - 2016)

5.     Myr Anaclet MWUMVANEZA (2016 - kugeza dutegura iyi nkuru)

Inshamake ku buzima bw’abo basenyeri babiri baheruka, wayisanga mu nkuru yitwa Menya Abepiskopi 13 ba Kiliziya Gatolika mu Rwanda

Diyosezi ya Nyundo yabyaye Myr Visenti HAROLIMANA, umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri kuva mu 2012 kugeza none na Myr Yohani Mariya Viyani TWAGIRAYEZU umushumba wa Diyosezi ya Kibungo, watowe kuwa 20 Gashyantare,, akimikwa kuwa 1 Mata 2023.

Diyosezi Gatulika ya Nyundo mu rugamba rw’iterambere mu bukungu.

Kivu Piece View Hotel
Diyosezi ya Nyundo ifite ibikorwa binyuranye biyifasha gukomeza kwiyubaka. Harimo iby’ubuhinzi n’ubworozi, amaholteli n’ibindi. Bimwe muri byo twavuga nka:

  1. Kivu Piece View Hotel: Hoteli iherereye mukarere ka Rubavu district, ukinjira mu mujyi wa Gisenyi. Ni mu bilometero 2 uvuye mu mujyi wa Goma (DRC).
  2. Home Saint Jean: Hoteli y’inyenyeri 2. Iherereye mu karere ka Karongi, ku mwigimbakirwa (the peninsula) wo Kivu
  3. Centre d’Accueil Saint Francois Xavier : ahantu ho kuruhukira no gufatira amafunguro. Iherereye mu mujyi wa Gisenyi, mu minota itatu uvuye ku Kivu
  4. Centre d’Accueil Vierge des Pauvres Ltd, (CAVP) ; ahantu ho kuruhukira no gufatira amafunguro. Iherereye mu karere ka Rutsiro, muri metero 500 uvuye ku muhanda Karongi-Rubavu. Ni muri paruwasi ya Crête Congo-Nil, ituwemo n’ingoro, ku rwego rwa Diyosezi, ya Bikira Mariya.
  5. Centre d’Accueil Nyina wa Jambo Rususa (CANJA RUSUSA Ltd) ; ihe
    Bimwe mu bidoderwa muri Ateliye
    rereye mu karere ka Ngororero mu paruwasi ya Nyina wa Jambo Rususa.
  6. ATELIER DE COUTURE ET DE MENUISERIE/NYUNDO (ACMN) Ltd, ikora ibikoresho bitandukanye by’ububaje ndetse n’imyambaro, irimo n’ikoreshwa muri liturujiya nk’imyambaro y’abasaseridoti

Diyosezi ya Nyundo ifite
Paruwasi 28 : 5 zashinzwe mbere ni : Nyundo yashinzwe mu 1901, MURUNDA yashinzwe mu 1909, RAMBURA yashinzwe mu 1913, MURAMBA yashinzwe mu 1925 na MUBUGA yashinzwe mu 1933. Izashinzwe nyuma ni RAMBO na MBUGANGARI zombi zashinzwe mu 2021. Ifite Abasaseridoti ba Diyosezi 135, abihayimana 219 ; Abafureri 36 baba mu ngo 9 n’Ababikira 183 baba mu ngo 33. Amakuru yo ku rubuga rwa kiliziya mu Rwanda (https://www.eglisecatholiquerwanda.org) agaragaza kandi ko Diyosezi ya Nyundo ifite abakristu bangana na 39,23% by’abatuye diyosezi bose. Ifite kandi amashuri abanza 229, ayisumbuye 115 n’ibigo byita ku buzima 55, birimo n’ibitaro bikuru. 
  1. Diyosezi ya Butare
  2. Diyosezi ya Cyangugu
  3. Diyosezi ya Gikongoro
  4. Diyosezi ya Kabgayi 
  5. Diyosezi ya Kibungo 
  6. Diyosezi ya Ruhengeri

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...