Sunday, January 29, 2023

Menya Diyosezi ya Gikongoro n’abashumba bayiragijwe

Mgr Celestin HAKIZIMANA akikijwe n’abasaserdoti bashya: Padiri Senani Callixte, Diyakoni Kayiranga Fulgence na Diyakoni Niringiyimana Jean Baptiste
Diyosezi ya Gikongo
ro yashinzwe kuwa 30/03 1992 ibyawe na Diyosezi ya Butare, nuko uwari umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Nyakibanda, Padiri Agusitini MISAGO atorerwa kuyibera umwepiskopi wa mbere, afite intego igira iti: Omnia Propter Evangelium. Kuri iyi tariki kandi nibwo hatowe. Myr Ferederiko RUBWEJANGA ngo abe umwepiskopi wa diyosezi ya Kibungo, asimbuye Myr Yozefu SIBOMANA wari ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Nyuma y’uko Myr Agusitini MISAGO yitabye Imana, hatowe Myr Selesitini HAKIZIMANA uyiyoboye kugeza ubu. 

Paruwasi Katederali ya  Gikongoro

Urubuga rubonekaho amakuru ya Kliziya Gatolika mu Rwanda, www.eglisecatholiquerwanda.org/GIKONGORO, rugaragaza ko iyi Doyosezi ifite abakristu gatolika 250629, bangana na 39,84% by’abayituye bose. Ifite imiryango remezo 1860, Amasantarali 63 na Paruwasi 17. Birumvikana ko iyi mibare ihindukana n’ibihe.

Ingoro ya Bikira Mariya
Diyosezi ya Gikongoro ni yo ibarizwamo paruwasi ya Kibeho n’ingoro ya Bikira Mariya, ahantu hazwiho amabonekerwa ya Bikira Mariya. Amabonekerwa agitangira, Kibeho yabarizwaga muri Diyosezi ya Butare kugeza Diyosezi ya Gikongoro ishinzwe. Tiyisangamo kandi Umurwa wa Bibiliya uba ahitwa i Nyarushishi mu karere ka Nyaruguru. Muri Katedrali ya Gikongoro, Ku wa 29 kamena 2001, MyrAgusitini MISAGO, yatangaje ku mugaragaro ko Kiliziya yemeye amabonekerwa y’i Kibeho. Ibi byakurikiwe n’urugendo nyobokamana rwa mbere ku butaka bwa Kibeho, rwakozwe, kuwa 15/9/2001, n’abepiskopi gatolika bo mu Rwanda ndetse n’urwabaye muri Gicurasi 2001, rukozwe n’abepiskopi bagize ishyirahamwe ry’inama z’abepiskopi bo muri Afurika yo hagati, ACEAC bari bateraniye mu nama idasanzwe i Kigali. Ingoro ya Kibeho yeguriwe Bikira Mariya Umwamikazi w’i Kibeho yahawe umugisha kuwa 31 gicurasi 2003, mu muhango wayobowe na Karidinali Crescenzio SEPE, wari umuyobozi w’inteko nkuru ya Kiliziya ishinzwe ibyerekeranye n’iyogezabutumwa ku isi.

AMAPARUWASI 5 YASHINZWE MBERE

  1. Paruwasi ya Kaduha yashinzwe mu 1933, iragizwa Bikira Mariya Umwamikazi w’Abamalayika, (Note Dame des Anges).
  2. Paruwasi ya Kibeho yashinzwe mu 1934, iragizwa Bikira Mariya Nyina w’Imana Umwamikazi w’Intumwa (Sainte Mère de Dieu)
  3. Paruwasi ya Cyanika yashinzwe mu 1935, iragizwa Bikira Mariya Umwamikazi w’Ukwizera (Notre Dame d’Espérance)
  4. Paruwasi ya Mushubi yashinzwe mu 1964, iragizwa Bikira Mariya Umubyeyi wa Kiliziya (Mère de l’Eglise)
  5. Paruwasi ya Muganza na yo yashinzwe 1964, iragizwa Bikira Mariya Umubyeyi wa bose (Mère de toutes)

Diyosezi ya Gikongoro ifite ibigo by’amashuri abanza 102; ayisumbuye 9 Iyi diyosezi kandi ifite ibigonderabuzima 11. Mu mashuri yisumbuye twavugamo nka Petit Séminaire Saint Jean Paul II de Gikongoro yashinzwe kuwa 23/01/2017, igatangirana abanyeshuri 85 biga mu mwaka wa mbere.  Umuyobozi wayo ni Mgr Eugene DUSHIMURUKUNDO.

Dore uko abashumba bakurikiranye

1.      Myr Agusitini MISAGO (1992-2012)

2.     Myr Selesitini HAKIZIMANA (2015 - ….)

 

Izindi nkuru wasoma: 

  1. Menya Diyosezi ya Butare n’abashumba bayiragijwe
  2.  Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe
  3. Menya Diyosezi ya Kabgayi n’abashumba 5 bayiragijwe

  4. Byinshi wamenya kuri Bazilika Nto ya Kabgayi
  5.  Menya Diyosezi ya Kibungon’abashumba bayiragijwe
  6. Menya Diyosezi ya Kibungon’abashumba bayiragijwe

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...